RDF balimo kwivanga mu buhanuzi

 

12 April,2024 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru «Heaven News Media Agency» biratangaza ko mu ijoro ryakeye inama nkuru y’umutekano ya RDF security council committee yaraye iteranye mu buryo budasanzwe bwihuse kandi buhityeho. Yemeje itegeko ribangamiye abaturage ariko cyane ingabo za RDF, aho bemeje yuko umusirikare uzafatwa asoma Ubuhanuzi azahanwa byintangarugero.

Ubuhanuzi bukomeza buvuga kandi ko, ibihugu (3) ari byo Uganda, Rwanda. Burundi, abaturage babyo bakomeje gusuzugura imanza z’Uwiteka Imana Nyiringabo aho bakomeje kujya mu byumba by’amasengesho kandi Uhoraho Uwiteka Nyiringabo yarabihagaritse!

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli uburire abagore n’abagabo bakomeje kwinjira mu byumba by’amasengesho ko, Uwiteka agiye gukora ikintu gishya kizabahagarika umutima kubera kwanga kwumvira ijambo rye yategetse uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Comments:

Iki cyemezo kije nyuma yuko chief minister wa Kenya, cyangwa se mu mvugo imenyerewe prime minister Musalia Mudavadi kumunsi wejo taliki ya 11 April 2024 yemeje yuko ishyaka rye rya Amani National Congress ANC rigiye gusenyukira muri United Development Alliance UDA kugirango nazahangane na Raila Odinga uyoboye impuzamashyaka ya (Azimio La Umoja One Kenya Coalition) mu matora ateganijwe mukwezi kwa munani (kanama 2024) uyu mwaka.

NB: Ariko nubwo Prime minister umwanya utemewe mu utegekoshinga rya Kenya, Musalia Mudavadi yavuze ibyo, ntabwo byari byatangazwa ku buryo bweruye yuko ububiko bw’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu SERVER yafunguwe, kugirango hamenyekane uwatsinze amatora ya 2024. Gusa ikigaragara n’imyiteguro yo gutegura amatora aho bavugaga ko bari mu myiteguro ya 2027, mu gihe itegeko shinga riteganya ko, imyiteguro ya matora itangira hasigaye imyaka (2) ngo habe amatora rusange.

Biragaragara yuko balimo gusiganwa n’igihe cyo kugirango babone umwanya wo gusubizaho akanama gashinzwe amatora ka IEBC, kugirango kazabone umwanya wo gutegura amatora rusange.

 egretnewseditor@gmail.com 

Skip to toolbar