Magigiri z’Umwakagara ziratomboza nyamara kugigira ntabwo habamo gutomboza!!!

Reka nongere ntange amasomo kuri za magigiri z’abega, ni gute ubumagigiri buhuzwa nikoranabuhanga kugirango za magigiri zishobora kugigira abo zishaka guca ibihanga? Kugigira no kuba ukora imilimo y’ikoranabuhanga nimilimo ibiri (2) itandukanye ifitanye isano ariko itandukanye.

Imitekerereze y’ubumagigiri cyangwa gushimuta cyangwa se kwiba amakuru y’umuntu mu buryo butabigenewe, aha nshatse kuvuga ko watwara amakuru y’umuntu mutaganiriye ngo ayakwihere cyangwa abe ya yahaye undi muntu ibyo nibyo twita kwiba amakuru y’umuntu mu buryo butemewe n’amategeko.

Kwiba, gushimuta. uko wabyita kose iyo udakoresheje uburyo bigaragara cyangwa bufatika (physical appearance) cyangwa se ukoresheje iryo ikoranabuhanga byose bishingira kumakuru uba wegeranije cyangwa uba ufite, ukabasha kumenya uwo ugiye kwiba amakuru cyangwa se gumushimuta (wherever it is). Usabwa kuba ufite amakuru nyayo atarimo gukekeranya cyangwa gutomboza.

Iyo umaze guhabwa amakuru k’uwo mushaka kugigira cyangwa gushimuta, bisaba ko habaho umusesenguzi ugomba gusesengura ayo makuru (information’s) ndetse hasabwa n’umunyamategeko ugomba kureba niba ibyo mugiye gukora bitabangamiye amategeko. Mugihe byaba bibangamiye amategeko muramutse mufashwe bizasaba iki? Hazakorwa iki? Ingaruka zabageraho nizihe!??

Kwirengagiza ibi byose, ushingiye kuba uzatanga ruswa, har’igihe bibamo amahirwe macye abahanga bagafatira kuri ubwo buswa bwanyu bakabibyazamo Umusaruro ufatika. Gusuzugura igikorwa ugiye gukora sibyiza. bibaye ibyo. wabyihorera kugikora kuko uba wamaze gutsindwa ikizamini mbere yuko ugikora. Kuko bibaye ari uko bimeze nta bwo wa kwirirwa utekereza guhangana nicyo ugiye gukora kuko biba ari nta cyo bivuze!

Igikorwa cyose ugiye gukora wagatekereje ingaruka zacyo igihe waba udatunganije imigambi yicyo gikorwa cyiza cyangwa kibi ugiye gukora. Amakuru uba ufite ku muntu cyangwa ku gihugu cyangwa ku cyintu icyari cyo cyose niyo ashobora gutuma icyo ushaka kigeraho gitungana cyangwa kidatungana! Ariko ibyo za magigiri z’abega zibyuka zigahita zoherereza cash zicyuka zikoresheje PayPal transaction account zitazi ko nyifite cyangwa nyikoresha (PayPal) n’ubusazi kandi bigaragaza ubuswa burenze kamere

Gukora tracking ukabona aho umuntu yakoreye nta bwo biguha ikizere cyo kwandika email ngo wohereze umuntu ahagarare aho ngaho nuza kuza gukorerea muriyo cyber usome email ngo uwo mushaka murahita mu mubona cyangwa mu mufata ibyo n’ubuswa burenze kamere!!!

Email ushobora kuyohereza nkayibona nkayihorera nagera murugo nkabona kuyisoma kuko ari nta Wi-Fi mfite murugo nkamenya uwo uri we. Singombwa ko nyisomera muri cyber. Ikibazo mufite n’ugutekerereza abantu cyangwa umuntu ngo buriya ari bubigenze gutya na gutya!

Niba muhiga umuntu nkanjye, bisobanuye yuko mufite bwoba bw’uko byanze bikunze uwo muntu kubaho kwe bishobora kuzabagiraho ingaruka z’uko yazabakura k’ubutegetsi. Guhiga umuntu imyaka igera kuri (14) (that is almost one decade and half) bivuze ko uwo muntu nawe aba atoroshye aba abahagaritse imitima.

Icyo gihe cyose bigaragaza kuba inzego z’ubutegetsi ziriho ziba zidafite ubushobozi bwo kuba uwo muntu zamugereho. Icyo gihe ubutegetsi buba bukwiye gushakisha ubundi buryo butari ubwo guhiga umuntu ngo bamwice kuko biba byarabananiye, cyaretse niba inzego z’ubutasi zikoresha izina ry’uwo zihiga kugirango zibashe kwibonera amaronko zivuga ko zilimo kumuhiga.

Guhindura abayobozi b’inzego z’ubutasi kwa hato na hato bigaragaza kutazigirira ikizere, bituma inzego z’ubutasi zitakaza icyerekezo cyazo cyane iyo zikorera umuntu zidakorera igihugu. Inzego z’ubutasi nta bwo zishobora gushinga imizi iyo zikorera mu butegetsi bw’igitugu.

