Ubuhanuzi bw’Amahanga:

  • INTAMBARA IZABA MU GIHUGU CYO MU BURUNDI:

Nihuse nkajya kubuhanuzi nyirizina Imana yavuganye nanjye mu 2002 imbwira uko intambara yo mu gihugu cy’Uburundi uko izaba ku ingoma ya perezida peter NKURUNZIZA ko akwiye gutegeka manda imwe gusa yaba yongeyeho iya kabiri akaba ariwe uzaba uyihaye ariko Imana ntaruhare ibifitemo,dore mu gihugu cy’Uburundi hazaba intambara kandi iyo ntambara izaba mbi cyane kandi izica abantu benshi cyane none jyenda ubwire umukuru w’igihugu cy’Uburundi uti dore intambara izaba kandi iyo ntambara izazanwa nawe ndetse abantu bazasahura benshi bazapfa kandi iyo ntambara izahitana ubwoko bw’Abarabu n’Abahinde batuye muri icyo gihugu.

 

  • Kandi iyo ntambara izatungurana uko abantu bazaba batekereza ko itakibaye aho niho izabera!Kandi umubwire uti nzi imirimo yawe ntukonje kandi ntushyushye kubera iyo mpamvu nzakuruka,cyakora niwihana ukuangarukira nanjye nzakugarukira dore igihe cyawe kirarangiye nyamara ni usubira ku ingoma sijye uzaba ngushubijeho kubera iyo mpamvu uzahura n’intambara nyinshi utazashobora gutsinda kandi uzatuma abantu banjye mbasukaho umujinya uko niko Uwiteka avuga.
  • Ubwo sinahise njyenda mu gihugu cy’Iburundi kubera impamvu zitandukanye ndetse no kuba Imana yari itarampa uruhushya,ubwo kuwa 24/11/2007 nibwo nahagurutse njya mu gihugu cy’Uburundi nakirwa na cheef de protocol witwa Albert,maze abwira nyakubahwa perezida Peter Nkurunziza ko Hari umuntu Imana yatumye uvuye mu Rwanda,maze perezida ampa appointment mu gihe naringiye guhura nawe ngo mugezeho ubutumwa Imana yampaye nibwo perezida Abdul wade wa SENEGAR maze nyakubahwa Peter Nkurunziza ansaba ko ubutumwa nabuha cheef de protocol,ubwo yampaye computer yaraho mubiro bya perezida maze nandika ubutumwa uko Imana yabumpaye.
  • Nanabahaye n’intsinzi ko bishobotse perezida atakongera kwiyamamaza ariko yiyamamaje bizateza intambara mu gihugu cy’Uburundi.Nyuma y’intambara izaba muri iki gihugu nyuma hazasubiraho ubwami repubulika izavaho kuko abantu bazaba bamaze kurambirwa ikinyoma cya Repubulika.

Ubuhanuzi bwarasohoye:

  • UBUHANUZI BWA KONGO:


Dore intambara zizaba mu gihugu cya kongo kandi zizamara igihe kinini cyane zitarangira nyuma yaho ingabo z’uRwanda zizashyokerwa zisubireyo nkuko zamenyereye nkuko byari bisanzwe nyamara zizagaruka zirasa igihugu zavuyemo kandi nizo zizakuraho ingoma ya perezida Paul Kagame”Uwiringiye ijosi rimubyarira umwingo”muri iyo ntambara izaba ikomeye cyane perezida Paul Kagame niho azicuza ko yahemukiye abanyarwanda ariko azabyicuza mu mutima we ntawe azabibwira!

  • Uwiteka Imana ikomeje kugaya abakongomani bavuga urulimi rw’ikinyarwanda biyita abanyamulenge:
  • Abanyamulenge Imana irabagaya cyane kuko bagendeye munzira ya Balamu,bananiwe kwiringira Imana yabasekuruza,bayoboka izindi mana niyompamvu nzababatatanya nkabageza kumpera yisi.Imana ivuga ko itazabagarura kubutaka bwabasekuruza keretse nibihana ibyaha byabo bakoreye mu mahanga,niho Imana izabagarura mu gihugu cya basekuruza cy’amata n’ubuki.
  • Kandi Imana yavuze cyane ko ubutaka bw’uRwanda uhereye aho bwageraga butaracibwamo kabiri na bazungu  n’ubundi izongera kububasubiza ariko icyo gihe abanyarwanda bazaba ari bacye cyane ndetse n’igice cya Karagwe kiri ku gihugu cya Tanzania nacyo kizagarurwa ku Rwanda nta nintambara izaba ikomeye kugirango uRwanda ruhasubirane kuko ari Uwiteka wabivuze bizaba bitagoranye icyo gihe igihugu cya Tanzania ntamahoro kizaba gifite,kuko nacyo imyaka kimaze mu mahoro igihe cyabo cyo kubura amahoro kizaba kigeze.

