Uwiteka yategetse ko abapfuye bagiye kuzuka!!!

 

May 25, 2024 ibiro ntaramakuru biratangaza amakuru akurikira, ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho cyane rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli utangarize abatuye isi yose ibigiye kuba mw’isi bitegeze bibaho kuva isi yaremwa. Nibiteye ubwoba cyane mu bwenge bw’umuntu kuko yabyumvishaga amatwi ariko noneho agiye kubirebesha amaso ye uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona habaho umuzuko wa bantu bapfuye! Habanje kuzuka abagore gusa! Cyangwa se igitsina gore (female sex) bazaga bagenda baguruka bagenda hejuru mu kirere kandi ari nta mababa bafite. Baraza bahagarara iruhande rw’inzira. Buri muntu yarafite ishusho yarafite mbere yo gupfa, kandi wabonaga basa neza batananutse.

NB: igitangaje nta bwo abakiri kw’isi batari bapfaho bagezeho babishimira cyane abagore bagenzi babo! Ahubwo wabonaga badashaka no kubareba ngo barebe ko bamenyamo ababo bapfuye cyara!!!

Aba bari bazutse bwa mbere bose bahurizaga kungeso imwe (aggressive) bari bafite umujinya mwinshi cyane kubera babonaga abagore bagenzi babo batabitayeho ndetse bigera naho bashaka gutangira intambara kuko bari bafite ubushobozi bwo gukora icyintu cyose kibi bashaka barangiza bakaguruka bakajya ahandi hantu bashaka, maze Leta zirabafata zibashyira ahantu hamwe kugirango babashe kwitabwaho.

Ikindi kintu gitangaje cyane muri bamwe bazutse bo muri abo bagore, batangajwe no kuba intumwa ya SATANI PAUL GITWAZA Muhirwa yaba ariho ari muzima ngo kuko bamwe muri abo bari barapfuye bakongera kuzuka bajyaga bamubona ikuzimu bakubwira yuko yapfuye akaba ari kumwe nabo!!! Ngo bakaba batangajwe ni uko ariho ari muzima akomeje ibikorwa bye kw’isi ya bazima.

Ikindi gitangaje cyane, ni uko bamwe mu bayoboke ba Paul Gitwaza banze kwizera no kwemera ibyo abo batangabuhamya bazutse bavugaga kuko byagaragaraga yuko ibyo bavuga ar’ukuri kwuzuye.

Ubuhanuzi nti bwasobanuye impamvu hazutse abagore gusa, kandi nti bwavuze nyuma yo kuzuka kw’abagore niba hari undi muzuko wabagabo uzakurikiraho ubwo n’ugutegereza.

Birumvikana ko abapfuye kuva isi yaremwa ari benshi cyane, ndetse bamwe bazasanga ibihugu bari batuyemo yarahindutse, bashobora kuzagira ikibazo cyo kuzamenya abantu babo n’aho bari batuye cyera ku badafite amahirwe yo kuzasanga ibihugu byabo ni miryango yabo yaba ikiriho.

 egretnewseditor@gmail.com

Skip to toolbar