Uwiteka arigushyira mu bikorwa imanza zaciwe n’umucamanza uca imanza zitebera!!!

Nyuma y’imyaka (2) hatanzwe ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo hagati ya Israel na Palestine, murwego rwo gukemura amakimbirane yaturutse ku ntambara zihora mu burasira zuba bwo hagati, Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo yakoresheje Donald Trump gukemura burundu icyo kibazo.

President Donald Trump muri (executive Orders) muri iki cyumweru, halimo yuko (Palestines) bagiye kubashakira ibihugu cyangwa igihugu bajyanwamo kibakira mu rwego rwo kurangiza iyo ntambara.

Birumvikana yuko ubu butabera buzagira ingaruka no kuri Ukraine vs Russia, bidasize n’intambara zo mukarere kibiyaga bigari DRCongo vs Rwanda na M23.

Ubutabera bw’urupfu rwa mbere rw’ubugingo buhoraho bwateguzaga ubutabera bw’urupfu rwa kabili rw’ubugingo buhoraho (the first death of eternal life and the second death of eternal life). Ubu Uhorahora Uwiteka Imana Nyiringabo alimo gukora execution cyangwa se gushyira mu bikorwa imanza zaciwe n’umucamanza uca imanza zitabera z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

Izindi manza Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo yashyize mu bikorwa, ni WHO yaciriweho iteka, aho muri za (executive orders of Donald Trump) yahagaritse inkunga zahabwaga WHO kw’isi yose, kuko yaciriweho iteka n’umucamanza uca imanza zitabera z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, aho inkunga z’abasambanyi n’indwara zose zo kw’isi bajyaga bahabwa za miliyari zibemerera gukomeza gukiranirwa.

Imyaka (4) izajya kurangira byibuze imanza z’Uwiteka Imana Nyiringabo hari icyo zikoze kigaragara, kuko ubucuruzi bwakorerwa muri WHO bwari buteye ubwoba aho bacuruzaga ikiremwa muntu mu buryo butagaragara cyangwa se bugaragara kubashaka kubimenya.

Imibereho ishobora gukomeza kutaba myiza, bitewe n’abashaka guhangana n’ubutabera bw’Uwiteka Imana Nyiringabo kuko atazabura gukomeza kubaciraho iteka, cyane murupfu rwa kabili rw’iteka (second death of eternal life).

NB: Insengero zikomeje kuryumaho, ari na ko bakaza umurego wo kwigisha ikinyoma ngo Yesu ari hafi kugaruka, kandi bategetswe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo yuko bafunga insengero zabo ko atagikeneye kumva gusenga kwabo ndetse no kwigisha kwabo cyangwa kubwiriza kwabo cyangwa se guhanura kwabo, ariko batereye agati muryinyo!!!

Abarwayi ba SIDA/HIV kw’isi yose cyane kumugane w’Africa, ubu bari mukaga gakomeye cyane, ndetse nabakoresha ibikoresho by’ubusambanyi aho byamaze gufata indi ntera yizamuka ry’ibiciro kubera inkunga zo gusambana zahagaze!!!

Sibyo gusa, inkunga za batinganyi na zo nta bwo zasigaye inyuma, ubu kurongorana kw’abahuje ibitsina bisa naho nabyo byahuye na kaga gakomeye nyuma yuko inkunga bagenerwaga n’umuryango wa Illuminati binyuze muri JOE BIDEN byarahagaze.

Ibyo byose byamaze gucirwaho iteka kuko turi mu gihe cy’ubutebra bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

 egretnewseditor@gmail.com 

Translate »
Skip to toolbar