Ubuhanuzi bwarasohoye:

  • INZARA IZATERA MU ISI YOSE:


kuwa 24/3/2009 Imana yabwiye umuhanuzi Majeshi ko hagiye kubaho inzara mu isi yose,iyo nzara ikaba inzara y’ijambo ry’Imana ndetse n’inzara y’ibyo kurya,Imana yamubwiye ko mu Rwanda by’umwihariko ariho inzara izakomera cyane kuruta mu bindi bihugu ugereranije n’ubukungu ibindi bihugu bizaba bifite, hazabaho ikigega gitoragura amafaranga mubaturage kugeza igihe abaturage nta mafaranga bazasigarana icyo gihe nabonaga baka amafaranga abaturage bo mu murenge wa Remera giporoso kugeza aho binjiraga mu mazu bagasanga nta nibyo kurya bafite,kuko icyo gihe byari byabaye itegeko,amafaranga azashira mu gihugu kuburyo abasirikare bazabura imishahara ibahemba,muri icyo gihe abaturage bazatangira kwanga ubutegetsi,kandi habaho ishyari hagati yabagore babategetsi nabacuruzi-kazi kubera ko hazabaho ubusumbane bukabije,ibyo bizatuma batangira kwitotomba mu mitima yabo.

  • Imana yanamubwiye ko iyo nzara izaba iruta izindi zose zabayeho,kandi iyo nzara,mbere yuko iba Imana yavuze ko umukuru w’igihugu izamuteza amahanga akamwanga,ndetse n’inshuti ze yaringiraga,nazo zizamuvaho,aho niho azatangira kugira agahinda mu mutima,no kubona ko yibeshye. Kuko amazi azaba yarenze inkombe ntagaruriro,abantu bazifuza guhunga batakibishoboye,abagore nabakobwa bazahunga ubukene buzaba buri mu gihugu,bahungire mu bihugu bihana imbibi n’Urwanda. Kandi icyo gihe intambara kwisi yose zizaba zica ibintu ar’ibicika!
  • kandi nta gihugu kizatabara ikindi kubera umujinya w’Uwiteka uzaba umanukiye isi yose kugirango abiringiye imbaraga zabo bakorwe nisoni. Iyo nzara izaba itewe na Anti-kristu kugirango niba bishoboka yigarurire isi yose abone uko ayitegeka,ariko ntibizashoboka kuko Uwiteka nawe niho abategeye mu buriganya bwabo,kandi iyo nzara izazengereza isi yose kandi nta gisubizo isi izashobora kubona,”cyakora abari muri Kristo Yesu avuga ko ngo Imana izabarinda”.
  • Avuga ko abatazahunga mu Rwanda iyo nzara izabazengereza cyane kugeza bakozwe nisoni,kuburyo abantu batahunze bazicuza impamvu batahunze,ariko kandi naho bazahungira naho sishyashya,ariko nibura bagerageza kubaho bigashoboka avuga ko yabonye abahutu bimpunzi aribo bazagerageza  gukoresha amaboko yabo, ningufu bakagerageza kubaho, uyu muhanuzi avuga ko Imana yongeye kumubwira kubijyanye n’inzara kuwa 25/08/2010 ikamubwira ko inzara igiye gutera mu isi yose kandi ko iyo nzara izatera abantu benshi kwijujutira Imana, Imana yakomeje imubwira ko bakwiye gusenga kugirango izabashe kubarinda iyo nzara nakaga kazatera isi yose.
  • ABAKOZI B’IMANA YEMERA BAGIYE GUCYURWA MU IJURU:
  • NGUWO UMUKOZI W’IMANA WABAYE UMWIRINGIRWA KU MANA MOSES KOLOLA WO MU GIHUGU CYA TANZANIA:
  • Imana yamubwiye ko ubu ngo yaba ifite ikibazo gikomeye cyane cyabakozi  bayo babiri (2) bayikoreraga umurimo wayo neza, ngo bamaze gusaza none ikaba igiye kubacyura bagasanga basekuruza,abo bakozi bayo barimo MOSES KORORA wa Tanzania  uyobora itorero rya Tanzania Assembly of God (T.A.G) Imana yakomeje imubwira ko undi mukozi wayo yitwa MAURICE CERUllO wo mu gihugu cya America, twaboneyeho umwanya wo kumubaza niba abo bakozi b’Imana abazi neza  atubwira ko uwo azi ni MOSES KORORA.
  • MAURICE CERULLO NAWE AGIYE GUCYURWA MWIJURU YABAYE UMWIZERWA:
  • Twamubajije niba nta bandi bakozi b’Imana ifite yakoresha dore ko abayikorera ari benshi,umuhanuzi Majeshi Leon,yatumenyeje ko ntacyo ibyo yabivugaho ngo kuko Imana niyo izi abayikorera,yakomeje atubwira ko inzara igiye gutezwa mu isi ni idini rinini cyane ku isi yirinze kuvuga mu mazina,kumpamvu z’umutekano we.Adusaba ko twabwira abantu ko bakwiye gusenga no gukiranuka kugirango Imana izatugirire imbabazi ku munsi wa makuba nakaga kagiye gutera isi yose.
  •  
  • Yaboneyeho kutumenyesha ko umuyobozi w’idini rikomeye ku isi yamubonye ananiza abantu bose maze ngo we yibona atamukurikiye mu gihe abandi bose bakurikiye uwo munyacyubahiro we ntabwo yamukurikiye,uwo muyobozi yarafite umunwa nkuwigisiga cyitwa karori kandi yarafite amaso kuri uwo munwa kuva hejuru kugeza hasi,ayo maso yari ayo kureba umuntu wese utamwemera kugirango amugirire nabi.Hasigaye abantu bacye cyane nibo batamuramije ndetse no kumukorera abandi bose ndetse benshi cyane baramukurikiye kuko bari benshi kuburyo umuntu umwe yanganaga nakatsi kamwe.

