Uyisengera kwishyiga ikagusiga Ivu!

Dosiye ya Bishop Rugagi, Apôtre Rwandamura na bagenzi babo yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Uko ari batandatu bakurikiranyweho icyaha cyo ‘gukoresha inama mu buryo bunyuranyije n’amategeko no kurwanya ububasha bw’amategeko’.

Umushinjacyaha Mukuru, Mutangana Jean Bosco, yabwiye IGIHE ko dosiye ubushinjacyaha bwayakiriye ku wa Mbere tariki 12 Werurwe 2018, aho kugeza ubu bukiyisesengura.

Ubwo aba ba pasiteri bafatwaga, Polisi y’Igihugu yatangaje ko bashatse kubangamira gahunda yo kugenzura insengero zitujuje ibisabwa bakoresha inama zitemewe mu bice bitandukanye.

Mu nsengero zafunzwe harimo urwa Redeemed Gospel Church Rwanda ruyoborwa na Bishop Rugagi ndetse n’iz’abandi bavugabutumwa batandukanye.

Biteganyijwe ko ubushinjacyaha ari bwo buzafata umwanzuro wo kuregera iyo dosiye urukiko mu gihe busanze bufite ibimenyetso ku byaha abo ba pasiteri bakurikiranweho.

 

Rugagi na bagenzi be barashinjwa gukora inama zitemewe zigamije kubangamira gahunda y’ifungwa ry’insengero

 

Bishop Rwandamura ni umwe mu batawe muri yombi

 

Pasiteri Dura James nawe ari gukurikiranwa n’ubutabera

 

Fred Nyamurangwa wo mu Itorero rya CELPR ni umwe mu batawe muri yombi

 

Pasiteri Ntambara wamamaye ku maradiyo atandukanye yigisha ijambo ry’Imana nawe ari mu maboko ya polisi

 

Skip to toolbar