Category Archives: Uncategorized
Umwakagara yashimuse inyangeNewss.com kubera gutinya amakuru dutangaza!
Ikinyamakuru inyangeNews nyuma yogutangaza amakuru ajyanye nihohoterwa LT.BEN Rutabana yakorewe niza magigiri z’umwakagara zahisemo gukora bubandi kumugabane w’Uburayi mu gihugu cy’Ububiligi akaba yarahagarariye urubyiruko muri Rwanda National Congress RNC umutwe utavuga rumwe na leta y’umwakagara.
Leta y’umwakagara yahise ikora ibishoboka byose yongera gushimuta ikinyamakuru inyangeNewss.com ibyo na byo bibaye nyuma yuko Nyiramongi arikumwe na wa mushumba wihene Jackson Nkurunziza abanyarwanda bemeza yuko kumwita umushumba w’Ihene yaba ahawe icyubahiro ko ahubwo akwiye kuba umushumba w’ingurube kuko arizo aberanye nazo kubera ibitutsi bye bijyanye nuwo mwanya we.
Tumaze igihe kirekire duhanganye bidasubirwaho na leta ya gatsiko kishyize kubutegetsi kakaba gakomeje gutegekesha abanyarwanda igitugu (Inkoni y’icyuma)”Nyirabiyoro” ndetse kubera igitugu cyabo,ndetse bamaze igihe badusaba ko twakwemera intorona y’inzu iri mu murwa mukuru wa Nairobi mu gihugu cya Kenya ngo byaba bitabaye uko babyifuza bagahitamo kuduca ibihanga cyangwa bagashimuta ikinyamakuru maze bakatuburizamo ariko bibagiwe ishuri twagiyemo tutagiye kwiga gutegekesha igitugu.

Kubera umwami wumunyamwaga utegeka uRwanda, rukaba rumaze kwikura mu nteko nyafurika yashinze urukiko rurengera ikiremwa muntu kumugabane w’Africa umugabane umaze imyaka utubahiriza uburenganzira bwa muntu
Igitugu cy’ubwami bw’Abega kikaba cyemeza yuko leta yabo ikoresha igitugu ku buryo bugaragara bikaba bitaramenyekana niba umwakagara yaba azajya mu nama yo kurengera uburenganzira bw’ikiremwa muntu izabera mu gihugu cya SUISSE bikaba bitaramenyekana niba bazitabira iyo nama
Kugeza magingo ay anta cyo baratangaza kuri iyo nama itegerejwe mu minsi iri mbere,gusa bikaba bigaragara yuko batazajya mur’iyo nama kuko batabona icyo bavuga ikindi bagenda se bitwa bande kandi bamaze kwemeza ko leta bayoboye idashyigikiye ko abaturage bayo bishyira bakizana aho bafite uburenganzira bwo kuyirega murukiko nyafurika bashyize ho umukono kumasezerano none bakaba bikuye muri ayo masezerano
Ahangaha INgabire akaba atsinze igitego kimwe umwakagara kubusa kuko isi yose imaze kubona ikinyoma cy’umwakagara akoresha abeshya amahanga yuko yubahiriza uburenganzira bwikiremwa muntu nyamara abyemera kumunwa byagera kubishyira mubikorwa akabihana
Kuba Ingabire atumye bava mu bihugu bigize urwo rukiko nikimenyetso simusiga ko leta igeze mu marembera kuko idashobora kwihanganira kuburana numuturage wayireze ikaba igaragaje ko bafite ubwoba bw’uko yazabatsinda bityo bakazahangana nawe mu matora ya 2017 aho bazaba badashobora kongera kumufunga cyangwa ngo bamwibe amajwi.
Umwakagara yaba agiye gusiga amateka yokwagura Urwagasabo!.
Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya 9 Kamena 2014 Yanditswe kuya 10-06-2014 Saa 06:06′ na IGIHE None kuwa mbere, tariki ya 9 Kamena 2014, Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME. 1.Inama y’Abaminisitiri yemeje Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki ya 14/5/2014, imaze kuyikorera ubugororangingo. 2.Inama y’Abaminisitiri yemejeigishushanyo-mbonera cy’imishinga iteza imbere ubukerarugendo ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu. 3. Inama y’Abaminisitiri yemeje ingamba zorohereza abikorezi b’abanyarwanda gupigana mu rwego rw’ubwikorezi mpuzamahanga ku nzira z’ubutaka.
