Ku kimihurura imbwa zigiye kurya watermelon ziryoshye!

General Muhoozi nareke ibigambo byo mucyuka na twereke ibikorwa Museveni yagiye azamura umuhungu we mu ntera za gisirikare, agenda amugwizaho amapeti nk’imvura yamahindu.

Ku myaka 50 kuba ageze ku ipeti rya General mu gihe ipeti rya LT General atarimazeho ni myaka (3) ni bintu bitera benshi kwibaza ikibyihishe inyuma aho bamwe bavugako alimo kumutegura ngo azamusimbure ku ntebe.

Nyuma yuko Gen. Muhoozi Keinerugaba avugiye amagambo asuzugura igihugu cyacu cya Kenya,aho yavuze ko, yafata umurwa mukuru wa Nairobi we n’ingabo ze mu byumweru bibili.

Museveni yahise amushimira amuzamura mu ntera ava ku ipeti rya LT General aba General wuzuye. Ubusanzwe Museveni niwe wari LT General, none iryo yakabaye yiha, arihaye umuhungu we.

Nta mpaka za politike cyangwa guhangana gushingiye ku bikorwa bidasanzwe by’uhahirane cyangwa se ubucuruzi, cyangwa ku mipaka y’ibihugu byombi hagati ya kenya na Uganda.

Ku buryo Muhoozi yavuga amagambo akomeye ashaka gutera ubwoba igihugu cya Kenya. Ariko mu giswahili baca umugani ngo, “ivumayo haidumu” bisobanurako, idebe lilimo ubusa niryo rihuhwa numuyaga.

Ariko n’ibisanzwe amenyerewe gushaka kwimenyekanisha cyane yitwaje ibibazo bya diplomacy hagati y’ibihugu biba bihanganye aho umwaka ushize yarashyigikiye inyeshyamba zirwanya Leta ya Ethiopia mu ntara ya Tigray.

Uku gushaka kwimenyekanisha mucyuka gusa ari nta bikorwa, bifatika yakoze muri politike, cyangwa se ngo abe yarayoboye nk’ingabo zishinzwe kugarura amahoro kw’isi za UN.

Reka da! Nicyuka gusa. Yewe nta nubwo yigeze ajyana n’ingabo za UPDF muri Somalia kugarura amahoro muri icyo gihugu abisoma mu mpapuro.

Ubushize nabwo yashyigikiye inyeshyamba zirwanya Leta ya DRCONGO za M23, nabwo yanditse ubutumwa kuri twitter byateje umutekano mucye hagati y’ibihugu byombi ku buryo byanahagaritse ibikorwa remezo Uganda yakoreraga muri Drcongo.

None yadukiriye igihugu cyacu cya Kenya, niba yifuza kumenyekana, nahitamo kuva mu gisirikare akore politike, ariko areke kwitwaza igisirikare kandi anakora politike ibyo bisa no gusarura aho utabibye.

Museveni yararushye, ubusanzwe nindushyi kiliya gihugu yagifashe ku gatuza. Muhoozi ise arwana intambara ya mbere na Obotte bakuraho Iddy Amin Dada, yari Denmark yiga amashuli. Yagarutse muri Africa ise yarafashe ubutegetsi. Ntiyigeze aba indushyi nka se.

Yahiga iki mu bagabo? Yakozi iki? None ibigambo yandika kuri twitter nibyo bizamugira intwali? Cyakora nashaka kumenyekana binyuze mu maraso nk’uko ise yabigenje, yarakwiye kujya gutabara ibihugu biri mukaga nk’uko Museveni yagiye kurwana Mozambique.

Naho kuvuga gusa, we are not interested. Just do it. Gambling will not help, but action can speak without mouth. Museveni ari gukoresha umuhungu we ngo amenyekane ariko yabuze uburyo yabikoramo.

Free advise, kura umuhungu wawe mu gisirikare, maze yinjire muri politike, arwanye igitugu cyase, umushakire igisirikare bazakorana maze bagukorere coup hanyuma ajye kubutegetsi ategure itegeko shinga arisubize uko ryahoze nibura ntazabura gutegeka manda ebyeri arekure ubutegetsi azaba ageze muri za 60 atahe ajye kunywa inzonga asinde neza afite abamugaragiye.

Ariko ibyo by’icyuka ntabwo mw’isi bikora. Uko niko umwakagara yiyitiriye ubutwali bwa General Gisa Fred Rwigema. Kandi yiberaga Mbarara yirira omelet anywa n’amata abandi bahangayika kurugamba.

Mutegereze gatoya muzumva na Cyomoro nawe ntaza kubura ibisazi yadukana. Aho azaba ashaka kwimenyekanisha. Iyi miryango ifite amahirwe yo kugirira abantu neza, no gukora ibikorwa by’ubufasha byatuma bamenyekana mu bikorwa byiza kandi bitanga ikizere cyejo hazaza. Ariko nibo basahura umutungo w’igihugu bagakenesha abaturage barangiza bati turi intwali.

Museveni afite ubwoba bw’intambara ilimo kubera muri Ukraine aho atekereza ko, intambara ya lll y’isi yose igiye gukongezwa. Kuko Putin yavuze ko noneho agiye guhangana na America amaso ku maso.

Ni kimwe mu bintu byatumye Museveni mu minsi yashize akura umuhungu we mu gisirikare, yaralimo gushakisha icyerekezo hagati aho aba amuhaye ikiraka cyo gutoza ingabo za Tigray zitorezaga muri Uganda nyuma yo gusubizwa inyuma n’ingabo za Leta ya Ethiopia.

Amakuru amaze kumenyekana ko, balimo gutoza ingabo za Tigray, umubano wa Uganda na Ethiopia wajemo igitotsi biba ngombwa ko diplomats ba Uganda bajya Addis Ababa kujya kwisobanura binyuze muri African Union.

Museveni amaze kubona ko Ukraine igenda yisubiza uturere tumwe na tumwe, ingabo za Russia zilimo kugenda zisubizwa inyuma, nibwo yahise azamura umuhungu mu ntera amugira general.

Twibutseko Museveni n’Umwakagara bashyigikiye aba Communist (China and Russia).

Aha birabe ibyuya ntibibe amaraso kuko nabonye imbwa zirya watermelon ku kimihurura. Zari zibyibushye nk’izo muri 1994.

Nabonye ibiti byinshi biteye mu murwa mukuru w’Isalem byose bitemwa na Malaika biragwa. Naho ADEPR yo, yabaye isibaniro ry’abega n’abadayimoni mwiyeze kandi cyane imbwa zifite inyota nyinshi yo Kurya watermelon.

Ese ko mbona bafashe iyo mu burengerazuba, aho bazagerayo? Mbiswa da! Ndabona igihugu kigaruwe gikurwa mu maboko y’imandwa maze gihabwa rukara rwigisage. Yewe ubanza bitazoroha.

Man propose, but God of heaven disposal. Think twice otherwise it will not be easy. When you embark your journey for revenge dig two grave.

Skip to toolbar