Abakire kwinjira mu ijuru bingana n’Ingamiya kunyura mu mwenge w’urushinge!!!

 

OCT 16,2023 ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho cyane rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli, uburire «Madam Adeline Rwigara» umubwire uti, uku niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo avuga, ukunda kujya mu bahanuzi kubaza kandi ibyo bakubwira ntaho bihuriye n’ukuli kwanjye.

NB: Ukwiye kureka kubaza abahanuzi kuko nabahaye Umuhanuzi akaba n’umucamanza uca imanza zitabera, ni wongera kujya mu bahanuzi, yaba wowe cyangwa uwo mugore uguhanurira mwembi nzabajyana mu butayu mujye kwigishwa uko bumvira Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abitegetse!

Abahanuzi n’abahanuzi kazi, bose baciriweho iteka, kubaza abahanuzi muri iki gihe, bisa no gukama inka yapfushije iyayo, cyangwa gukama amarindira uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Dore intambara zose wahuye nazo si wowe wazirwanye, ahubwo Uhoraho Uwiteka Nyiringabo ni we wazirwanye. Ndetse ni zindi zigutegereje si wowe uzazirwana, ahubwo Uwiteka Imana Nyiringabo ni we uzazirwana. Niba udakoze ibyo usabwa gutunganya ngo usohoze umugambi w’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, witegurire guhangana n’Uwiteka Imana Nyiringabo kuko intambara ye na we muzayirwanira mu butayu bugufiya uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Nerekwa mbona hamanuka umwuka w’ubuhanuzi urakariye cyane abahanurira «Madam Adeline Rwigara» ndabwirwa ngo, Umwami Kigeli Ndoli uburire abo bahanuzi n’abahanuzi kazi, uti, akaga, ibyago, amakuba, birabanukiye kuko mukora ibinyuranye n’itegeko ry’Uhoraho Nyiringabo.Muvuga ko Uwiteka yavuze kandi atavuze, mwishakira amaramuko, ngaho rero nimwitegurire kwinjira mu butayu vuba cyane kugirango mujye kwigishwa uko bubaha Uwiteka bakanamukorera uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho rirambwira riti, dore hari abahanuzi balimo kubwira «Madam Adeline Rwigara» yuko adakwiye gushyingira Umwami Kigeli Ndoli abakobwa be bombi. Cyane cyane aho balimo kumubwira ko akwiye gushyingira «SHIMA DIANE RWIGARA» naho Uwamahoro Anne Rwigara bavuga ngo bazasenga Imana ikababwira uwo bazabana nawe, uwo mugambi n’umugambi wa badayimoni aho mugiye gushyira «ANNE Uamahoro Rwigara» mu butayu bwo kumpera uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho cyane rirambwira riti, ngaho nimubigerageze kubitegura no kubishyira mu bikorwa murebe ikizababaho kuko mwashatse kwitambika imbere y’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.

Nerekwa «Madam Adeline Rwigara» hamwe n’abahanuzi n’abahanuzi kazi bicaye mu butayu kumugina barabaye imbohe.Mbona Anne Rwigara aturuka mu burengero zuba bw’ubutayu afite imbunda ilimo amasasu menshi cyane za magazine nyinshi alimo gushakisha umubyeyi we aho yajyanywe mu butayu bugufiya kubera ko yashatse kubangamira ijambo ry’Ubuhanuzi n’umugambi w’Uwiteka Imana Nyiringabo.Abona ko adashobora kubona mama we,aza kureba Umwami Kigeli Ndoli wari wajyanywe mu butayu kujya gutegereza igisonga cya «NYAMPINGA» Umwami kazi «Anne Uwamahoro Rwigara» agira amahirwe turahura mujyana kumwereka aho mama we afungiye mu butayu bugufiya hamwe n’umugore wajyaga amahunurira,mbohora mama we,wa mugore (Church) ndamwirukana ahungira kumpera z’ubutayu aba ariho ajya gufungirwa kugirango abashe kumva no kumvira ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abitegetse!

