Nkorera coup d’etat ufate ubutegetsi!

Amakuru aturuka ahantu hizewe mu biro by’ubutasi bwa Uganda, avugako Museveni aherutse kuzamura mu ntera umuhungu we akamuha ipeti rya general ko, yaba afite umugambi wo kumusigira ubutegetsi.

Amakuru ashyushye aravuga ko, Museveni yamaze gutegura ikipe nshya izakorana n’umuhungu we, aho yateguye umugambi (set up) yo kuzakoresha umuhungu we akikorera coup d’etat, maze agafata ubutegetsi.

N’ubwo aya makuru adatunguranye muri Uganda no kw’isi hose, barabizi ko alimo kumutegura kandi umugambi awugeze kure, ikitari kizwi n’uburyo n’inzira azakoresha ngo amusimbure ku ngoma.

Abahanga mu bya politike bemeza ko, Keinerugaba Muhoozi adafite ubwenge bwo kuyobora igihugu kubera atarushye nkase, kandi ko atari umuyobozi mwiza ushishoza kubera arwaye indwara yo mu mutwe yo guhubukiraho.

Ariko kuko Museveni ari ko yabiteguye, kandi ko, ari ko abyifuza, niko bigomba gukorwa.

Urugero ntabwo ruri kure, aherutse gusuzugura igihugu cya Kenya aho yavuze ko, mu byumweru 2, yafata umurwa mukuru wa Nairobi.

Eho hashize Museveni yategetse ko umuhungu atazongera gukorera kuri twitter ngo yandike ubutumwa mu izina rya Leta ya Uganda.

Uyumunsi umuhungu ya byanze avugako nta muntu uzamubuza kwandika ubutumwa yifuza kwandika. Urumva ko kurukuru hagati ya se n’umwana yaratangiye.

Ejo uzumva yamukoreye coup d’etat avugako Museveni ashaje atagishoboye gukorera abanyaUganda birangira gutyo ajye kubutegetsi bidaciye mu mategeko no mu nzira ya demokarasi.

Skip to toolbar