Nta buhungiro mufite Uwiteka Imana Nyiringabo yabafungiye amayira!!!

Nov 16, 2015 Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ntakabuza ibyaremwa byose byo kw’isi, ntibizabura kuririmba kuri wa munsi wa makuba utegerejwe iminsi myinshi kandi igihe kirekire, dore barategura kuzahungira mu gihugu cy’UBUPERESI (Uganda). Aho naho nzahabuza amahoro batazabona ubuhungiro, abandi bazapfa kujyanwa mu butayu bugufiya, aho naho nzababuza amahoro, no mu gihugu cy’IBABYLON (Kenya). Naho nzahambuza amahoro, maze ndebe aho bazerekera, kuko batazerekera mu mu gihugu cy’Isamariya (Burundi) kuko nzaba maze kuhasenya. Naho ntamahoro azaba ahari, nibatekereza kwerekeza mu gihugu cy’ABakaludaya (Chaldeans) Tanzania naho icyo gihe bazaba balimo birukana impunzi zahahungiye nta mahoro azaba ahari uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’ umuntu, ubwire abitwa abana bumucyo bahunge hakiri kare inzira zikiri nyabagendwa kuko ibihe biri mbere inzira zishobora kuzafungwa bakabura aho banyura uko niko Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abantu bigize abashumba bintama zanjye ku ngufu, nyamara sinigize mbaha umurimo, none intama zanjye barazigurisha uko bishakiye bakazirya ibinure izibyibushye, bimaze ubukene bwose ariko nanjye ngiye kubereka yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo kandi bagiye kumenya yuko ari jye wironkeye intama zanjye kandi ko ntigeze mbaha kuragira intama zanjye uko niko Uwiteka abivuga.
Iijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, intama zanjye ziratereranwa barazigambanira amanywa nijoro, zifite inyota zabuze uzijyana kwiriba ngo zinywe amazi atari ibirohwa zishire inyota, baziragira ubwatsi bwo mu butayu bwumagaye zabuza uwazijyana ahari ubwatsi bunetse! Ariko noneho ngiriye imbabazi intama zanjye nk’uko umubyeyi agirira imbabazi umwana we wicishejwe inzara na bagaragu na baja uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abadayimoni bahagaritse imutima ku bwikorwa ngiye ku gukoresha mu isi ya bazima. Dore ngiye gusenya imikorere ya badayimoni yagize abantu banjye kuba imbata zibyago, akaga, amakuba, nyamara ibyo byose ku banyiringiye ngiye kubagirira neza kugirango bamenye yuko mu ijuru hari Imana ica imanza zitabera uko niko Uwteka abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abagizwe imbata na badayimoni ngiye kubakiza kugirango batangire baririmbe indirimbo nshya mu mitima yabo. Kuko uko niko nasezeranije abankunda kuko nanjye nkunda abakunda kandi nzaba icyubahiro n’ubukire kuko ifeza ni zahabu byose ari ibyanjye uko niko Uwiteka abivuga.
“Yours, O Lord, is the greatness and the power and the glory and the majesty and the splendor, for everything in heaven and earth is yours. Yours, O Lord, is the kingdom; you are exalted as head over all. Wealth and honor come from you; you are the ruler of all things” (1 Chronicles 29:11-12).
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ntakabuza nzitura inkozi z’ibibi ibyo zakoreye ubwoko bwanjye, nanjye nzarwana ishyaka ry’abantu banjye kugirango mbamare umubabaro wo mutima kugirango batazaheranwa na gahinda nzabomora ibikomere byose bagize, nzabavura ibikomere bagize ibihe byinshi nzabasubiza ibyabo byariwe n’inzege uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ba maso cyane kuko za magigiri zirimo gukubita agatoki ku kandi balimo kubunda bunda kumbaraza za banyabyaha ngo zirimo guhiga ubugingo bwawe uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mu gikombe cy’iyerekwa munsi ya gakondo yabakiranutsi (Vally) mbona umwuka w’ikinyoma ushyirwaho iherezo, mbona werekeye mu burengerazuba bwicyo gikombe (Vally) mbona ko uwo mwuka ukozwe nisoni, ni uko ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore umwuka w’ikinyoma cy’Umwakagara ugeze kw’iherezo kuko icyo ari cyo nashakaga yuko yigaragaza ko ari umunyakinyoma maze ibinyoma bye byose yabeshye amahanga bigashyirwa ahagaragara uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ubwo ikinyoma cy’Umwakagara Paul Kagame gishyizwe ahabona, ngiye kumumanuraho umwuka w’urukoza soni kugirango imbaraga yarafite mu mahanga zose zirangire kugirango ntihazagire umuntu uzasigara wamugirira impuhwe zo mu mutima uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Nov 17, 2015 Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore umwuka w’inzika y’inzigo wongeye guhaguruka kubera kurwanya ukuli, ariko nta cyo uwo mudayimoni ashobora ku gutwara kuko Uwiteka yamaze kuwuciraho iteka uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore amagambo abaye menshi muri RNC, kubera ubahanuyeho umuvumo, nyamara umunyabwenge azamenya yuko Uwiteka yababuriye kuko inyamaswa yi nya makenga itajya yicwa n’umututizi, ariko noneho ni banga kumva bagakomeza kwiringira abana b’abantu, ntakabuza umuvumo ntuzabura kubageraho uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, bwira abo baturage uti, muvuge macye kuko iri mu ijuru ntizabura kubumva, ndabwirwa ngo mwana w’umuntu, dore ni mumara guhabwa gakondo ya bakiranutsi,ubutegetsi bwa Satani n’abadayimoni bumaze gukurwaho, uzabona abanyamuryango ba Rwanda National Congress RNC birirwa bazenguruka bashaka umuntu wabasengera kubera umuvumo uzaba umaze kubafata mu ijosi, kandi ntibazabasha kuzaho aho uzaba uri, kuko banze kumva iyo ivuga, ahubwo bakaneguriza izuru Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, bibwira yuko bakomeye kandi batanafite ubutegetsi, ariko icyo gihe umuvumo numara kubata muri yombi, niho bazamenya yuko burya Umuhanuzi yarabarimo uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore bazazerera nkinzererezi zitagira itungo, nyamara ibyago, amakuba, akaga ntabwo bizava ku bitugu byabo, bazafuza ko ubasengera nyamara icyo gihe ntabwo bizashoboka kuko uretse no kubasengera, no kuguca iryera ntibizabakundira kuko bazaba bafite ikimwaro cyo kugera aho uri uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Nov 18, 2015 njyanwa mu iyerekwa maze mbona ndi kugenda hejuru y’imigezi itemba, mbona abanyamakuru benshi barimo koga muri iyo migezi, mvugana nabo mbabaza buryo ki bageze muri iyo migezi, maze baransubiza bati, twari turi hano dutegereje wowe ngo tukwinike muri iyi migezi, ni uko ndabasubiza nti, kuki mwagambiriye kugira nabi bene ako kageni? Ko nta muntu nahemukiye, kuki mwategura kungirira nabi bigeze aho?
