Perezida Biden yasabye ubutasi bw’Amerika kumuha iyo raporo ku nkomoko ya Covid mu gihe kitarenze iminsi 90
Biden yategetse inzego z’ubutasi kumuha raporo yihutirwa ku nkomoko ya Covid,Perezida Joe Biden wa Amerika yategetse nzego z’ubutasi za Amerika guperereza ku gutangira kwa Covid-19, mu gihe impaka ku nkomoko y’iyi virus ziyongereye.
Perezida Paul Kagame w’u Rwanda yakira Emmanuel Macron w’Ubufaransa
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron kuri uyu wa kane yemeye uruhare rw’igihugu cye muri Jenoside yabaye muw’1994 mu Rwanda, ku kuba cyarashyigikiye leta yakoze Jenoside kikirengagiza imiburo y’ubwicanyi bwendaga kuba. Bwana Macron abaye perezida wa mbere w’Ubufaransa usuye u Rwanda kuva muw’2010.
Mu cyumweru gishize i Paris Perezida Paul Kagame n’umugore we bakiriwe na Emmanuel Macron n’umugore we
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron arasura u Rwanda kuri uyu wa kane mu ruzinduko rw’amateka rubonwa nk’intambwe ya nyuma yo guhindura umubano wabaye mubi kuva mu myaka irenga 25 ishize.