Kimwe mu bintu bituma inzego z’ubutasi zishinga imizi, niyo zidakorera itsinda rya politike runaka, cyangwa abantu runaka, cyangwa umuntu runaka. Zishobora gusa gushinga imizi kandi zigakomera iyo igihugu kigendera kumahame ya demokarasi (democracy). Iyo ubutegetsi basimburanwa mu mahoro aho niho honyine gusa inzego z’ubutasi zishobora gushinga imizi zigakomera.

Ariko iyo inzego z’ubutasi ndetse ni zindi zose z’igihugu zihindutse iz’umuntu ku giti cye, iyo avuyeho ku butegetsi na za nzego nazo zijyana nawe igihugu kikongera kubakwa bundi bushya. Aho usanga igihugu kidashobora gutera imbere kubera umwiryane wo kurwanira ubutegetsi bidashira aho usanga igihugu gitegekwa n’igisirikare kuzageza ibihe bitazwi ari na ko abaturage bakomeza kuhazaharira.

Ubutegetsi bujya busaza bukarambirana kugeza igihe isi yose irambirwa umuntu cyangwa abantu biganje ku ngoma igihe kirekire bitewe n’ubwoko bw’ubutegetsi. Reka dutange urugero nka South Africa mu gihe cya (patheid) aho Abongereza (United Kingdom) bakolonije S.A imyaka igera kuri (200). Igihe cyarageze bakurwa ku butegetsi. Reka tuvuge ubukoloni bwakolonije isi yose, igihe cyarageze birukanwa mu bihugu bakolonije. Byumvikana neza yuko nyuma yo gukurwa ku butegetsi ujya munsi yabo wategekaga ndetse bishobora kuzagorana kugirango uzagire ijambo nk’iryo warufite.

Kuba hariho abashaka impinduka gukuraho ubutegetsi buriho nibyiza, ariko na bwo bisaba kwitegereza neza niba aba bantu badashaka kudufatirana nk’uko rpf yafatiranye abantu bari mu bibazo by’ubuhunzi ikagera ku butegetsi yarangiza kugera ku butegetsi ikabahinduka. Bisaba kandi kureba neza bene abo bantu abari bo, amateka yabo, uko babaye mu butegetsi, cyangwa se niba batarabubayemo na byo byarebwaho. Ndetse wanareba imbaraga zabo bantu ziri inyuma yabashaka impinduka icyo zaba zigamije kigeraho bishobora kuguha ishusho nyayo yerekana uko ubutegetsi bw’uwo muntu buzaba bumeze.

NB: nta cyo byaba bimaze gushyigikira ubutegetsi buzajyaho nabwo bikazadusaba kongera kubukuraho kubera ko butakoze ibyo bwari bwemereye abaturage kubakorera. Impinduka iragoye kandi isenya byinshi, ariko habaye hariho ikizere cy’uko ubutegetsi buriho bugiye gukurwaho bugasimburwa n’ubundi buzubahiriza amahame ya demokarasi abantu bashobora gukorera hamwe bagafatanya bakabukuraho.

Urebye uko rpf yagiye ku butegetsi nibyo yakoze byose usanga abaturage yaba abatutsi bitirirwa ubwo butegetsi, cyangwa abahutu, ari nta cyo bungutse. Urebye intambara ya DRCongo imyaka imaze umutungo wasahuweyo wagiye mu mifuko ya bantu ku giti cyabo, hamwe n’ibihugu by’amahanga. Bananiwe gufata intara zari iz’uRwanda ngo bazigaruze, ahubwo bahugira mu gusahura ari na ko abaturage batuye muri zo ntara babuzwa amahoro aho usanga badafashwa na Leta ya Congo cyangwa se ngo bafashwe na Leta ya Kigali. Ariko byose nta kitagira iherezo ryaba ryiza cyangwa ribi ryitwa iherezo.

Gutinya ejo hazaza kubera ibyo wakoze birumvikana buri wese uzi neza ko afite ibyo azabazwa aba akwiye gutinya no gutitira kuko byanze bikunze atazabura kubibazwa. Ariko uwo mwanya ufite n’ubwo bushobozi warukwiye kubikoresha mu gushakisha uko wazava ku butegetsi neza utamennye amaraso nk’ayo wamennye Ubushize. Uko ugenda ugira ubwoba niko n’imbaraga zo gutegeka zigenda zirangira kuko ikizere warufitiwe kigenda kiyoyoka ndetse nabo bitwa ko bagushyigikiye nabo bagenda barushaho kugutakariza ikizere n’ubwo nta ushobora guhingutsa ijambo ngo abikubwire kubera kugutinya.