Amakuru aturuka mu murwa mukuru w’Iyerusalemu “Urwagasabo”aravuga yuko kuwa mbere Umwami wicyo gihugu Ahabu alias Kagame Paul,ko,yakoresheje inama yabaministiri akabwira abagize inama yabaministiri nyuma yogukora ubugorora ngingo,ko,Urwanda rwiyemeje kurwana intambara n’igihugu cya Tanzania.

Amakuru avuga ko,ngo yagiye kurangiza kuvuga ayo makuru y’intambara abaministiri bagera kuri (7);bose bamaze kuva mu bwiherero kubera ubwoba bw’ibyo bari bamaze kumva bijyanye n’intambara,ndetse amakuru avuga ko,ngo umwe mubaministiri ngo yavuze ko,Tanzania Atari Congo,bisobanuye ngo intambara ya Congo ntacyo yigeze ibabwira. Uyu mu ministiri watanze aya makuru utarashatse ko,amazina ye ashyirwa ahagaragara,yavuze ko,ngo bose bahise bagira ubwoba ariko kandi bakongera bakagira ubwoba bw’ubabwira ibigiye kuba kugihugu cyabo,ndetse ngo hari nuwavuze ko ngo noneho yemeye indagu za Nyirabiyoro na Magayane.
Umwakagara yabamenyesheje ko,iyi ntambara Atari we wenyine uzayirwana ngo usibye ko,nyine Urwanda rirwo ruri imbere muriyi ntambara,yababwiye ko Uganda na Kenya nabobamufashe mu mugongo nkuko basinyanye amasezerano yogutabarana cyane ko,Uganda n’Urwanda rubifitemo inyungu zo mukarere Tanzania ishaka kubabuza dore ko,yo iherereye kucyambu hamwe na Kenya.
Ubuhanuzi buvuga yuko Urwanda ruzarwana na Tanzania rukazafata intara zigera kuri (3);ndetse mu itangira ry’intambara,Urwanda ruzakubita Tanzania kunshoro ya (4);rukazasubizwa inyuma n’Uwiteka Imana ibyo bikaba biri mubihano Imana ishaka guhana igihugu cya Tanzania,hanyuma Tanzania ikazazana umuvuduko udasanzwe aho Urwanda ruzahinduka ubushingwe!
Ubuhanuzi buvuga ko,abatavuga rumwe n’Urwanda nabo bazaba bari inyuma ya Tanzania,tekereza rero iyo kagame aza kuba adafite abamurwanya mbese abanyarwanda bose bishyize hamwe,byaramahire agace ku Rwanda kari kuzahita kagarurwa ako kanya tugatangira kukagenzura,usibye ko nyine iby’Uwiteka yavuze bizabura gusohora gusa ni uko usanga iby’Ubuhanuzi bibuzabuza ntushobora kumenya uko bizajyenda n’ukubona bibaye.
Umwagara yaigenje ubanza noneho agiye gusiga amateka yokwagura urwagasabo kugirango Umwami w’Urwanda azayobore igihugu cyagutse nkuko Uwiteka yabivuze!,amakuru arangiza avuga yuko ngo abaminisitiri babuze ayo kunywa no gucira ndetse barimo bashakisha uburyo bahngisha imiryangoyabo ariko bagatinya ko umwakagara yazabagwa nabi kandi abe bibereye Iwashington.
Ushobora gutanga ibitekerezo byawe kuri comments page nyuma yoku registeringa hanyuma urabona message muri e-mail yawe ukore activation ubone gutanga ibitekerezo byawe.
Umuryango Rwandese democratic Monarchy (RDM) waraye ushyize ahagaragara gahunda yawo.
Amakuru yaraye yumvikaniye kuri bbc gahuza miryango,Umuryango Rwandese democratic Monarchy (RDM) waraye ushyize ahagaragara gahunda yawo,unavuga yuko urimo guharanira itahuka ry’Umwami Kigeli V Ndahindurwa.Wakomeje uvuga yuko watangiye igikorwa cyo gukangurira impunzi zabanyarwanda ziba hanze y’igihugu ndetse nabanyarwanda bari mu gihugu cy’Urwanda.
Amakuru yavuze yuko kuwa 16/11/2011 ahagana mu masaa 11:30, ariho bakoze inama,maze bashinga komite yokurwego rw’igihugu,izafasha gukomeza gukangurira ibikorwa by’itahuka ry;Umwami Kigeli V Ndahindurwa n’impunzi zose.
