Imihango yo kwibuka ku nshuro ya 75 igitero cy’ingabo z’ibihugu byishyize hamwe cyaganishije intambara ya kabiri y’isi ku musozo iraba muri iki cyumweru.Igitero kinini cyaganishije ku musozo w’intambara II y’isi cyagenze gite?
Umwamikazi w’Ubwongereza, Perezida Donald Trump wa Amerika n’abandi bayobozi b’ibihugu bitabiriye mihango uyu munsi yabereye ahitwa Portsmouth mu Bwongereza.
Iki gitero cyo mu kwezi kwa gatandatu mu 1944 cyagenze gite?
Ingabo z’Ubwongereza, Amerika, Canada n’Ubufaransa zateye iz’Ubudage zari zikambitse muri Normandy mu majyaruguru y’Ubufaransa tariki 06 z’ukwezi kwa gatandatu mu 1944.
Nicyo cyari igitero cya mbere kinini cyane cy’abarwanira mu mazi, mu kirere no ku butaka cyari gihuje izi ngabo z’ibihugu zifatanyije ngo zibohoze amajyaruguru y’uburengerazuba bw’uburayi yari yarafashwe n’ingabo z’abanazi ba Hitler.
Iki gitero cyohereje ingabo zirenga ibihumbi ijana ku myaro itanu ya Normandy mu majyaruguru y’Ubufaransa.
Ni igitero cyateguwe mu gihe cy’umwaka, cyagombaga kuba ku itariki nk’iyi ya gatanu z’ukwa gatandatu bizeye ko inyanja izaba ituje n’ukwezi kwazoye mu ijoro ariko haba imiraba n’umwijima bituma gikererezwaho amasaha 24 kiba tariki ya gatandatu.
Byageze mu mpera z’ukwezi kwa munani mu 1944 ubwo umujyi wa Paris wafatwaga 10% by’abasirikare miliyoni ebyiri b’ibihugu byishyize hamwe boherejwe mu Bufaransa barishwe, barakomeretse cyangwa baraburiwe irengero.
Nyuma yo kubona imbaraga zo kwishyira hamwe, hashize imyaka itatu (1947) Ubwongereza n’Ubufaransa byasinye amasezerano yo gutabarana mu gihe Ubudage bwatera kimwe muri byo.
Aya masezerano yaje kwaguka ajyamo Amerika n’ibindi bihugu ubu bimaze kuba 29 (n’Ubudage bwaje kuyajyamo) avamo ‘umuryango wo gutabarana w’ibihugu by’uburayi n’amerika’ uzwi nka OTAN cyangwa NATO.
The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life Read More »
April 20, 2026 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru biratangaza ko Jean Paul Turayishimye imbaraga yarafite z’u bumagigiri zarangiye. Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ngo na we yifuza Read More »
[The US president’s negotiations and ceasefires] are viewed by Tehran, Gaza and Beirut as infidels trying to tell Muslims what to do. For them, such a Read More »
EgretNews yagiye gushaka umuntu ukoresha aya mavuta ya collagen bivugwa ko akuraho iminkanyari, (wrinkles) nyuma yo kubona ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko ayo mavuta ya collagen Read More »
April 19, 2026 Uwiteka Imana Nyiringabo avuze ko akeneye abantu batera inkunga umurimo we wo guca imanza zitabera no gutegura itegekonshinga ry’Ubwami bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo bugendera Read More »
The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life Read More »
April 20, 2026 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru biratangaza ko Jean Paul Turayishimye imbaraga yarafite z’u bumagigiri zarangiye. Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ngo na we yifuza Read More »
[The US president’s negotiations and ceasefires] are viewed by Tehran, Gaza and Beirut as infidels trying to tell Muslims what to do. For them, such a Read More »
EgretNews yagiye gushaka umuntu ukoresha aya mavuta ya collagen bivugwa ko akuraho iminkanyari, (wrinkles) nyuma yo kubona ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko ayo mavuta ya collagen Read More »