Abagore b’iRwanda bahura na kaga gakomeye cyane!!!

Nov 12, 2015 ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore umwakagara akomeje gukiranirwa cyane, none hanura ushyireho iherezo ku mbibi ze zo gukiranirwa, kugirango igihe cye kirangire burundu. Dore yaciye ibihanga by’abantu bitariho urubanza, kandi na we urumugabo wo kubihamya, ndetse alimo kugenza ubugingo bwawe uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ukwiye kuvuma Umwakagara kugirango umuvumo umushyirireho imbibe zaho agarukira. Yewe Umwakagara Paul Kagame mwana wo kurimbuka, ndakuvumye mu izina ry’Uwiteka Imana Nyiringabo, nshyizeho iherezo kubutegetsi bwawe n’igitugu cyawe, kugirango umwaka utaha mu gihe gisa nk’iki uzakorwe nisoni kandi ahawe hazibagirane ndetse urukiryi rwawe ntiruzaragarike muri gakondo ya bakiranutsi. Kandi ahabo ntihazibukwe ukundi, ndetse na basangirangedo bawe bose na bo bizabagendekere uko bizakugendekera kugirango amahanga yose azamenye yuko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ari we waremye ijuru n’isi uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, dore amahanga agiye kota umuriro wawe, ndetse bazagucanira itanure ry’umuriro, kandi mu isi yose nta numwe uzakugirira akari urutega, nta mbabazi uzagirirwa kuko na we ntazo wagiriye amaraso wa mennye atariho urubanza. Nuko rero itegure uhangane n’Uwiteka Imana nk’uko wabihize mu mutima wawe kugirango hagaragare umugabo w’umunyembaraga hagati yawe n’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi mbona abagore b’i Rwanda benshi cyane, binjizwa mu gihugu cy’ubutayu bugufiya buherereye mu majyepfo y’uburasira zuba bw’Africa. Maze mbona abo bagore bose (Churches) batonda umurongo berekeza kuri ya Nyanja iri haruguru y’ubwo butayu bugufiya.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abagore b’i Rwanda bakunze iby’isi cyane, igiteye impungege ba bikunze bari mu bihe bibi kuko bagiye kwinjizwa mu gihugu cyo mu butayu bugufiya, none uburire abazabishobora bitandukanye nizo ntegenke ndetse no kwizera gucye, ahubwo bakumeze ijambo ry’Ubuhanuzi kuko nibo rizagirira umumaro mu gihe cy’akaga n’amakuba n’ibyago bigiye kuza bya hanuwe n’umwuka w’Ubuhanuzi unyuze muri Majeshi Leon uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Nov 13, 2015 ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ntutinye kandi ntugire ubwoba kuko nd’Uwiteka Imana yawe dore nguciriye inzira mu gikari cy’abakiranutsi kuko imigambi y’umwanzi nzahora nyiburizamo iteka ryose uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore Umwakagara Paul Kagame yahaye amabwiriza ingabo za RDF yo kulinda igihugu, ariko se baralinda iki? Uko niko Uwiteka abaza! Kuko Uwiteka Imana atarinze umurwa cyangwa umurwa, urugo, mbese umulinzi ntiyaba yiruhiriza ubusa? Uko niko Uwiteka abaza! Dore umwanzi wabo ari muri bo hagati yabo, ubwose baralinda iki? Niko Uwiteka abaza! None se bibwira yuko hari umuntu uzava hanze y’igihugu ngo aje kubatera? Uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi njya kureba uko umurwa w’(ISALEM) wifashe, nsanga igihugu cyose cyambaye ubusa cyerade! Nta muntu ukiri mu murwa, ahubwo umurwa wuzuye ingabo za RDF, ni uko ndamanuka mbona inyamirambo hafi na hahoze akarere ka Nyarugenge, mbona ingabo za RDF, ziraje ziza zinsantira zifite imyambi sinakubwira zirandasa karahava ariko ntihagira umwambi numwe umfata maze ijambo ry’Uwiteka rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu dore ingabo za RDF, zigize umutwe wa za magigiri zihawe amabwiriza ya nyuma yo guhiga Umuhanuzi Majeshi Leon, ngo zimuce igihanga uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ubuyobozi bw’ingabo za RDF, buhura na kaga gakomeye cyane, mbona igisirikare cya RDF, gisenyuka burundu, mbona ko bahunze gakondo ya bakiranutsi, ariko mbere yuko bahunga igihugu, babanje kwica bamwe muri bo bakoraga mu myanya ikomeye cyane ilimo amabanga akomeye cyane azakenerwa ubwo bazaba bagejejwe mu butabera bw’isi bacirwa imanza.Bamaze kubica basiga intumbi zabo ku karubanda barangije babona guhunga igihugu bari babereye abayobozi uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, tereza amaso yawe maze urebe mukirere cy’ISAMARIYA. Maze nditegere cyane, mbona mukirere cy’ISAMARIYA (Burundi) mbona abakuru b’igihugu bo muri icyo gihugu, baterana mu nama yikubagahu, ni uko mbona mu gihe binjiye mu nama mbona haje umwe mu baminisitiri uturutse Imu murwa mukuru w’(ISALEM) azanywe no kurangaza abari muri iyo nama yo gufata ibyemezo byo kurwana n’IBUYUDA.
