Barabuzwa niki kubyita ubujiji ko abana babo bibereye mu Burayi n’America!

 

Ababyeyi baje muri gahunda y’imbonezamirire ku kigo nderabuzima cya Rubungo mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali
Abega nibigoryi ku buryo butangaje,ubujiji namafunguro bihuriyehe,ko bavuye Uganda ar’injiji byababujije gufata igihugu? Muzabeshye abashinwa abatazi ikinyarwanda.Usibye ko muri iyiminsi nabo bakimenye.

 
Kugwingira kw’abana biracyari ikibazo mu Rwanda, umuforomokazi wo ku kigo nderabuzima i Kigali akavuga ko mu cyumweru bashobora kwakira abana 40 bagwingiye. Ababyeyi bavuga ko ari ubukene, leta ikavuga ko ari ukutamenya kugaburira abana ibihari.Hasigaye kubica kugirango badakomeza kubakoza isoni.
Leta y’u Rwanda yashyizeho ikigo kihariye cyo kwita ku mikurire y’abana cyane cyane abari munsi y’imyaka itanu y’amavuko, ishishikariza ababyeyi bafite abana bafite ibi bibazo kubajyana ku bigo nderabuzima bagahabwa imfashandyo.
Kuri ibi bigo, uhasanga ababyeyi benshi baje muri iyi gahunda. Umunyamakuru wa BBC i Kigali yasuye ikigo nderabuzima cya Rubungo mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali.
Mukangarambe Speciose, umuforomokazi uha ababyeyi baje hano ubujyanama ku by’imirire, avuga ko buri cyumweru ashobora kwakira abana bagera kuri 40 bajahajwe n’ingaruka z’imirire mibi.
Ati: “Dupima ibiro, uburebure n’ikizigira cy’akaboko [k’umwana]. Ibi tukabihuza n’ikigero cye. Iyo afite nk’ibilo bine afite amezi umunani, uyu aba yaragwingiye. Tumuha inyongerandyo”.

 

Mukangarambe Speciyose, umuforomokazi ugira inama ababyeyi ku mirire n’imikurire y’abana
Ubushakashatsi buheruka ku baturage n’imibereho yabo bwo mu mwaka wa 2015, bugaragaza ko mu Rwanda abana bari munsi y’imyaka itanu y’amavuko bagwingiye kubera imirire mibi ari 38 ku ijana (38%).
Nko mu ntara y’iburengerazuba honyine, ubwo bushakashatsi bwerekanye ko 45 ku ijana (45%) by’abana baho bagwingiye.
Ababyeyi bati ‘ni ubukene’, abategetsi bati ‘ni ubujiji’
Mu bice bitandukanye, kuri iki kibazo abategetsi mu Rwanda bagiye bumvikana bavuga ko impamvu nyamukuru y’iki kibazo atari ibura ry’ibiribwa ahubwo ari ukutamenya gutegurira abana ibihari.
Madamu Anita Asiimwe ukuriye gahunda y’igihugu y’imbonezamikurire, avuga ko nk’imboga zirwanya cyane imirire mibi zidasaba ubutaka bunini bwo guhinga.
Ati: “[Umubyeyi] Afite itungo rigufi nk’inkoko zamuha amagi, inkwavu nazo ntizikenera ahantu hanini. Ashoboye kugura ibirayi kandi afite n’amagi mu rugo yamwunganira”.
  Zimwe mu mfashandyo zihabwa abana bagwingiye mu Rwanda
Ababyeyi bo bavuga ko ikibazo ari ubukene kuko uretse ayo magi, inyama n’imboga, no kubona iby’ibanze bigoranye.
Umwe waganiriye na BBC kuri iki kigo nderabuzima yagize ati: “Iyo natetse ibirayi umwana na we ni byo arya kuko sinakorera amafaranga 700 ku munsi ngo mbone agakono k’umwana ku ruhande”.
Minisitiri w’ubuzima mu Rwanda, Dr Diane Gashumba, aherutse kubwira inteko ishingamategeko ko mu bitera iki kibazo harimo no kutaringaniza urubyaro – gusama inda zitateganyijwe bakabyara abana badashoboye kurera.
Skip to toolbar