NTABWO ABANA BAB’ABANTU,BAKUBAHIRIZA AMASEZERANO,NGO HANYUMA UWITEKA IMANA INANIRWE KUBAHIRIZA IBYO YASEZERANIJE.

NTABWO ABANA BAB’ABANTU,BAKUBAHIRIZA AMASEZERANO,NGO HANYUMA UWITEKA IMANA INANIRWE KUBAHIRIZA IBYO YASEZERANIJE.

Iyo usomye ijambo ry’Imana bibiliya,usangamo amasezerano Imana yagiye isezeranya ubwoko bwayo bw’Abisrael,uhereye kuri basogokuru Abraham,Isack,na Yakobo,usanga ibyo yabasezeranije byose uko byakabaye yarabisohoje nk’uko yabisezeranije.Abantu benshi bakunze kuvuga ko,Imana yabahaye isezerano,ariko mu byukuri wabakurikirana neza ugasanga ayo masezerano adasohora,ndetse harabapfa biringiye ko,ibyo basezeranijwe bitasohoye,bizahora kubana babo.


Ariko ibyo bintu ntabwo bibaho,byibuze Imana yasohoza kimwe cya kabiri cy’ibyo yagusezeranije,wenda ibisigaye ikazabisohoza kubana bawe,ariko ni kuki Imana amwe mu masezerano yawe yasohozwa kubana bawe kandi nabo bagomba kuba bahabwa amasezerano yabo?Ahanini biterwa nibyaha umuntu ashobora gukora nk’uko yabwiye Umwami David ko,yari yaragambiriye ko ariwe uzubakira Uwiteka,ariko kubera kumena amaraso menshi byatumye Imana imubwira ko,umwan we Solomo ariwe uzubaka inzu y’Uwiteka kubera we yamennye amaraso menshi cyane.

Ibyo bigaragaza gukiranuka kw’Imana ishobora byose,mbese wowe waba uhamya ko,Uwiteka Imana yagusezeranije?none ubu amaso akaba aheze mu kirere utarahabwa ibya sezeranijwe?ikibazo ushobora kwibaza hano,mbese Imana niyo yakwibwiriye ko,iguhaye isezerano?cyangwa wabibwiwe nabahanuzi?.

Bibaye ariwowe waba ufite gihamya,ariko niba Imana yaraciye mubandi ,biragoye kumenya koko niba ar’Imana yavuganye nuwo waguhanuriye,kuko ntibibaho ko,Uwiteka asezeranya ngo ananirwe gusohoza amasezerano,ubuhanuzi bukomeye bushobora gutwara igihe kigera ku myaka 15-20,butarasohoza,ubworoheje bufata imyaka haagti y’umwaka 1-10,bitewe nibihe by’ubuhanuzi aho bigeze ndetse n’umugambi Imana igufiteho.

Uwiteka Imana yavuze kuva cyera ko,azasubizaho ubwami bw’Urwanda,ntabwo ashobora kwirengagiza,ayo masezerano,nubwo abanyarwanda bamwe bigira nkaho ibyo batabizi,bakarushaho gukiranirwa no kurakaza Imana,ariko bitinde bishyire kera bazabona ko,umuhanuzi yarabarimo.

Igihe kirageze ngo Imana yiburanire ititaye kubikomerezwa by’abana bab’abantu,kuko igihe gisa nigisohoye,kandi erega gishyize cyera,abaritaye kubuhanuzi,birumvikana ko,bazahura nibihe bibagoye kuko iyo Imana ivuze iba ishaka ko,umuntu yita kubyo ivuze bityo bikazamugirira umumaro mu bihe biri imbere.

Skip to toolbar