Ikinyamakuru inyangenews,cyashoboye kuvugana n’umuyobozi wa Rwandese Democratic Monarchy (RDM) muri iki gitondo Bwana Eng:Nshimiyimana Charles waruturutse mu gihugu cy’Ubwongereza akaba ari naho atuye.
Avugana n’inyangenews.com,yatubwiye yuko ngo bihaye inshingano zo kuzenguruka igihugu cya Uganda nicya Tanzania na Congo,Burundi,bakazarangiriza urujyendo rwabo muri Kenya,aho bazanyura basubira iwabo aho bahungiye ingoma ya FPR na perezida Kagame.

Yakomeje abwira ikinyamakuru inyangenews,ko mu mezi 2,bihaye inshingano zo kuba barangije igikorwa cyo gukangurira abanyarwanda bose baba mu mahanga kuri gahunda ijyanye n’itahuka ry’Umwami Kigeli V Ndahindurwa na rubanda rwe rwagizwe impehe kuva Nyir’Urwanda ya kwirukanwa mu Rwanda rwe.
Umuryango Rwandese Democratic Monarchy (RDM) uvuga ko udashobora kwihanganira ubuhunzi bwa hato na hato bukorerwa abanyarwanda,twababajije icyo uwo muryango uzakora kugirango abanyarwanda batahe kiruta icyo abandi bakoze badutangarije ko amashyaka yose atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kigali usanga ikibazo cy’Umwami batakivugaho rumwe,bakomeza bavuga ko ahubwo bo baharanira gukangurira abanyarwanda bakamenya impamvu y’ubuhunzi bwabo aho yaba ituruka.
Bakomeje badutangariza ko umunsi abanyarwanda bamenye ko Umwami ariwe gisubizo kubibazo by’abanyarwanda bimaze imyaka 54 irenga,ko ariho bizacyemuka,ndetse n’ubuhunzi bugacika burundu,bavuga ko ngo igihe cyose iyo inzuki zibuze umwami ziratatana,kandi zikitwa impehe
Bamwe mubahanga twaganiriye kukibazo cy’impunzi,bavuga ko ngo iyo inzuki ziatanya ngo ntizongera gukora ubuki,ibyo bivuze ko imbaraga z’abanyarwanda badafite Umwami ntibashobora kugira icyo bageraho mu gihe cyose baza bagifite Umwami wabo mu mahanga,ngo n’Imana ntamugisha yabaha.
Twamubajije niba ayo mategeko bisunga abazungu birengagije bayareba kugeza aho Umwami w’Urwanda amaze imyaka 54,Bwana Eng:Charles N.Yakomeje atubwira yuko ariyo mpamvu babanje gukora igikorwa cyo gukangurira abanyarwanda mbere yuko bajya mu mategeko,kugirango umunsi abazungu banze kubahariza imyinzuro basinyanye n’Umwmi Kigeli V ndahindurwa yatubwiye ko ,abanyarwanda ubwabo bazavuga uko babyifuza uburyo ikibazo cy’Umwami n’impunzi muri rusange bagifatira umwanzuro.
Rwandese Democratic Monarchy (RDM) ifite umuvuduko udasanzwe,kandi ibikorwa imaze gukora birashimishije,babwiye inyangenews ko mu mezi 2 ngo ubu bafite abanyamuryango 2500 byabanyarwanda bimpunzi zitandukanye muri rusange,yarangije ashimira abanyamuryango bateye inkunga umuryango (RDM) cyane cyane abatuye muri USA,Canada,Suede,Darnmark.N’abanyarwanda bo mu gihugu cya Uganda by’Umwihariko.
Akaba ashimira impunzi za Uganda uburyo zitabiriye gahunda y’itahuka ry’Umwami na rubanda rwe,n’ukuntu babakiriye.Biragaragara ko bagitsimbaraye kumuco nyarwanda.
Kalibata Agnes.
Umurongo wamagigiri mu murwa mukuru wa Nairobi ugeze aharindimuka.
Nkuko twabagegejeho ubushize uburyo leta ya Kigali ikomeje gukoresha umukuru w’impunzi z’abanyarwanda mu gihugu cya Kenya,nyuma yuko tubagegejeho imikorere y’ubutasi irangwa hagati ya Uwayezu Emmanuelumukuru w’impunzi na leta y’Urwanda,akomeje guhigira umunyamakuru w’inyangenews.com kubera gutangaza imikorere ye idahitse yokumarisha abanyarwanda ashinzwe kurindira umutekano.
