Gasuku yo mu bwoko bwugarijwe no gushiraho yabazwe mu bwonko muri New Zealand, yandika amateka

Ubwoko bw’inyoni bwa Kakapo – bwa gasuku zibyibushye cyane kurusha izindi ku isi – ntiziguruka kandi zigaragara nijoro
Abaganga b’inyamaswa bo mu gihugu cya New Zealand barokoye inyoni ya gasuku (perroquet / parrot) yo mu bwoko bwa Kakapo bwugarijwe no gucika ku isi, mu gikorwa cya mbere kibayeho mu mateka.

Mu kubaga iyi nyoni imaze iminsi 56 ibayeho yari ifite umwobo mu mutwe wayo, aba baganga bakoresheje uburyo bumwe n’ubukoreshwa ku bantu n’izindi nyamaswa zo mu muryango w’inyamabere.
Ubu bwoko bw’inyoni bukomoka aha muri New Zealand, bwagiye bwibasirwa na barushimusi, kubura aho kuba ndetse no kuribwa n’izindi nyamaswa.
Ku isi ubu hasigaye inyoni 144 zo muri ubu bwoko.
Iyi nyoni izwi ku izina rya Espy 1B yabazwe mu bwonko, yavukiye mu birwa bya Codfish Island mu majyepfo ya New Zealand. Ubwo yari iri kwitabwaho mu ishami rya Kaminuza ya Massey yo muri iki gihugu ryita ku kubungabunga izi nyoni, ni bwo hatahuwe umwobo udasanzwe mu mutwe wayo.
MASSEY UNIVERSITY
Nuko iyi nyoni itwarwa mu ndege ku buntu na kompanyi y’indege y’iki gihugu, ijyanwa ku bitaro by’iyi kaminuza bya Wildbase Hospital ahakorewe uku kuyibaga mu bwonko kwanditse amateka.
Mu itangazo ibi bitaro byasohoye, umuyobozi wabyo Porofeseri Brett Gartrell yavuze ko hari hasigaye akantu gato cyane gatwikiriye ubwonko bwayo.
Yavuze ko umwobo wari mu mutwe wayo “watumye igice cy’ubwonko n’ikibutwikira gikomeye cyitwa ‘dura’ bisohoka”.
Yongeyeho ko uko kuyibaga mu bwonko “byo kwigerezaho” kwari ngombwa ngo bayirokore, ariko ko “nta gerageza na rimwe nk’iri ryari rwarigeze rikorwa mbere yaho mu buvuzi bw’inyoni”.

NEW ZEALAND DEPARTMENT OF CONSERVATION  Ku isi hasigaye inyoni nke gusa zo muri ubu bwoko
Kubaga iyi nyoni mu bwonko kwabaye mu cyumweru gishize kugenda neza, ndetse ubuyobozi bw’ibi bitaro bya kaminuza bya Wildbase buvuga ko iri “koroherwa mu buryo butangaje”.
Ubu bwoko bw’inyoni bwa Kakapo – bwa gasuku zibyibushye cyane kurusha izindi ku isi – ntiziguruka kandi zigaragara nijoro.
Izi nyoni zahoze ari zimwe mu ziganje muri New Zealand. Ariko kuri ubu, nkuko bitangazwa n’umuryango mpuzamahanga wo kubungabunga ibidukikije (IUCN, mu mpine y’Icyongereza), ziri mu cyiciro cy'”izugarijwe cyane no gushiraho”.
Skip to toolbar