 

  • Ubuhanuzi bwa sohotse kuwa kanne (4) icyumweru gishize kuwa 13/10/2011.

 

Ubuhanuzi bwa Col.Muamari Gaddafi.
Imana yabwiye umuhanuzi Majeshi Leon ko amaherezo ya col.Gaddafi rirangiye hari kuwa 13/10/2011 maze ikomeza imubwira yuko nyuma yirangira rya col.Muhamari Gaddaffi ngo intambara iribuhite yimukira mu Rwanda,kuwa 17/10/2011 Imana yerekanye perezida Paul Kagame ntabantu agifite bamuri inyuma,gusa ngo Imana yagaragaje abagore gusa bonyine ubusanzwe iyo Imana ivuga abantu ntabwo ivuga abagore cyangwa abana,ahubwo ivuga abagabo bonyine gusa.

Ibimenyetso:

  • Mu gihugu cya Uganda mugace gakomokamo ibitoki hazaterwa umuyaga kuburyo icyo gihugu kizabamo inzara idasanzwe.Impamvu y’intambara:
  • Hari umupfumu witwa “IDDY Aba Anana” uwo niwe wafashije perezida Museveni kugera ku butegetsi,yaje gupfa amasezerano bumvikanye perezida Museveni yemeye atarayuzuza,ibyo byatumye uwo mupfumu apfana agahinda kuburyo umwuka we niwo uzagaruka guhorera ibyo M7 atubahirije,uwo mwuka wabadayimoni azasenyegura igihugu cya Uganda agisiribange yimare agahinda!!!!!!!!!

Ubuhanuzi bwarasohoye:

  • NGIZO INGABO ZA M23,URUGAMBA RWABO RWARARANGIYE:

 

Imana yavuze yuko intambara ya M23 irangiye,kandi abagize uwo mutwe w’ingabo bazicuza cyane kubera intambara bashowemo na Paul Kagame,bicuze yuko ntacyo bagezeho bitume bahinduka abanzi b’Urwanda,kandi Imana yanavuze yuko abanzi b’igihugu cya Uganda bibereye muri leta iharanira demokarasi ya Kongo RDC,nabo icyo gihe bazaba bavuza ubuhuha bw’amasasu barwanya icyo gihugu.