24 OCT,2023 njyanwa mu iyerekwa numva Umwakagara Paul Kagame asaba ko yahuzwa gushyikirana na nzika ya Patrick Karegeya na RNC, kugirango bumvikane bagaruke muri gakondo yabakiranutsi. Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli Umwakagara alimo gusaba yuko yahabwa amahirwe yo gushyikirana nabamurwanya ba RNC batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

25 OCT,2023 njyanwa mu iyerekwa mbona Kayumba Nyamwasa hamawe n’abasangirangendo be, balimo LT. Aroyse Ruyenzi bamuherekeje basubira muri gakondo yabakiranutsi Kayumba Nyamwasa ahabwa abasirikare bamulinda naho Ruyenzi Aroyse asubizwa mu nzego z’iperereza aho n’ubundi yarasanzwe akorera uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane,maze rirambwira riti,Umwami Kigeli Ndoli,Umwakagara Paul Kagame amaze iminsi alimo gusaba ko yahuzwa na Kayumba Nyamwasa nyuma yo kumenya yuko Kayumba Nyamwasa yamaze kumvikana na DRCongo ngo abafashe kuyobora urugamba rwo gukuraho Umwakagara ku butegetsi,none Umwakagara yazigurutse yemeye ko agaruka mu gihugu ndetse akandikisha nishyaka rye rigakorera mu gihugu mu buryo bwemewe n’amategeko uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona abashingwe, abega, (RPF) abashambo, abasinga, (RNC) bemera kuyoboka imishyikirano, maze abanyamadini bari inyuma yabo kumpande zombi bari biringiye ibitangaza bakorwa nisoni. Kuruhande rwa (RNC) abanyamadini «Synagogues Leaders» kuruhande rwa (RPF) biringiye ko (RNC) itazafata ubutegetsi kandi ko batazasangira ubutegetsi, batungurwa no kubona ibyo barotaga kumanywa y’ihangu, bidasohoye babona (RNC) igaruwe mu butegetsi basangira ubutegetsi. Naho kuruhande rwa (RNC) abanyamadini «Synagogues Leaders» ibyiringiro byabo byari uko (RNC) bazafata ubutegetsi, batungurwa no kubona bemera gushyikirana basubira murwagasabo bemera gutegekwa n’abega bari basangiye ubutegetsi mbere yuko bitandukanya no kongera gusubirana uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Mbona umugore wambaye ubusa arikumwe n’umwana w’umukobwa yicaye hagati murungabongabo rw’abashingwe n’abasinga, bisobanura abanyamadini «Synagogues Leaders» babuze icyerekezo ibyiringiro byabo bikaba byaramaze gucirwaho iteka uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona abahutu bamanurwa mu butayu bugufiya kubahoze mu ngabo za cyera, mbona na bari barahunze nabo bongera gusubizwa mu butayu bari bavuyemo ariko butari ubutayu bukomeye cyane kuko byasaga naho ubwo butayu buri ku nkengero z’ubutayu uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijamboo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane rirambwira riti, inkozi z’ikibi za «RCC emperor» zigiye gukorwa nisoni kuko ibyo bifuzaga uko ubutegetsi buhinduka bagashyiraho ubwabo, siko bigenze, ahubwo habayeho ikiranyo kandi bitumye icyerekezo cyabo kiburizwamo n’imanza zitabera uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona abatutsi baturutse Uganda bafitiye ideni abanyarwanda, bamaze kubona ko bizagaragara ko ar’igisebo kuri Leta yabo, bahitamo gushakisha uko bakoresha ikoranabuhanga (computer) bakoresha «software of Photoshop» bafata «list bank» bari barishyuriyeho undi muntu, barayihindura bandikaho ko bishyuye ideni cyangwa umwenda bari babereyemo abanyarwanda uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Uwo mwenda bari babereyemo abanyarwanda barawemera, ariko kuwishyura byabaye ikibazo gikomeye cyane. Mbona ko bagambirira kuwishyura, ariko abanyamadini bakabajya mu matwi bakababuza cyangwa bakabashishikariza kutawishyura uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, ubwo abatutsi baturutse Uganda bifuzaga kwishyura uwo mwenda babereyemo abanyarwanda, ariko abanyamadini bakabashishikariza kutawishyura, reka igihano abega bari guhabwa gihabwe abanyamadini uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona umugore waruri kubise agiye kubyara, yaralikumwe na bandi bagore (2) bose bari (3) hamwe n’umwana w’umuhungu w’uwo mugore wakurikiranaga nyina uko agiye kubyarira mu butayu bugufiya kandi bose bari bicaye mu kidendezi cy’amazi ariko uwo mwana w’umuhungu we yasaga naho ari hirya yabo gatoya kuko icyo kidendezi cyari mukinogo abo bagore bicayemo bategereje ko uwo mugore abyara cyangwa ajya mubise maze bakamufasha kwibaruka icyo yaratwite uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rinzaho cyane rirambwira riti, ibyo abanyamadini bari biteze, ariyo inda bari batwite ntabwo ari byo bagiye kubona, ahubwo bagiye kubona ibindi bintu batifuzaga binyuranije nibyifuzo byabo bijyanye nibyo bahora basengera bitandukanye n’ubushake bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.