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, itangaza makuru ryo muri gakondo ya bakiranutsi bakoze inama bemeze yuko bakwiye ku kugambanira ngo baguteze ibibazo bikomeye udakomeza gukora umulimo w’itangaza makuru.Kubera iyompamvu ibyago bifuzaga ko bikubaho nibo bizabaho kandi abo bose bagiye gushiraho burundu, abatazicwa bazajyanwa mu nzu y’imbohe kugirango bazamenye yuko ukorera Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ko mpawe amababa yo kuguruka (Spiritual Wings) nuko ndabwirwa ngo, mwana w’umuntu, dore inkozi zikibi zaciye hasi no hejuru kugirango zishobore ku kubona, ariko bariyimbire kuko Uwiteka Imana Nyiringabo ntajaya anegurizwa izuru ibyo bakora byose bisa no gushinga umuhunda ku kirenge uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, bwira izo nkozi z’ibibi uti, iyo migambi yanyu yose mibi izaburizwamo n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo nta na kimwe muzageraho uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ore ntakabuza izo nkozi zikibi bazakorwa nisoni kandi isi yose izababana ntoya cyane, kuko batazabona aho kwegeka umusaya kuko ntakabuza ijambo ry’Uwiteka ritazabura kubasohoraho kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo waremye ijuru n’isi uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, itorero ry’Imana ryishwe na badayimoni, kandi abashumba bakabaye balinda itorero ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, bibereye mu by’isi kuko ari byo bibashishikaje bakiyambika umwambaro wo gukorera Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kugirango biborohera cyane kugera kuby’isi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore itorero ryanjye bariciyemo ibice kubera gukorera inda zabo, ariko noneho ngiye kubajyana mu ishuli ryo kwiga uko bubaha Uwiteka Imana Nyiringabo uzarirangiza azakorera Uwiteka amutinya kandi amwubaha azi uwo akorera uwari we uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abanyamadini buzuye umwuka w’abafarisayo (phrasis) bahora bigereranya n’ab’isi kubera gukunda icyubahiro, ariko nyamara ni uko banaiwe kumvira Uwiteka Imana bakanga no kugendara mu nzira ze, ubundi itorero riri hejuru y’ikintu cyose cyo mu isi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ibyo byose bifuza bari kubihabwa iyo baza kwemera kugendana n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Nov 19, 2015 njyanwa mu iyerekwa mu gikombe cyo kwerekerwamo kiri munsi yagakondo yabakiranutsi, maze ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore inkozi zikibi zirakurosera, nyamara dore zihinduye igitekerezo zamenye yuko ugiye kuzicika, ibyo zari zarishe cyangwa zari zarahagaritse bakuyeho inzitizi kugirango noneho zibone uko zizagukurikirana kuko nuramuka ugiye bitanyuze mu gikari cy’abadayimoni, nta bwo bazamenya icyerekezo cyawe uko niko Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uramenye ntukomeze icyo cyerekezo wwarurimo ahubwo uhindure kugirango barusheho kuyoba cyane ntibazigere bamenya gahunda zawe kugirango uburizemo imigambi yabo uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Nov 17,2015 njyanwa mu iyerekwa mbona abadayimoni ba byagiye mu idini rya ADEPR ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, bariya badayimoni (demons) ubonye muri ADEPR bahawe ikaze bahabwa icyicaro none bagiye gusenya ririya dini uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, Mukandirima Murekatete Odette hamwe na Leta y’abega barongoye baragambaniye uko bazakugeraho kugirango baguce igihanga. Ariko ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko ndikumwe nawe uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore bagambanye na banyamahanga kugirango bakore ibishoboka byose bagukure kumugabane w’Africa, wowe uzabona ko ari uku kwitaho, nyamara ibyo bazaba bakora byose bizaba biri mu migambi y’abega hamwe na Murekatete Mukandirima Odette kugirango uzagwe mu mahanga ya kure aho bizagorana kumenya amakuru yaawe uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.