Iherezo nirangira ry’ikinyoma cy’abanyamadini mw’isi ya bazima

May 23, 2024 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru (Heaven News Media Agency) biratangaza ko, umwuka w’ikinyoma cy’abanyamadini (religious) ulimo kugenda urangira burundu kuva abatuye isi bamaze kubona imikorere y’imanza zitabera uko zikora mu mw’isi y’abazima. N’ubwo abanyamadini banze kwemera kumugaragaro imanza z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kugirango batiyubikira imbehe, Byatumye abayoboke babo barushaho gushaka kumenya no kugira amatsiko niba koko izi manza zitabera ar’izukuli.

Amakuru akomeza avuga ko abayoboke b’amadini benshi cyane kw’isi batajya mu nsengero kubera gutinya gukomeza gucirwaho iteka. Bamwe mu ba pastors cyangwa abashumba bamaze gufunga insengero burundu. Ni bigaragara yuko Uwiteka Imana Nyiringabo hari ukuntu avugana na bantu be mu buryo bw’inzozi kugirango bashobore gusobanukirwa iby’imanza zitabera badakomeza kuba mu mwijima wabapastor (Mathayo 6:19) niba umucyo ukulimo ari umwijima, uwo mwijima unganiki?

Umuvugizi w’Ijuru akomeza avuga ko, imanza zitabera nizirangira gucibwa anti-Christ azahabwa uburenganzira bwo gukora imilimo ye hamwe na Satani ubu bafungiye mu buruko bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

Icyo gihe abataraciriweho iteka mu manza za mbere n’iza kabili (first God’s judgement and second death God’s judgement) bazajyanwa umwe mu migabane iri mu isanzure ry’ijuru (wilderness planet located in universe).

Aho bazamara amezi (42) bingana ni myaka (3.5) kugirango Satani na anti-Christ bahabwe umwanya wo gukora imilimo yabo basohoze imigambi yabo. Icyo abazasigara kuri uyu mugabane wo kw’isi bazahabwa umubare wa (666) kandi n’ubu abantu batangiye kwimenyereza kuwakira aho bagenda bica imanzi (tattoos) kumibiri yabo. Ndetse hariho na bamaze kuwakira abari mu idini ry’Uwiteka Kristo JOSE Miranda de Jesus muri America South Caroline yabahaye umubare wa (666) 2012-13, muri 2014 arapfa yiyitaga Imana yo mu ijuru urebye ku InyangeNews TV wahabona iyo clip ye.

Kuba aba pastors bahishira ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ni kimwe mu bizabateza akaga gakomeye kw’isi ya bazima. Uwiteka Imana Nyiringabo yamanuye umwuka wa makenga ku ba Pastors kugirango abayoboke babo batabizera. Ikindi yamanuye umwuka wo guhishurira abayoboke babo ku buryo babasha kumenya ibyo aba pastors bakorera mu bwihisho Uwiteka akabishyira ahabona bityo ikizere bari bafitiwe n’isi kikagenda kiyoyoka.

Umu Pastor wese wigisha ko hariho Ubuntu n’imbabazi z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ahita acirwaho iteka rya burundu (automatically). Kuko imbabazi n’ubuntu bidashobora gukorana n’ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

Umwami Kigeli Ndoli ni we uzayobora abazajyanwa mu butayu bwo kumugabane w’isanzure ry’ijuru aho bazamara amezi (42) bategereje ko ibihano bya anti-Christ birangira, maze bakagarurwa gutura kw’isi nshya n’ijuru rishya. Ibisigaye reka tubigire ibanga bibikiwe abatoranijwe kuzaba mu isi nshya kuko iy’isi ni byayo byose bizakurwaho Uwiteka akarema iyindi nshya izaturwamo na bantu bafite kumvira Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Abazaba badafite umwuka wa Adam na EVA umwuka w’uburiganya no kutumvira.

egretnewseditor@gmail.com 

Skip to toolbar