 

  • IMANA IRAMUTUNGA AGATOKI,KUBA IGIHUGU AYOBOYE SATANI YARAKIGARURIYE:
  • Ubuhanuzi bwarasohoye:

 

 

 

 

Hashize amezi (2) 09/2012 Imana yaravuze ko igiye guhana ibihugu (2) America na Tanzania,yavuze yuko izamanura imvura ivanze n’umuriro muri America icyo kikazaba ari igihano kibanziriza ibizakurikiraho kubera gukabya mugukiranirwa kw’igihugu.kandi izamanura umuriro ahakorerwa ibyo byaha kuburyo nibatihana Imana itazabura kubahana,ndetse yabaye isomo imanura umuriro uvanze n’imvura,sibyo gusa,ahubwo igiye no kubakoza isoni niba batinannye.

  • Ubuhanuzi buratunga agatoki perezida w’igihugu cya Tanzania:

 

  • Imana yavuze ko Tanzania nayo izayihanisha umuriro uvanze n’amazi,ibyo bizaba mu rwego rwo gusenya imbaraga z’umwijima zimaze kwiyongera muri ibyo bihugu byombi, kugirango ibashe kurengera abakiranutsi bayiringira,bamaze kuzengerezwa n’imbaraga z’umwijima zikorera muri ibyo bihugu ku rwego ndenga kamere.Gusa baracyafite akanya ko guhamagara Imana kugirango ibashe kubagirira imbabazi igihe kigihari,Uwiteka abarengere kandi abiteho.
  • Ubu buhanuzi bwa Tanzania nagiyeyo mu mwaka wa 2009 mu kwezi kwa  cumi,nagiye mu mujyi wa Mwanza na Kahama nyura mu matorero yaho nyabwira ibyo Imana yambwiye,mukwa cumi nakumwe ngaruka mu Rwanda.
  • Imana yagaragaje ishyamba rinini cyane,riburiramo abantu b’ubwoko bubiri(2) harimo abakene n’abakire,mbona ndikumwe nabandi bantu tugiye mwishyamba kujya gushaka abo bantu babuze!tugeze muri iryo shyamba dusangamo abanyarwanda bo mubwoko bw’abanyamurenga,tubanyuraho dukomeza gushaka abo bantu babuze,tubasha kubona abakene,haba hasigaye abakire,mugihe turuhutse ngo tujye gusha abakire,dutangira gukina umupira ayo marushwanwa narayatsinze maze mbona bibabaje abanyamulenge”maze mbona bagize ishyari rikomeye cyane.
  • Mugihe tumaze kubona babakene barimo umugabo n’umugore uhetse umwana turimo kubabwira ukuntu twarushye tubashaka,mbona bahindutse cya gice cya (2) cya bakire igihe ngitangajwe nukuntu bahindutsemo abakire kandi bari abakene barongera bahindukamo Inyamaswa muntu”hejuru ari umutwe w’umuntu hasi igihimba ar’imbogo.Ubwo nahise mpunga ndiruka nururira igiti ngeze mu mashami yacyo mbona yanyamaswa muntu ihindutsemo bya bice (2) abakene bajya ukwabo nabakire bajya ukwabo,babonye ko nabatahuye mbona baragiye bajya kuntegera mu mahuriro y’inzira.
  • UBWOKO BW”IMANA IMANA IRABWIBUTSE!

 