Uwayezu Emmanuel umukuru w’impunzi z’abanyarwanda.
Mu iperereza twakoze twaje kumenya bamwe mubanyagihugu cya Kenya bakorana na chairman w’impunzi z’abanayrwanda muri icyo gihugu,haravugwamo umudamu umwe witwa Rose marry Ndunda ukora mubitaro byitwa Nairobi Woman Hospital,akaba akorera mu ishami ryibyo bitaro bikorera ahitwa KITENGERA,uyu mudamu akaba yakunze guhiga umunyamakuru w’inyangenewss,com,bamenyaniye muri ibyo bitaro ubwo umunyamakuru wacu yaragiye kwivuriza muri ibyo bitaro.

Nyuma yokumenya ko ar’impunzi kandi ko akora umurimo w’ubunyamakuru,yaje kwishakira akazi muri ambasade y’Urwanda aho yaje guhabwa akazi ko kuneka umunyamakuru w’inyangenews ndetse kuwa 09 mutarama 2014,yahaye umunyamakuru wacu murwego rwokumwiyegereza amashillingi ibihumbi 40.00o,bingana na madollar $560.
Umunyamakuru w’inyangenews amaze kumutahura yahise amucika umugore asigara mu ideni ryamashilingi yari yahawe na leta y’Urwanda,nyuma yokumucika baoresheje undi musore w’umunyakenya umaze igihe gito yinjiye muri network yamagigiri kugirango ahitane umunyamakuru w’inyngenews
RoseMarry Ndunda.
kubera inyangenews imaze gusenya umurongo wabamagigiri bakorera mu murwa mukuru wa Nairobi.
Mubushakashatsi bwakozwe n’ikinyamakuru inyangenws,twabashije kumenya amazina yuwo musore witwa Amukhutsi Philip utuye ahitwa Ongata Rongoi ndetse nuwo mudamu twavuze haruguru akaba ariho atuye!Uyu Philip nyuma yokwemererwa amadollar $2000 kugirango atange umunyamakuru w’inyangenews dore ko ariwe wafashije uyu munyamakuru gucika Rose Marry Ndunda,byatumye uyu musore nawe yigaragaza amenyana na Chairman Uwayezu Emmanuel ushinzwe gutanga impunzi abereye umuyobozi nibwo kuwa 29th April 2014 umunyamakuru w’inyangenews yahise acika Philip nyuma yokumva neza Philip aciririkanya ibiciro byokumutanga ngo acibwe umutwe.

Impunzi zikaba zisabwa kuba maso nokurushaho kwirindira umutekano dore ko baziragije intama nyamara ar’isega riryana !kugeza magingo aya ikinyamakuru inyangenews kikaba gifitanye ibibazo naleta y’Urwanda kuba cyarashenye umurongo wazamaneko mu gihugu cya Uganda ndetse cyikaba cyongeye gusenya umurongo wazamaneko z’Urwanda mu gihugu cya Kenya.
Mukomeze kudusengera kuko tubizi neza ko amasengesho akingura ijuru,kandi ajya aburizamo imigambi y’icankura nabagome babagambanyi babacinyi b’inkoramaraso za fpr na RDF,uko birikose ntacyo bazongera gukora ngo cyibure gushyirwa ahagaragara kubufatanye bw’Abakunda igihugu cyacu cy’Urwanda.
Umunyasudanikazi w’imyaka 27 yakatiwe igihano cy’urupfu kubera icyaha cyo kurongorwa n’umugabo w’umukirisitu.
Umunyasudanikazi w’imyaka 27 yakatiwe igihano cy’urupfu kubera icyaha cyo kurongorwa n’umugabo w’umukirisitu.
Yanakatiwe gukubitwa inkoni 100 kubera icyaha cyo gusambana yakoze kuko urukiko rutemera ko yasezeranye mu buryo bweme n’amategeko.
Umuryango uharanira uburenganzira bwa kiremwa muntu, Amnesty International, uravuga Dr Maryam Yahya Ibrahim, ufite inda y’amezi 8, yarezwe nk’umukirisitu.

Ariko ubutegetsi bumufata nku muyisilamu, kubera ko iryo ryari idini rya se, ariko utarigeze agaragara mu bwana bwe.
Abagore ba bayisilamu ntibemerewe gushakana n’abagabo batari abayisilamu, amasezerano nk’ayo ntiyemewe n’amategek.













