Niki kigiye gukurikiraho nyuma yisenywa ry’amadini nk’uko Uhoraho Nyiringabo yabivuze!?

Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi, mbona abayobozi ba bashaka gusarura aho batabibye, kandi bagashaka umukamo w’izo bataragiye! Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ubwire abayobozi bamadini uti, uku niko Uwiteka Imana Nyiringabo avuga, ni kuki mushaka gusarura aho mutabibye? Kandi niki kibashishikaje cyane gushaka umukamo w’izo mutaragiye? Uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abaza!
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, bwira abo banyamadini ko ibyo mukorera intama zanjye mwibwira yuko ntabibona, nyamara ndabibona nkabihorera, ariko noneho amarira y’ubwoko bwanjye no gutabaza kw’intama zanjye bimaze kugera imbere yanjye! Nukuli nukuli ndirahiye mu izina ry’Uwiteka Imana Nyiringabo yuko ngiye guhorera ubwoko bwanjye bidatinze kandi byihuse cyane kugirango mu menye neza yuko mwagenje nabi uko bitari bikwiriye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ngiye kwegeranya ubwoko bwanjye, maze mbahe undi mushumba, kuko abayobora intama zanjye biyise abashumba kandi ntarigeze mbaragiza intama zanjye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, kuri wa munsi, ubwoko bwanjye buzamenya yuko nd’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Intama zanjye nza zegeranya nzishyire hamwe kugirango nzirinde ba rushimusi bigize abashumba bazo kandi ntari geze mbaha kuragira intama zanjye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, nzahora inzigo kandi cyane, abashumba bose baragiye intama zanjye kandi ntarigeze mbagira abashumba bazo, nzahora kandi cyane, ku buryo bazicuza impamvu bigize abashumba bu bwoko bwanjye uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Icyo gihe nikoko narimanukiye ndirebera nsanga urusaku rwabo rufite ishingiro, none namwe ndaje ndimanukiye nitegereze urusaku rw’umukumbi wanjye nimba koko arukuli maze nanjye nzatabara umukumbi wanjye kuko uragiwe namasenga aryana yishushanije nk’intama kubera kwambara uruhu rwera nyamara imbere aramasega aryana uko niko Uwiteka avuga.
NB: Nukuli nukuli sinzabura guhorera intama zanjye kuko zakorewe ibitari bikwiriye, intama zanjye zarazwe zigarurirwa ni birura, baziryamo izibyibushye, bisigariza izinanutse bategereje yuko zibyibuha. Nanjye niyompamvu ngiye kubakoza isoni nka bajyana mu butayu bugufiya kugirango bamenye yuko bakiraniwe kandi bishe amatwi banga kumva igihe cyose navuganye nabo binyuze mu kanwa k’Umuhanuzi umugaragu wanjye (Majeshi Leon Ainesha) uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ubwoko bwanjye buranyotewe cyane, kandi burashonje cyane, kuko nta bashumba bafite bashobora kubashakira iriba ry’amazi meza afutse kandi amara inyota atarimo umunyu cyangwa asharira, kuko abashumba bazo banezezwa no kuziryamo izibyibushye uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo afite agahinda ko mu mutima kandi cyane, nyamara mu gihe kitari kirekire agiye gukora ibikomeye cyane mu isi ya bazima ahereye muri gakondo ya bakiranutsi kuzagera kw’isi yose uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi mbona Ibinyabiziga (2) biparitse bya buze abayobozi ba byo ngo batware abantu.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abashumba bayoboye amadini (God’s sheep) amadini yabo ngiye kuyahagarika kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo kuko bakomeje gukiranirwa no kuyobora ubwoko bwanjye nabi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore umurimo uragutegereje kugirango uwukore, none saba Uwiteka akongere imbaraga ububasha n’ubushobozi kuko umurimo ari mugari cyane, ariko abasaruzi bakaba ari bacye cyane uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ko maze kwandika ijambo ry’ubuhanuzi bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo no kuritangaza, maze mbona abanyamadini bahise bakora inama bamaze gusoma ubutumwa bubareba, maze bagambirira