Leta zunz’ubumwe z’America,nizo Uwiteka azakoresha ibikomeye gukoraho umwwakagara niko Uwiteka avuze!

19th FEB,2016 Ijambo ry’Uhoraho rinzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,hanurira abanyagakondorero ubabwire uti,uku niko Uhoraho agize,dore nzakoresha amahanga akomeye arimo igihugu cy’America kuzakuraho umwakagara ku ngoma kugirango ngarure ubwoko bwanjye murusisiro maze bujye kunkorera muri gakondo yabakranutsi uko niko Uwiteka agize.


Ndabwirwa ngo,dore leta zunz’ubumwe z’America zihangayikishijwe nuburiganya bwa leta y’uRwanda ikomeje kuriganya abanyagihugu ikoresheje intekonshinga mategeko.Niyompamvu leta y’America itazigera ihwema guhangana kumugaragaro irwanya ibikorwa byo gusuzugura amahanga mu buryo bunyuranije namategeko

Mwana w’umuntu,icyo gihugu nicyo nzakoresha gukuraho umwakagara maze nkimika ubwami nagambiriye kuva cyera ko buzasubira ku ngoma kugirango mbashe kwikorera umurimo wanjye muri gakondo yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.Dore ntakabuza sinzabura kwibuka isezerano nasezeranijwe ubwoko bwanjye kugirango bumenye yuko nitwa Uwiteka Uhoraho iteka ni teka ryose

Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ibintu bikomeje kumera nabi,none hanurira abatuye isi maze ubabwire uti,ibizaba ISamariya ni byo bizaba IBUYUDA,nuko rero kuko bose bazaterwa ni byago hamwe burira ubwoko bwanjye bwiyubakire inkunge kugirango nzabashe kubarinda kuko ibyo ngiye gukora mu isi yabazima biteye ubwoba uko niko avuga.

Ngiye guteza akaga mu isi yabazima kandi abakiranutsi nibo nzarinda kuko nshaka kwihesha icyubahiro no kwiyerekana mu batuye yuko nd’umunyembaraga kandi ibikorerwa mu isi yabazima bamenye yuko nd’Uwiteka Imana ica imanza zitabera uko niko Uwiteka avuga.Nuko rero burira abakiranutsi ubabwire uti Uhoraho azi uko azagenza ubwoko bwe bwamunambyeho uko niko Uhoraho agize.

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira abakiranutsi ubabwire uti,Uwiteka aravuze ngo,nta mukiranutsi wigeze yubahiriza ijambo ry’Uhoraho akaryubahiriza ngo narangiza Uhoraho amwirengagize cyangwa ngo abure kumugirira neza uko niko Uwiteka avuga

Nuko rero uzizera Uhoraho wese Uwiteka azamukorera ibikomeye cyane kugirango bimenyekane yuko Uwiteka ariwe Mana kandi abazamwiringira nta bwo bizashoboka yuko bazakorwa nisoni kuko uko ari ko Uwiteka yirahiriye mu izina rye ryera kandi rikiranuka.Nuko rero ubabwire uti,uzakora iby’Uwiteka amutegeka uyu munsi,nukuri nukuri ntazabura kugirirwa neza n’Uwiteka Imana ihoraho iteka ryose

HunyeUbuhanuzi bw’IBABYLON-SHUSHAN njyanwa mu iyerekwa maze mbona ibintu biteye ubwoba kandi bitangaje.Nerekwa mukirere cy’IBABYLONI –SHUSHAN hamanuka indege (3) uko zamanukaga ninako zagendaga zicikagurika mo ibice bice maze mbona umuyaga uturutse iburasira zuba maze uraza umanura izo ndege uzicagaguramo ibice bice kugeza izo ndege zirangiye zishiraho zigera hasi zamaze guhinduka ubushingwe.

Nuko ijambo ry’Uhoraho rinzaho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hamanutse imyuka (3) y’urupfu imanukiye igihugu cy’IBABYLONI-SHUSHAN kandi iyo myuka (3) igiye gusenya igihugu cy’IBABYLONI ndetse imfatiro zose zabadayimoni bo mur’icyo gihugu zizasenyuka kuko bataye Uwiteka Imana yabakiranutsi bagakurikira ibigirwamana kandi bazi neza yuko gusenga ibigirwamana binyuranije nijambo ryanjye uko niko Uhoraho avuga.

