Ubwami bw’Abega bugeze aharindimuka.

Amakuru agera ku nyangenewss.com, aturuka mu muryango uharanira ubwami bw’Abega Rwandese protocol for a Rwandan kingdom,RPRK,aravuga yuko uyu muryango wahoze witwa Rwandese protocol to Return the Kingdom RPRK,waje gusenyuka ikinyoma cyabo ubwo cyajyaga ahagaragara yuko badaharanira ubwami bw’Urwanda ahubwo baharanira ubwami bw’Abega b’Abakagara.


Iki kinyoma cyashyizwe ahagaragara n’umuhanuzi Majeshi Leon wakoranye nizo nkoramaraso,nyuma yaho akaza gutahura yuko bakorera leta y’Urwanda arinabwo bahise bamugambanira ashyirwa mu nzu y’imbohe.

 

Uhereye icyo gihe uyu muryango wahise usenyuka,batangira guhindura izina ry’umuryango,aho bahise biyita RPRK inyabutatu,icyo gihe bamaze guhindura amazina y’umuryango uharanira ubwami bw’Abega,inzego z’Umwami w’Urwanda zari zisanzwe zikorera muri Washington DC,zakomeje imikoranire myiza na department ya perezida wa leta zunze ubumwe z’America maze zitangira gushyira ahagaragara gahunda y’Umwami w’Urwanda iri zina RPRK rikaba ariryo inzego z’umwami zakoreshaga maze izi ntasi zihita zirihinduramo izina ryishyaka.

Ibyo mushobora kubisanga kurubuga rwabo rwitwa inyabutatu.com,ubwo gahunda yokugambanira Umwami bamaze kubona ko idaciyemo,bahise na none bongera guhindura izina ry’uwo muryango bawita Rwandese Protocol for a Rwandan Kingdom RPRK,inyabutatu.

Amakuru aturuka muri kommitte ya RPRK inyabutatu,aravuga yuko mukwezi gushize iryo shyaka riherutse gutangaza ibihuha bavuga yuko ngo umuyobozi wiryo shyaka Nkubito Eugene alis Munyandinda Mbayiha John ngo yakuwe kubuyobozi,ubwo Munyandinda yahise ahamagara Umwami w’Urwanda nkuko tubikesha umwe muriyo komitte udashaka kwivuga amazina kugirango ajye akomeza kutugezaho amakuru abwira umwami ko,ngo yakubiswe kudeta agakurwa kubuyobozi kubera guharanira ubwami bw’Urwanda.

Amakuru akomeza avuga yuko ngo Umwami w’Urwanda ngo yamusabye ko,niba ibyo avuga ar’ukuri ngo yandikire abanyarwanda abasabe imbabazi kumikorere mibi yaranze iryo shaka rihanira ubwami bw’Abega,akimara kumubwira gutyo gno bahise babona umutego bari bateze woguhitana Umwami w’Urwanda murwego rwokumwiyegereza ngo babone uko bamwivugana kuko bitari gushoboka yuko bashing ubundi bwami kandi n’ubwariho mbere ntaho bwagiye.

Kuwa 06 kamena 2014,ikinyoma cyahise kijya ahagaragara ubwo Nkubito Eugene Munyandinda yahise asohora itangazo mu izina ry’umuryango wa RPRK inyabutatu yamagana imvugo ya perezida kagame yokurasa abanyarwanda,aha rero ukibaza uburyo yakuwe kumwanya ndetse ntanagaragaraza uwamusimbuye uwariwe cyangwa irindi shyaka bashinze nkuko yatanze ibirego ku Mwami w’Urwanda.

Umutego mutindi ushibuka nyirawo agihagaze aho,ngaho rero niyongere ashake ibindi bisobanuro uburyo yongeye kuyobora umuryango yari yirikanywemo,kandi ibi byose bibaye mukwezi kumwe ,twabibutsa ko iri tangazo yatanze ryatangajwe n’ikinyamakuru inumanews.com,iri shyaka ry’Abega rikaba ryihishwe inyuma n’umuhutu urwanya ubwami witwa UTAZI RUBANDA ubu ubarizwa muri leta zunze ubumwe z’America.

Skip to toolbar