Itangazo ryo gusimbura Nyakwigendera Nyampinga Anne Uwamahoro Rwigara

 

Inama ya biru b’ubwami bw’uRwanda bugendera ku itegekoshinga bukorera mu buhungiro,

Yemeje ibi bikurikira, nyuma yo kurebera hamwe ibyari ku murongo w’ibyigwa:

Inama ya biru yari iyobowe n’Umwami Kigeli Ndoli, nabajyanama (6); yababajwe cyane n’urupfu rw’uwari kuzabana n’Umwami Kigeli Ndoli Anne Uwamahoro Rwigara, dukurikije ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo (Ubuhanuzi).

Inama yabiru yabereye (online) hakoreshejwe ikoranabuhanga, abajyanama (2) batuye kandi bakorera muri America, abajyanama (2) batuye kandi bakorera mu gihugu cy’Ubwongereza, umujyanama (1) utuye kandi ukorera mu gihugu cy’Ububiligi, umujyanama (1) utuye kandi ukorera mu gihugu cy’Ubufaransa.

Icyihutirwaga kwari ukurebera hamwe icyo Ubuhanuzi bwavuze kurupfu rwa Anne Uwamahoro Rwigara, no kurebera hamwe icyo Ubuhanuzi bwavuze kuzamusimbura kugirango umubare w aba NYAMPINGA ube wuzuye hatabuzemo numwe.

Abajyanama b’Umwami Kigeli Ndoli uyoboye ubwami bw’uRwanda bugendera ku itegekoshinga, wimitswe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo mu gice cy’i (138) cy’Ubuhanuzi.

Banzuye mu nama yabo ko, umuryango uzakomokamo NYAMPINGA ugiye gusimbura nyakwigendera NYAMPINGA Anne Uwamahoro Rwigara, amazina ye, umuryango we, bikwiye kugirwa ibanga kubera impamvu z’umutekano w’impande zombi.

Abajyanama b’Umwami Kigeli Ndoli banzuyeko, umukobwa wese wumva ko yakwishimira kubana n’Umwami Kigeli Ndoli yakwandikira Umwami Kigeli Ndoli kuri emails ze zigaragara kubinyamakuru ahanditse (contact) agatanga umwirondoro we kugirango hamenyekane uwo Uwiteka Imana Nyiringabo yavuze ko azasimbura nyakwigendera Anne Uwamahoro Rwigara.

Birumvikana yuko ingoma y’abega izaba iya mbere kohereza abazandikira Umwami Kigeli Ndoli, bagambiliye gushakisha uko bamwivugana. Tuributsa ko, Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, ari maso igihe cyose abavandimwe bacu bihinduye abanzi bacu baba bagambiliye kugira nabi, Uwiteka burigihe aburizamo imigambi yabo.

Umwirondoro uzahuza n’Ubuhanuzi buvuga kuri Nyampinga mushya, ishusho ye, uburebure bwe, indoro ye, amashuli yize, imyaka ye, igihugu atuyemo, umwirondoro w’umuryango we, uwo niwe uzasimbura nyakwigendera Anne Uwamahoro Rwigara.

NB: ukuyemo abakobwa batuye mu Rwanda, abandi bose batuye mu bindi bihugu, mwemerewe kwandika kubifuza kuzabana n’Umwami Kigeli Ndoli.

Bikorewe Washington DC

Umwami Kigeli Ndoli.

31st Dec,2023

Skip to toolbar