29 OCT,2023 njyanwa mu iyerekwa mbona ibintu bitangaje kandi bisekeje cyane, kubakunda guseka, mbona idini rya «ISLAMIC religious» bakora inama ikomeye cyane balimo kugenzura imanza zitabera uko zilimo gukora umulimo wazo zicibwa n’Umwami Kigeli Ndoli mu gihugu cy’Ibabyloni kumurwa mukuru w’ISHUSHANI uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Nkomeza gukurikirana cyane iyo nama yabo mu iyerekwa cyane, mbona batoye umugore w’umukire cyane, bamuha «mission» ubutumwa bwo gushakisha uko ashoboye kose agahura n’Umwami Kigeli Ndoli Majeshi Leon Ainesha akamubaza amashillingi yose yifuza uko angana kugirango ayamuhe, ariko yongereho igisa n’itegeko ry’uko ngomba kwemera kurongora umukobwa we akitwa umugore w’umucamanza zitabera mu isi yabazima uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, idini rya «ISLAMIC religious» bafite ikibazo gikomeye cyane balimo kuvuga ko isi wamaze kuyiciraho iteka. Kandi ko ukomeje kuyiciraho iteka rya burundu nk’uko igitabo cyabo bizera kandi bemera cyitwa «QURAN» kibyemeza ko «MESAIAH» azagaruka guca imanza zitabera mu isi yabazima uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, rirambwira riti, ikifuzo cyo kugushyingira n’ukugirango babihuze n’amateka y’ikinyuma babeshye isi yose y’uko «MESAIAH» ar’umusilamu kandi ko azagaruka guca imanza zitabera binyuze mu idini rya «ISLAMIC RELIGIOUS» none babonye ko ibyo bigishije ntaho bihuriye n’imanza zitabera akaba aliyompamvu bifuza kuguha amashillingi yose waba wifuza kugirango witwe umuyisilamu kugirango ikinyoma cyabo gihinduke ukuli uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli nta bwo ari «ISLAMIC RELIGIOUS» gusa bari mu nama barebera hamwe iby’imanzi zitabera ushizwe guca mu isi yabazima. Ahubwo dore idini rya «Roman Catholic Church Emperor» nabo bari mu nama nyuma yamateraniro yabo bakoze kuri iki cyumweru iteraniwemo abazungu gusa, nta mwirabura n’umwe bayitumiyemo. Nabo balimo kurebera hamwe uko wamaze guciraho iteka imanza zitabera idini ryabo rya RCC, aho abapapa bose, abakaridanali bose baciriwe imanza zitabera, abapadiri bose baciriwe imanza zitabera, ababikira bose baciriwe imanza zitabera.

Nerekwa mbona kandi numva bavuga ngo idini ryabo rimaze gucika intege cyane kuva aho amabanga yabo ashyiriwe ahabona bagacirwaho iteka rya burundu uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, mbona abo bazungu nabo bitoramo intumwa zizoherezwa mu banga bagasaba Umwami Kigeli Ndoli Majeshi Leon Ainesha uko bahura mu ibanga kugirango bamubaze niba ari we «MESAIAH» woherejwe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo guca imanza zitabera mu isi yabazima yambaye ishusho ya bana b’abantu kugirango yiyoberanye uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Nyiringabo rinzaho cyane rirambwira riti, idini rya «ROMAN CATHOLIC CHURCH EMPEROR» barifuza kuba abafatanyabikorwa «shareholders» mu manza zitabera z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kugirango bazitirirwe ko imanza zitabera bigishije ibihe byinshi cyane yuko «MESAIAH» azagaruka mu isi yabazima kuza guca imanza zitabera kugirango bazihuze n’ibinyoma byabo babeshye isi kugirango badakorwa nisoni imbere yabatuye isi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane rirambwira riti, RCC, kugushaka s’urundi rukundo, ahubwo bibwira kandi batekerezako bamaze guhura nawe byabafasha gushakisha uko baguhitana kugirango bahagarike imanza zitabera ureke kubakoma mu nkokora bakomeze kwikorera ubucuruzi bwabo mu isi yabazima uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

 egretnewseditor@gmail.com

Skip to toolbar