  • Imana yerekanye ubwoko bwa Israel buteranira mukibaya cya Harimagidone,maze mbona ubwo bwoko burimo ibice (3) iyo nama yari ibahuje yari iyo kwiga uburyo basekuruza babanye n’Imana maze Imana ikabatabara ikabakiza amahanga yashakaga kubamira ubnguri,mbona bagize umutima wokwihana kuko batagendeye munzira yabasekuruza bamvikana yuko bagiye kuyoboka Imana ya Abraham na Issac na Yakobo ariwe Israel.Bakimara gukora iyo nama no kumvikana yuko bagiye kugarukira Imana yabo bari barataye ikisangira abanyamahanga,maze mbona Imana igize impushwe nyinshi cyane kubw’Ubwoko bwayo,mbona nayo irabugarukiye,maze mbona agakiza gasubiye muri Israel kavuye mubanyamahanga aho kari karagiye kakaba kamaze igihe kinini katari muri Israel mbona ubwo bwoko bw”Imana isumba byose bwongeye guhembuka!.
  • NGUWO UGIYE KUBA PEREZIDA WA KENYA,IMANA YAVUZE KO ARIWE UZASIMBURA MWAI KIBAKI:
  • Ubuhanuzi bwarasohoye:
  • Kuwa 17th Sept,2012,Imana yavuze yuko UHURU KENYATTA wo mu gihugu cya Kenya,ko ariwe uzaba perezida wa repubulika,kandi akaba ariwe Imana izakoresha kuzamura icyo gihugu,naramuka yemeye gukora ibyo Imana imusabye.Ndetse n’urubanza rw’Irahe,ruzarangira nkuko imvura ihita.Imana yavuze yuko uwitwa MUSALIA Mudavadi azagira ibibazo bikomeye,ibyo bizafasha uhuru KENYATTA kuzamurwa murwego rwo kuba perezida.

 

  • Visi Predent WILLIAM RUTO
  • Kuwa 24th, Feb,13 Imana yongeye kugaragaza yuko nyuma y’imyaka (5) atazemerea mugenzi we,WILLIAM RUTO ko yiyamamariza umwanya wa perezida wa repubulika ya Kenya,ibyo bizatuma batandukana kandi UHURU Kenyatta azahura n’umuvumo kubera guhemukira mugenzi we!Imana yavuze yuko naramuka akoze ibyo,izamuteza umuvumo ikazamukoza isoni mu marembo ya mahanga.

Kuwa 01st,03,2013 Imana yagaragaje UHURU KENYATTA atsinda amatora,mbona akoze umunsi mukuru ukomeye cyane yishimira intsinzi.

  • BWARASOHOYE:
  • Ubutunzi buzasubira aho bwaturutse:

 

Umwuka w’Imana yakomeje guhishurira umukozi w’Imana Majeshi Leon yuko ubutayu burangiye kubakiranutsi,ububyutse buraje kandi buzanye imbaraga zidsanzwe kuburyo buzahitana abantu,uyu muhanuzi avuga ko ngo yabonye ububyutse buza bukabanziriza muri leta bugasenya ikintu cyose cyakozwe muburyo bw’uburiganya.Dore ibyo yabonye muri icyo gihe cy’ububyutse.Ntibishoboka yuko satani twambura ubutunzi butagira akagero Imana yaduhereye muri kristo Yesu.

  • Ububyutse buraje buzanye imbaraga zidasanzwe:

 

Kuwa 16th,01 2013, Umwuka w’Uwiteka yavuganye n’umuhanuzi Majeshi Leon,amubwira yuko igihe kigeze cy’inkozi zibibi ngo Imana izishyire agaragara;kuko imirimo yabo irangiye!Dore igihe itorero ryabereye mu mwijima kubera abagizi ba nabi nabakozi bitwa ko arabiMana badafatika ngo babe maso kugeza aho iterero ryahumanijwe nabagizi banabi!Dore ububyutse buraje kandi buzanye imbaraga z’Imana zitari izabantu,ndetse abantu bose bakora imirimo mibi yokugirira itorero n’abanyetorero bagiye kubona ishyano uko niko Umwuka w’Uwiteka avuga.

Nuko mbona abanyamasezerano bose Imana igiye kubasubiza,maze inkozi zibibi nabagizi banabi mbona bagize ikibazo gikomeye cyane ko abo bari baragize imbata zabo ngo bigumanire ubutunzi bariganije muburyo bw’Umwuka ,bibwira yuko bitazamenyekana,mbona Imana ibishyize ahagaragara,mbona bakoze ibishoboka byose ngo baburizemo uwo mugisha Imana yateguriye abayikunda kuva kera kose,ariko birabananira!

Umwuka w’Uwiteka avuga yeruye ati dore ngiye kugirira neza ababaye imbere yanjye, batitototmba,kandi babaye abiringirwa!abo ngiye kubasubiza bidatinze,mbese waba urumwe mubabaye imbere yayo?ese waba utari totombye?ngo Imana ikugirire neza!niba warabikoze uhumure kuko niyokwiringirwa kandi ninyembabazi kubayiringira kandi babanye nayo ndetse bakanavugana nayo.

