Abo mu miryango y’abapfuye bahabwa igitaka cyavuye mu mirambo y’ababo bakakibika
Leta ya Washington yabaye iya mbere mu zigize Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yemeje itegeko ryo kugira imirambo ifumbire.
Bijyanye n’iri tegeko, abatuye muri iyi leta ubu bashobora guhitamo ko nibamara gupfa umurambo wabo ushobora gufumbizwa ubutaka.
Iki gikorwa kiri kubonwa nk’ikigamije gusimbura gutwika imirambo no gushyingura, ndetse nk’igishobotse gukurikizwa mu bice by’imijyi aho ubutaka bwo kubakaho amarimbi ari buto.
Nyuma yaho umurambo uhindukiye ifumbire, abo mu muryango wa nyakwigendera bahabwa icyo gitaka, bakaba bashobora kugikoresha mu gufumbira indabo, imboga cyangwa ibiti.
Umushinga w’iri tegeko washyizweho umukono nk’itegeko ku munsi w’ejo ku wa kabiri na Guverineri Jay Inslee w’iyi leta ya Washington.
Katrina Spade, wahirimbaniye ko iri tegeko ryemezwa, yashinze kompanyi ishobora kuba iya mbere izafasha muri icyo gikorwa.
Iki gikorwa kiri kubonwa nk’ikibungabunga ibidukikije kigamije gusimbura gutwika imirambo no gushyingura bisanzwe
Gushyingura mu buryo bubungabunga ibidukikije bikomeje kwiyongera.
Mu ntangiriro y’uku kwezi kwa gatanu, byahishuwe ko umukinnyi wa filime Luke Perry wapfuye mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka, yashyinguwe muri leta ya California “akoroswa ibihumyo”.
Jae Rhim Lee wakoze uwo “mwambaro w’ibihumyo” yashyinguranywe, avuga ko ugabanya ibihumanya ikirere bisohoka iyo umurambo uri guhinduka ifumbire n’igihe utwitswe.
Uburyo bwo guhindura umurambo ukaba ifumbire busanzwe bwemewe n’amategeko yo mu gihugu cya Suède, mu gihe uburyo bwa kamere bwo gushyingura – aho umurambo nta bindi binyabutabire ushyirwaho mu gihe bawushyira mu isanduku – bwemewe n’amategeko mu Bwongereza.
The Abraham Accords, once touted as a breakthrough, have quietly moved, in Saudi political conversation, into the deep freeze. In September 1967, the Arab League, at Read More »
Yet, supposing that such a scheme does take shape and is implemented, who could guarantee that either Iran or a future US administration would abide by Read More »
May 10, 2026 Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo arihanangiriza abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu bakomoka Ruhengeri na Gisenyi, arabashinja kuba bagenda bazimya amatara (light bulbs) aho yagiye Read More »
Any agreement that would allow Iran a multi-year “moratorium” towards enriching uranium again would erase everything that President Donald J. Trump has so brilliantly and historically Read More »
The Abraham Accords, once touted as a breakthrough, have quietly moved, in Saudi political conversation, into the deep freeze. In September 1967, the Arab League, at Read More »
Yet, supposing that such a scheme does take shape and is implemented, who could guarantee that either Iran or a future US administration would abide by Read More »
May 10, 2026 Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo arihanangiriza abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu bakomoka Ruhengeri na Gisenyi, arabashinja kuba bagenda bazimya amatara (light bulbs) aho yagiye Read More »