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore hamanutse ububyutse bw’urupfu mukarere kibiyaga bigari ku buryo umugabane w’Africa ugiye gukorwa nisoni kuko bananiwe kwiringira Uwiteka Imana kandi izo ntabara zizaba zikomeye cyane abazazirokoka bazaba bagiriwe Ubuntu n’Uhoraho JEHOVA Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka ategetse

21st FEB,2016 Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,burira umuhanuzi mukuru umubwire uti,dore ugoswe nabanzi bakomeye none menya uko ugenza kuko umwanzi aguhagurukiye bikomeye cyane kandi ibihe byawe byonguhangana nawe bikaba bigenda bicyendara kandi inkozi zikibi zikaba zikomeje gukaza umurengo nuko rero umubwire agenze uko wagenje kugirango abashe gukira imigambi y’inkozi zibibi uko niko Uwiteka akuburiye.

Mu gihe nkiri gusobanuza ibibabye cyangwa bigiye kuba ndabwirwa ngo,mwana w’umuntu,dore umuhanuzi mukuru ngiye kumugirira neza maze mushyire hejuru mu bushori shori bw’inyenyeri aho inkozi zikibi zitazongera kumuburabuza zimugera amajanja uko niko Uhoraho ategetse.

Nkurwaho njyanwa mu iyerekwa muri gakondo ya bakiranutsi maze nerekwa mbona umwakagara yambitse imidende ingabo ze za RDF-Kagame,mbona iyo midende ayitanze kubera ingabo zimurwanya zamaze kugera mu marembo ya gakondo ya bakiranutsi.Mbona ahereye kubatari bafite imidende ya CPT.Maze arayibambika kugirango bemere bajye kumurwanira kurugamba.Imibare ya bahawe imidende nabonaga bangana 678 ngo kugirango bemere kurwanira ubutegetsi Uwiteka yamaze gukura ku ngoma.

Abarwanyaga ubutegetsi,nabonaga bari batangiranye intengenke maze umwakagara abacucumuriraho imvura y’urufaya rwamasasu,mukanya gato,mbona ibintu bibaye nkibihinduka maze mbona ingabo zamwakagara ziguwe gitumo kuko zari zakaze kwizera imbaraga zikomeye cyane mbona mukanya ko guhumbya hamanutse ingabo zimeze nkibimanuka maze zimashana ni ngabo z’umwakagara mbona Kagame-RDF batangiye guhunga berekeza mu ngabo zirwanya ubutegetsi zanga kurwanira umwakagara kugeza aho ubutegetsi bw’umwakagara bwahise burimbuka nti bwongera kwibukwa ukundi

Maze mbona ingabo z’Umwakagara zimera kwishyira mu maboko yabarwanya ubutegetsi bw’igitugu cy’umwakagara baramunesha mbona izo ngabo zahoze zitirirwa FPR,zimanitse amaboko zishyira mu maboko yabatavuga rumwe nubutegetsi bw’Umwakagara.Maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,uko niko bigiye kugenda kuko Uwiteka yamaze gukura umwakagara ku ngoma kandi akaba yaravuze yuko Uhoraho adashobora byose none Uwiteka arashaka kumwereka yuko ashobora byose harimo no kumukura kubutegetsi.

Ijambo ry’Uhoraho ryongera kunzaho maze rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore inkozi zikibi zirangije inama aka kanya yo guhungabanya ubugingo bwabakiranutsi.Ariko bariyimbire kuko imigambi yabo isa no gushinga umuhunda ku kirenge.Nuko rero Uwiteka ntashobora kwemera yuko abakiraanutsi bashyirwa mu maboko yabanyabyaha uko niko Uhoraho avuga.