  • IZAGIYE MURI CONGO NIZO ZIZAGARUKA ZIRASA IGIHUGU CYAZO:

Kuwa 16th, 01, 2013, Imana yereka ibi bikurikira:Numva ijwi rivugana najye,rimbwira aya magambo akurikira!fungura amaso urebe kandi utege amatwi wumve ibyo ngiye ku kubwira ndetse urebe ibyo ngiye kukwereka!Dore umwanzi wigihugu cyawe,arahagurutse yegeranyije imbaraga ze zose kugirango asohoze imigambi mibi ihwanye nibyo abategetsi bigihugu cyawe bifuza.

Icyo gihugu cya hoze ar’inshuti zanyu,nyuma baza guhinduka abanzi,kandi dore abiyita inshuti zanyu babereye indryanrya izindi ndryanrya!Dore bagiye mu bitugu byabanzi banyu,bazabarwanya bitwikiriye umutaka wa banzi banyu,ibyo bihugu (2) byombi nibihangaje kandi byahoze binakomeye usibye yuko igihe cyabyo cyo gukomera kwabyo bizarangirana n’amaraso bagiye kumena mu gihugu cyawe,nyamara nabyo ntibizabibuza gukorwa nisoni kubwimirimo mibi yabyo!kuko nayo itazabura guhanwa.

BWARASOHOYE:

  • Dore ingabo zizaturuka mu majyepfo y’uburasira-zuba bw’Africa,zizatera igihugu cyawe,kandi izo ngabo zizaterwa ingabo mubitugu nabiyita inshuti zanyu,ntanumwe uzabasha kubatabara kuko ibyo Uwiteka yavuze bibasohoreyeho,mwirase amaboko imbere yamaso yamahanga ariko noneho igihe kirageze ngo mu menye yuko arijyewe Uwiteka urinda.Uwiteka atarinze umudugudu abarinzi barindira ubusa.
  • Ibyo bihugu n’Ubufaransa,na America,dore ingabo z’Urwanda ziri muri Congo muburengera-zuba bw’Urwanda,nizo zigiye gukoreshwa nabanzi banyu,nyamara izo ngabo zimaze kunanirwa nyuma yoguhora mu ntambara itarangira kandi ikibabaje bakorera icyo gihugu batanagikunda kuko nacyo kitbakunda.
  •  
  • Ifarasi 2,yari iyobowe Nabagabo 2,mbona umwe nawe yambaye amababa aragurutse aragiye ajya kubahiriza isabato wamuhanuziasigarana yafarasi,mbona yafarasi imeze amahembe2,maze mbona umuhanuzi mukuru ayambitse indobo irimo ubusa kugirango itware rapolo irimo ubusa,maze nkebutse inyuma mbona perezida Kagame aho aryamye yitotomba ngo abantu basigaye bamusuzugura!ngo kandi bakiri mwishyamba batarashoboraga gutinyuka kumusuzugura.
  • IFARASI ZIGERERANYWA NABAMALAIKA:
  • Ndabwirwa ngo izi Farasi2,nizari zije gukura kubutegetsi perezida Kagame,kuko iminsi ye yinyongezo irarangiye,mbwirwa ko Kagame Paul ko azica abagize itorero ry’Abadivantiste b’umunsi wa 7,kubera igihugu cya Bongereza aricyo kizamukura kuntebe kandi iryo dini rikaba rikomoka mubwongereza,akaba ari naho rifite icyaro gikuru.
  • HABAKKUK 2:2 And The Lord answered me,and said,writte the vision,and make it plain upon tables,that he may runth at readeth it.For the vision is yet for an appointed time,but at the end itshall speak,and not lie:though it tarry,wait for it;because it will surely come,itwill not tarry.
  • Psalm 62:1-9 Truly my soul Silently waits for God;from him comes my salvation;he is my defences;I shall not be greatly moved.How long will you attack a man?you shall be alain,All of you like a leaning wall and a totteringfence.They only consult to cast him down from his position:they delight  in lies;they bless with theirmount,but theycurse inwardly.

 

  • kuwa 15 Apr2013, Imaa yagaragaraje yuko idini rya Abatemwe de JEHOVA jo rigiye kwandika Biblia mpimbano itari iyukuri,Imana yakomeje ivuga yuko iryo dini ryayobye!abarisengeramo mukwiye kubagira inama yuko barivamo,bitaba ibyo hehe n;ubugingo buhoraho.

 

Skip to toolbar