kuncisha igihanga kugirango ibya bahanuweho bitazabasohozaho nkiriho uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, bwira ubwoko bwanjye bwose bakore amasengesho kugirango mburizemo izo mbaraga z’umwijima zishaka gusenya umurimo w’Uwiteka Imana Nyiringabo ugeze ahashimishije n’ubwo umwanzi adasiba kugambanira uwo murimo wanjye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abafarisayo bamaze kumenya ko watahuye gahunda yabo yo gushaka kurimbura ubugingo bwawe, none bakajije umurego bakoranye na Leta y’Umwakagara Paul Kagame umwana w’umwega uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, abo bashumba bumvikanye na Leta y’Umwakagara Paul Kagame ngo bashakishe ibirego bagushyiraho by’uko bafashe umukobwa cyangwa umugore ku ngufu kugirango ujyanwe mu nzu y’imbohe uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Maze ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, inkozi zibibi zagize ubwoba bwinshi cyane, kuko imigambi yazo uhita uyibona ukayishyira ahabona bigatuma udashobora gutabwa muri yombi uko niko Uhoraho UwitekaNyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, izo nkozi zibibi zifite ubwoba bw’amasezerano wasezeranijwe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo yuko ngo ari wowe uzasimbura Umwakagara Paul Kagame n’ubwo wagiye ubyandika mu marenga ntibabuze ku bitahura bavuga yuko ngo uramutse wimye ingoma wakuraho amadini yabo, ariko nyamara uwo biringira niwe uzakora ibyo bagutekerezaho uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona abo muri gakondo ya bakiranutsi ko bagiye guhura na kaga kihuse kandi gakomeye cyane, mbona barimo kurya ibigori (bisobanura ibigeragezo byihuse) (maize means instant temptations).
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abatuye muri gakondo ya bakiranutsi binjiye mu igeregezwa ryihuse kubera batumviye ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo kuko bananiwe kuyizera none baguwe gitumo uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, burira ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo aho bari hose ku isi, kugirango basenge kandi biyirize kubera ubupfapfa bwa beneso kugirango amasengesho ya bera abashe kubaramira, naho ubundi karabaye kandi bagushije ishyano kuko babaye abanyantegenke bananirwa kwiringira ijambo ryavuzwe nUmuhanuzi Majeshi Leon Ainesha uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore umwana w’umwega Umwakagara Paul Kagame agiye gufungirana abaturage batuye muri gakondo ya bakiranutsi aratinya yuko bahunga gakondo ya bakiranutsi bakazifatanya n’uwo yita umwanzi w’igihugu bakamukura ku ngoma, ariko umubwire uti, uku niko Uwiteka Imana Nyiringabo avuga, nta mwana w’umuntu uzagukura ku ingoma atari Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo yabitegetse! Uzabigerageza wese azahura na kaga gakomeye cyane, kuzageza igihe cyategetswe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, Leta na banyamadini bahangayikishijwe ni uko ugiye gukurwa mu gihugu cy’Ibabyloni ngo ntibazabone uko baguhitana. Ariko ubabwire uti uku niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo avuga, dore nd’Uwiteka Imana w’ifite imibiri byose, mbese hariho icyananira?
Jeremiah 32:27 “Behold, I am the Lord, the God of all flesh. Is anything too hard for me“?
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uhanurire aba Police b’Umwakagara ubabwire uti, uku niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo avuga, dore mwica abantu badafite urubanza, kandi mukirinda ku bajyana mu butabera kuko muba muzi yuko ari nta cyaha bafite.Ariko igihe kiraje kandi kirasohoye byose uko mwabikoze mwiringiye Umwakagara Paul Kagame, ibyo byaha byanyu byose nzabishyira kumurongo byose muzabibazwa kandi muzabyushyura mu menye neza yuko muzashyirwa murubanza kandi mutazabura guhanwa kuko abantu banjye mwinshi ntarubanza rwali rubariho uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
egretnewseditor@gmail.com