Nkomeza kwerekwa imigambi y’umubi mbona inkozi zibibi zigambirira kugirira nabi umulinzi Mukuru w’ibyasezeranjwe ngo zimwambure ubugingo kubera kugira ishyari ry’umurimo yahawe wo kulinda ibyasezeranijwe bibikiwe abakomoka mu bwoko bw’Abakiranusti.Nuko ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,mwana w’umuntu,dore ngiye kuburizamo imigambi y’umwanzi kugirango amenye yuko ukorera Uwiteka imana yabakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.

Nerekwa mbona za magigiri zanyandikira zinsaba ko twakumvikana,ubwo bandika iyo e-mail jyewe nari mu masengesho mbona ko uwo magigiri afite abadayimoni(Jackson Nkurunziza)nuko ndasenga cyane nshyizeho umwete mbona nirukanye abadayimoni bari bamwuzuyemo ako kanya mbona intore zivugana ubwazo ngo;uwo muntu w’Imana duhiga ashobora kuatugiraho ingaruka.Nuko mbona bahisemo kwigendera bagenda bavuga ngo ntibashobora kumbona uko niko batanze raporo kwa shebuja wabo wari yabatumye igihanga cyanjye maze ijambo ry’Uhoraho rirambwira riti,uko niko Uwiteka agiye gutatanya imigambi yabakurwanya kugirango umenye ko nd’Uwiteka Imana ishobora ku byose uko niko Uwiteka avuga.

Mwana w’umuntu,dore za magigiri zimaze kwemera ijambo ry’Ubuhanuzi rya turute mukanwa k’Uhoraho none basigaye biganyira kuguhiga ngo baguze igihanga kuko ibimenyetso byose wahanuye ko bizagaragaza ivanwaho ry’ubwami bw’umwakagara bamaze kubibona byose nta na kimwe gisigaye usibye irimbuka ry’ubutegetsi,gusa bananiwe kwikura mu maboko ya sekibi naho ubundi kwemera ijambo ry’Uhoraho bararyemera kandi cyane nubwo badashaka kugaragaza yuko babaye abigishwa bawe uko niko Uhoraho avuga.

23rd FEB,2016 Maze njyanwa mu iyerekwa mbona uwahoze ari mugaba mukuru w’ingabo General James Kabarebe arimo kurya ibisigarizwa byabagaragu be,nyoberwa uko bigenze.Mbona isikoti ze uwitwa Cheef Iskoti ariwe ushinzwe gutegura amafunguro yarangiza we nabagenzi be bagafungura maze ibisigaye bakaba ari byo babikira shebuja yaza akaba ari byo bamufungurira.

Nerekwa uwo muherwe ukomeye cyane utinyitse cyane mu isi yabazima,ndetse akaba anarusha ubutunzi bwinshi shebuja (umwakagara)ko yabatse amazu kumugabane w’Uburayi amazu yo mu bwoko bwa Brick kandi ayo mazu akaba ari ay’igiciro cyinshi cyane ku buryo abantu bayubaka ku mugabane w’Uburayi n’America baba arabaherwe cyane byimazeyo

Uwo mujeneral ubona,ubutunzi bwe bwariwe n’inzige zitwa abagore none bwanze gushira ahubwo burushaho kwiyongera ariko biratangaje kuba adashobora kwinezeza mur’ubwo butunzi kuko Uhoraho yamwimye inda yo ku burya kuko yaneguriye Uwiteka mundaro niyompamvu asigaye arya ibisigarizwa byabagaragu nyamara dore ubutunzi bwe ngiye kubamaraho ku buryo isi yose nabayituye bazatangara cyane bakamenya yuko nd’Uwiteka Imana ya bakiranutsi uko niko Uhoraho avuga.

Dore abakomeye bose bo ku isi bifuza kuvugana cyangwa kubonana nawe ariko umunsi w’Uwiteka ubwo uzaba usohoye nibwo bazamenya yuko Uwiteka ari we Mana kandi ko ari we utanga akanambura kandi agaca imanza zitabera kuko ari we mujenga wa byose yaremye ijuru n’isi dore ntakabuza isi yose izumirwa ubwo nzaba nsohoje ijambo ryanjye ryavugiwe mukanwa kabahanuzi uko niko Uwiteka avuga.

Skip to toolbar