Abaganga b’inyamaswa bo mu gihugu cya New Zealand barokoye inyoni ya gasuku (perroquet / parrot) yo mu bwoko bwa Kakapo bwugarijwe no gucika ku isi, mu gikorwa cya mbere kibayeho mu mateka.
Mu kubaga iyi nyoni imaze iminsi 56 ibayeho yari ifite umwobo mu mutwe wayo, aba baganga bakoresheje uburyo bumwe n’ubukoreshwa ku bantu n’izindi nyamaswa zo mu muryango w’inyamabere.
Ubu bwoko bw’inyoni bukomoka aha muri New Zealand, bwagiye bwibasirwa na barushimusi, kubura aho kuba ndetse no kuribwa n’izindi nyamaswa.
Iyi nyoni izwi ku izina rya Espy 1B yabazwe mu bwonko, yavukiye mu birwa bya Codfish Island mu majyepfo ya New Zealand. Ubwo yari iri kwitabwaho mu ishami rya Kaminuza ya Massey yo muri iki gihugu ryita ku kubungabunga izi nyoni, ni bwo hatahuwe umwobo udasanzwe mu mutwe wayo.
MASSEY UNIVERSITY
Nuko iyi nyoni itwarwa mu ndege ku buntu na kompanyi y’indege y’iki gihugu, ijyanwa ku bitaro by’iyi kaminuza bya Wildbase Hospital ahakorewe uku kuyibaga mu bwonko kwanditse amateka.
Mu itangazo ibi bitaro byasohoye, umuyobozi wabyo Porofeseri Brett Gartrell yavuze ko hari hasigaye akantu gato cyane gatwikiriye ubwonko bwayo.
Yavuze ko umwobo wari mu mutwe wayo “watumye igice cy’ubwonko n’ikibutwikira gikomeye cyitwa ‘dura’ bisohoka”.
Yongeyeho ko uko kuyibaga mu bwonko “byo kwigerezaho” kwari ngombwa ngo bayirokore, ariko ko “nta gerageza na rimwe nk’iri ryari rwarigeze rikorwa mbere yaho mu buvuzi bw’inyoni”.
NEW ZEALAND DEPARTMENT OF CONSERVATION Ku isi hasigaye inyoni nke gusa zo muri ubu bwoko
Kubaga iyi nyoni mu bwonko kwabaye mu cyumweru gishize kugenda neza, ndetse ubuyobozi bw’ibi bitaro bya kaminuza bya Wildbase buvuga ko iri “koroherwa mu buryo butangaje”.
Izi nyoni zahoze ari zimwe mu ziganje muri New Zealand. Ariko kuri ubu, nkuko bitangazwa n’umuryango mpuzamahanga wo kubungabunga ibidukikije (IUCN, mu mpine y’Icyongereza), ziri mu cyiciro cy'”izugarijwe cyane no gushiraho”.
The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life Read More »
April 20, 2026 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru biratangaza ko Jean Paul Turayishimye imbaraga yarafite z’u bumagigiri zarangiye. Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ngo na we yifuza Read More »
[The US president’s negotiations and ceasefires] are viewed by Tehran, Gaza and Beirut as infidels trying to tell Muslims what to do. For them, such a Read More »
EgretNews yagiye gushaka umuntu ukoresha aya mavuta ya collagen bivugwa ko akuraho iminkanyari, (wrinkles) nyuma yo kubona ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko ayo mavuta ya collagen Read More »
April 19, 2026 Uwiteka Imana Nyiringabo avuze ko akeneye abantu batera inkunga umurimo we wo guca imanza zitabera no gutegura itegekonshinga ry’Ubwami bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo bugendera Read More »
The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life Read More »
April 20, 2026 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru biratangaza ko Jean Paul Turayishimye imbaraga yarafite z’u bumagigiri zarangiye. Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ngo na we yifuza Read More »
[The US president’s negotiations and ceasefires] are viewed by Tehran, Gaza and Beirut as infidels trying to tell Muslims what to do. For them, such a Read More »
EgretNews yagiye gushaka umuntu ukoresha aya mavuta ya collagen bivugwa ko akuraho iminkanyari, (wrinkles) nyuma yo kubona ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko ayo mavuta ya collagen Read More »