Igihugu cy’Ububiligi nacyo kinjiye mu bihugu bihiga Umuhanuzi

Amakuru dukesha ibiro ntaramakuru aratangaza ko,ubutegetsi bw’Ububiligi nabwo bwamaze kwinjira muri dossier yo guhiga Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha,bakoresheje abazungu bafite ubwenegihugu bw’uRwanda bavutse kubanyarwanda n’ababiligi (Halfcaste) akaba aribo bahawe ikiraka cyo guhiga Umuhanuzi akaba n’umunyamakuru w’inyangenewss.com,na radio egretnews.com

Amakuru ntaramakuru yo mu ijuru heaven news media agency akomeza avuga ko,umwana w’UMUSITA umaze imyaka (8) ahiga Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha,nyuma yo guhakanirwa n’igipolice cya Kenya ko kidashobora kugambanira umuturage wacyo,yahise yikura mu bahiga Umuhanuzi.

Kandi ibiro ntaramakuru byo mu ijuru,nk’uko byemezwa na mwuka wera,bikomeza bivuga ko,na za magigiri z’umwega (Umwakagara) ngo nazo zasezerewe gukomeza gukora ibikorwa by’iterabwoba muri icyo gihugu cya Kenya.None zahisemo gukora bubandi nyuma yuko uwabagaragiraga deputy president William Ruto yamburiwe imbaraga z’ubutegetsi agasigara yitwa deputy president without portfolio.

Ubu izo za magigiri zirirwa ziteze kumihanda ziteze Umuhanuzi zitwaje umupolice ushobora kuzifasha gufata Umuhanuzi binyuranije n’amategeko.Ariko nabwo bagataha ari cyo bagezeho.

Ibiro ntaramakuru byo mu ijuru kandi bikomeza bivuga ko,abega bagiye guhura na kaga gakomeye cyane kubera gusuzugura Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Ni muri urwo rwego Uwiteka agiye kubateza amahanga kugirango bakurwe ku ngoma bajyanwe mu butayu aho bajyanye abanda.

egretnewseditor@gmail.com 

Skip to toolbar