Uwo mu minisitiri akimara kugera ku nzu mbera byombi yarimo gukorerwamo inama, mbona ko abuze umuntu wo kumwakira, maze asaba uruhushya umusirikare waraho warurinze umutekano wabagiye gukora inama, ngo yinjire muri iyo nama, maze uwo musirikare amwemerera kwinjira maze abari mu nama abagwaho gitumo bahita bahagarika inama bakoraga uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, abega bari mu migambi yo kurangaza abayobozi bo mu gihugu cy’ISAMARIAYA kugirango babone uburyo babinjirana bahitane bamwe muri bo uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umunutu, hanura uvuge uti, mwa barundi bo mu bwoko bw’Abahutu, mwaraburiwe mwanga kumva, none mu hame hamwe kuko mwiringiye ibigirwamana by’abanyamahanga, maze turebe yuko bizabasha kubakiza kuko umgiye gukurwa ku ngoma, ndetse mukicwa kandi mukazicwa mukojejewe isoni kuko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo atazabura gusohoza ijambo rye uko niko abivuga.
Nov 14, 2015 ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, itegereze maze umbwire icyo ubonye, nditegereza mbona muri ambasade (Rwandan Embassy) y’uRwanda mbona intasi zirimo gutanga amabwiriza yo kongera umurego wo kwica abanyamuryango ba RNC, mu bo nabonye bari muri iyo ambasade harimo Umuhanuzi-kazi w’ikinyoma ESTHER Marie MUREBWAYIRE.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, Marie Esther Murebwayire ahawe amabwiriza yo gucengera akaneka abayobozi ba RNC, maze akajya atanga raporo muri ambasade y’uRwanda ishinzwe kubaha amabwiriza na mashillingi yo gukoresha mu kuneka abayobozi ba RNC, uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, burira abanyamuryango ba RNC ndetse na bayobozi biryo shyaka, birimde cyane uwo muhanuzi-kazi w’ikinyoma ubeshya ko akorera Imana nyamara akorera inda ye, dore Uwiteka aramuvumye kuko yakerensheje ijambo ry’Uwiteka Imana. Mwana w’umuntu vuma ESTHER kuko yigize ingumba ya matwi yanga guhanwa no kuburirwa yanga kwihana niyompamvu ukwiye kumuvuma kugirango utazahirwa mu buzima bwawe kuko wagambaniye ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Marie Esther Murebwayire uravumwe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, kuko wacuruje izina rye mu nyungu za we ubeshya yuko uri umukozi w’Uhoraho Nyiringabo, kandi uri magigiri wo ku ngoma y’abega y’igitarama iwanyu uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, dore uzahinga ntuzeza, uzanywa amazi ntuzashira inyota, uzaryama ntuzabona ibitotsi, dore wifuza yuko umukobwa wawe yarangorwa numwe mu bakomeye mu batutsi nyamara abo wifuza uzajyana na bo kuko wizeye RPF kurusha kwizera Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, dore wagambaniye ubwoko bwawe bw’Abahutu kubera gukunda intonorano. Niyompamvu Uwiteka akugize igicibwa haba mu batutsi cyangwa mu bahutu, uzakubona wese azakwanga nta n’umwe uzagucira akarurutega kuko wanze kwiringira Uwiteka, ahubwo wiringira abana b’abantu uhereye none umuvumo wawe utangire ugukorere nk’uko umugaragu akorera shebuja kugirango uzabe akabarore imbere ya bakiranutsi niho uzamenya yuko Uwiteka ariwe waremye ijuru n’isi uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
egretnewseditor@gmail.com