Ikinyoma cya Ruto cyajyanywe mu butayu bugufiya!!!

 

May 29,2024 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru (Heaven News Media Agency) biratangaza ko ingabo z’abega zishinzwe kulinda Umwakagara zoherejwe guhiga umucamanza uza imanza zitabera Umwami Kigeli Ndoli mu gihugu cy’Ibabyloni ngo zimuce igihanga, igihe cyazo cyo gukorera imilimo mibi yo gukiranirwa muri gihugu cyazirangiranye ari nta cyo zikoze.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli hari icyabaye mu gihugu cy’Ibabyloni kuko mbonye Kayumba Nyamwasa n’ingabo ze mbonye bahunga igitaraganya basubira mu gihugu cy’Ubuperesi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli ingabo z’abega hamwe n’ingabo z’abasinga bategeye kuri cyber aho basanzwe bategera, ariko uyumunsi ni wo wa nyuma bahawe bakaba bavuye mu gihugu cy’Ibabyloni kuko zari zihari mu buryo bunyuranye n’amategeko uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane rirambwira riti, dore ubutayu bwose bwo ku mpera hafi na ya Nyanja yo mu amajy’epfo y’uburasirazuba bw’Africa yo hagati bwuzuye amazi bwose uko bwakabaye ku buryo umwuka w’ikinyoma wari wihishe muri ubwo butayu agutegereje ahise acirwaho iteka rya burundu uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli manuka ujye mu butayu bwo ku mpera Uwiteka Imana Nyiringabo hari icyo ashaka ku kwereka.Ndamanuka ndagenda ngeze munsi y’umusozi mpasanga umwuzure wamazi yaturutse muri ya Nyanja iri ku mpera z’ubutayu maze ndakomeza ninjira muri uwo mwuzure nsangamo amasekurume y’ihene meza abyibushye (spirit of lies from Uganda and Kenya) kuko isekurume zimwe zavugaga ikigande naho izindi zavugaga (Swahili and kikuyu) ndazifata zose ndazihambira imigozi zicirirwaho ryo kuba mu butayu iteka ryose uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Ibiro ntaramakuru byo mu ijuru (Heaven News Media Agency) bikomeza bitangaza ko umwuka w’ikinyoma wari ku butegetsi mu gihugu cy’Ibabyloni igihe cyawo cyo gutegeka icyo gihugu kirarangiye. Akaba aliyompamvu ingabo zo mu gihugu cy’Ubuperesi zari zishinzwe guhiga Umwami Kigeli Ndoli zifatanije nizo mu gihugu cy’Ibabyloni zose zamaze gucirwaho iteka rya burundu.

Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ubutegetsi bwa Samuei Ruto bwose bwarangiye kandi ko bugeze kw’i herezo ryabwo, akaba aliyompamvu wabonye imyuka yose y’ibinyoma yakoreshaga mu butegetsi bwe (KK regime administrations) yose yamaze gucirwaho iteka n’ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

Mu gihe umunyakinyoma Samuei William RUTO alimo kwitegura gusubiza ubutegetsi bwa bandi yari yibye, abazimu na badayimoni bari bamushyigikiye balimo Uganda n’uRwanda nabo barimo kwitegura gufunga utwabo berekeza mu butayu bugufiya uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

 egretnewseditor@gmail.com 

Skip to toolbar