Ibigiye kuba muri gakondo ya bakiranutsi bizaba biteye ubwoba!!!

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ngiye ku kujyana hakurya y’amazi magari aho ugiye kwegeranya ubwoko bwanjye kugirango nzabone abo ntoranya mbashyire mu buyobozi bw’igihugu nk’uko na bikubwiye igihugu kizayoborwa n’Umwami uzaba aca imanza zitabera z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu abo ngiye guha umugisha wanjye abo nibo bazaba mu bw’Uwiteka Imana Nyiringabo kandi abatazataha igihugu ntabwo bazabona umugisha kuko isi yose izaza gusaba umugisha muri gakondo yabakiranutsi, icyo gihe niho ubwoko bwanjye buzishimira izina ry’Uwiteka Imana kandi bazamenya yuko arijye mushumba wabo, nanjye nzamenya yuko na bo ari bwo bwoko bwanjye nironkoye uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ngiye gukora icyintu gishya mu isi ya bazima kugirango ibyaremwe byose bimenye yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo waremye ijuru n’isi uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, bwira ubwoko bwanjye yuko ngiye kubaha igihugu gishya, ubuzima bushya buzira umuze, dore ku ngoma y’Umwami lll uhereye ku Mwami Kigeli V Ndahindurwa niho ineza yanjye izigaragaza mu bwoko bwanjye kuko hazategeka Umwami nitoranije ufite umutima nk’uwanjye uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi baturutse Uganda barakwanga cyane ndetse baguciye urwaho bakugirira nabi, dore nabo mwari inshuti ndetse mwaniganye balimo Nkurunziza Vicent uba mu gihugu cya Canada barakwanga cyane ngo kuko ushyira ahagaragara iby’ubutegetsi bwabo, nyamara nta cyo bazagutwara kuko Uwiteka niwe buhugniro bwawe kandi akaba ubwihisho bwabakiranutsi aho niho Uwiteka azagushyira kuzageza igihe cyategetswe n’Uwiteka Imana Nyiringabouko niko abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abanzi bawe bose nzabamaraho burundu kuko umwanzi wawe n’umwanzi w’Uwiteka Imana Nyiringabo, uzakugirira nabi, nanjye nzamugirira nabi, uzakugirira neza nanjye nzamugirira neza, kugirango bamenye yuko nagukunze nka gutoranya mu mahanga kuko wakunze Umwami wanjye Umwami wo gukiranuka umukunze aba ankunze niko Uwiteka abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ko inkozi zikibi zohereje umwuka wigifungo kujyanwa mu nzu y’imbohe, maze umwuka w’Imana arambwira ati, mwana w’umuntu, ijambo ry’Uhoraho Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, naguhaye imbaraga zo gukiza, kwica, no kurimbura no gutanga ubugingo buhoraho, none tegeka iyo myuka mibi yoherejwe n’inkozi z’ikibi usubire aho uturutse cyangwa uwice uwurimbure upfe burundu uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Nov 15, 2015 Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore hari magigiri umwe wihaye inshingano zo ku guhiga, nanjye ngiye guteza ibyago na makuba mu muryango we, kugirango muce intege zo gukomeza kuguhiga kuko uwo niwe nkingi yo muri uwo muryango we, maze niyumva ibyago na makuba byagwiriye umuyango we, kandi warabishyize ahagaragara azahita agira ubwoba ndetse acike intege maze ananirwe gukomeza guhiga ubugingo bwawe uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uwo musore wo mu bwoko bw’Abatutsi agiye gutegurirwa ibigori bivanze ni bigoye kugirango amenye yuko Uwiteka ariwe waremye ijuru n’isi kandi ko atajya anegurizwa izuru.
Njyanwa mu iyerekwa mbona amadini yo muri gakondo ya bakiranutsi yitotombera Ubuhanuzi bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kubera yuko abantu b’Uwiteka bagize ingaruzwa muheto ngo basigaye bizera ijambo ry’Uwiteka ry’Ubuhanuzi aho kwizera ibyo bigishwa na bayobozi babo bahagarariye ayo madini uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona inkozi zibibi zo mu bwoko bw’abarozi na zo zitotombera kuba zitakibona abantu ngo kuko basigaye biringira ijambo ry’Ubuhanuzi. Ni uko mbona bakora inama yo kurwanya Umuhanuzi Majeshi Leon, maze ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rirambwira riti, mwana w’umuntu, ntutinye kandi ntugire ubwoba, ahubwo komera kumurimo wanjye kuko nzabana nawe kandi nkazigaragariza isi yose bikunyuzemo kuko nd’Uwiteka Imana yawe kandi narirahiye dore nzabana nawe kandi isi yose izamenya yuko nd’Uwiteka Imana ari we ubana nawe kandi yuko ari we ugukoresha ibikomeye cyane n’ubwo hariho abakwanga na bakurwanya bashaka kuguca intege uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, wongere uhanure ubwire ubwoko bwanjye uti, ishyano riraguye muri gakondo yabakiranutsi, kuko bakomeje gukora ibikorwa byabanikolaiti, ndetse icyo gihugu kikaba cyuzuyemo abanyabinyoma benshi cyane biyitirira izina ryanjye, ubabwire uti, hasigaye agahe gatoya na babwiye mu gice cya (4) cy’Ubuhanuzi ni gice cya (5) cy’Ubuhanuzi aho ngiye guhana inkozi z’ikibi muri gakondo yabakiranutsi hamwe na banyamadini (Synagogues Leaders) uko niko abivuga.
Ibyo nzabikorera kugirango isi yose izabone yuko nd’Uwiteka Imana ishobora byose n’ubwo bagiye guhamya yuko ntashobora byose, ariko sinzabura kubera yuko nshobora byose! Kuko kuri wa munsi wahanuwe n’Umuhanuzi Majeshi Leon, ubwo bazabura aho bahungira haba mu mwinjiro cyangwa mu mbere, umunsi babuze aho bahungira ubwo bazaba babyiganira mu mwinjiro nibwo bazamenya yuko nd’Uwiteka Imana ishobora byose uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uwo munsi uzaba uteye ubwoba cyane, isi yose izahinda umushyitsi kandi amahanga yose azifata kw’itama uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
egretnewseditor@gmail.com