Ariko bibaye ar’ukuvuga ngo reka ntegeke nimvaho bazirwaliza, ibyo buri wese utemera amahame ya demokarasi ndetse akaba ari n’ingumba atarabyaye byaba ari byiza kuri we, usibye ko bitabura kuba igisebo ko asize umugani mubi mu bazamusimbura. Muri republika yemewe n’amategeko gusimburwa n’umwana wawe, cyangwa umugore wawe, byashoboka mu gihe gusa byaba biciye mu matora rusange y’umukuru w’igihugu aho abaturage bashobora gufata icyemezo hatabayeho kwiba amajwi yabatoye.

Ariko iyo ubwami bagendera ku itegekoshinga butari ku ngoma, bugasimburwa na republika itemewe na mategeko nk’uko muri gakondo bimeze, usanga abari inyuma y’ubwo butegetsi (mafia people) umugambi wabo ar’ugusahura umutungo w’igihugu bashyira mu mibifu byabo. Kuzarwanya bene iyi mikorere biragorana kuko usanga ar’uruvange rw’abantu n’ibihugu byivanga mu mitegekere y’igihugu abaturage ntibahabwe ijambo kandi nyamara ubutegetsi bubitirirwa. Aha niho bisaba ko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abyivangamo kuko umuntu atabishobora kuba hari icyo yabasha gukemura.

Iyo habayeho na none abarwanya Ubuhanuzi mu batavuga rumwe n’ubutegetsi kandi bwaratanze umurongo ngenderwaho uko ubwo ubutegetsi buriho buzakurwaho, bitwara igihe kirekire cyane kugirango ubutegetsi buriho bukurweho kuko yaba abashaka gukuraho ubutegetsi buriho ntaho baba batandukaniye n’ubutegetsi buriho burwanya Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Icyo gihe bose Uwiteka abashyira mu gatebo kamwe akabaheha kuko nta numwe uba yemera kugendera mu ijambo rye bigatuma ateza akaga gakomeye cyane bikabera isomo buri wese ku buryo nta uzongera gutinyuka gusuzugura Ubuhanuzi.

Muri gakondo hari ibice (5) by’abashaka ubutegetsi:

•Hari rpf iri ku butegetsi itifuza gukurwaho kuko batinye kuzabazwa ibyo bakoze.

•Hari Kayumba Nyamwasa na RNC bashyigikiwe na NRM ya Kaguta Yoweri Museveni.

•Hari igice cy’Abahutu bashiritse ubwoba barenga umurongo wa fpr bemera guhara ubuzima bwabo:

•Hari igice cy’Abatusi kilimo ibice (2) utamenya icyo bashaka cyangwa icyo badashaka uruhande baba bahagazemo, kuko bashobora kuba ibyo bavuga atari byo bemera, bikaba byagorana ko ukuri kwabo kwamenyekana neza ku buryo baramutse basimbuye abega na none byazatwara iyindi myaka myinshi cyane kuzahindura ikosa balimo guhishira kuko basa naho bemera Ubuhanuzi mu buryo buteruye (definitely they’re not) bisobanuyeko barwanya Ubuhanuzi kuko bubangamiye inyungu zabo.

Aha niho Ubuhanuzi bwo mu gice cya (297) cy’imanza zitabera z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, bwavuzeko abanyaMerica Bazashaka gushyiraho undi muntu uzasimbura Umwakagara uzaba atari Umwami Kigeli Ndoli, ariko Uwiteka Imana Nyiringabo akazabagwa gitumo. Aha nibabona bibananiye bazemera kuyoboka Ubuhanuzi kuko bazaba babonye ko bidashoboka.

Igice cya (5) n’igice cy’Umwami Kigeli Ndoli n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo hamwe na bantu be bashyigikiye ijambo ry’Uhoraho n’imanza zitabera, usibye ko ari bacye cyane. Abo nibo bahawe isezerano rya gakondo yabakiranutsi, abandi nibabona ko bananiwe inzira zabo zijemo amahari, niho bazabona kugaruka kuruhande rw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

Igihe balimo gutakaza, amashillingi bakabaye begeranya kugirango hakorwe ikintu kizima kandi gifatika, kuba barimo kurushya ubwenge ni mitima by ’abantu balimo kwibaza iherezo ry’ibi bintu. Ariko kuko bashaka ko icyubahiro kizaba icyabo bakazacyitirirwa ko aribo bakuyeho ingoma y’igitugu ya rpf, ubanza Uwiteka Imana Nyiringabo nawe atazabemerera ko bamutwara icyubahiro cye!!!

Sinzi wowe usoma iyi nkuru, umaze gusoma no kumva ibikubiyemo, wumva muri aliya matora azaba mukwezi kwa nyakanga 2024 arinde watsinda amatora bibaye ar’ibishoboka? Utwandikire utubwire igitekerezo cyawe ntabwo tuzatangaza umwirondoro wawe tuzawugira ibanga niba wifuza ko igitekerezo cyawe twagitangaza nabyo wabivuga tukazagishyira ahabona

 egretnewseditor@gmail.com

 

Skip to toolbar