INZIKA IZIKUWE N’ABAKIRANUTSI.

Ibikorerwa byose mu isi,ababikora babikora bibwira yuko nta Mana ihari,kubera yuko bagendeye mu mahirwe y’Uwiteka Imana yo mu ijuru,bibwira yuko nta Mana iriho,ariko nukuri mu ijuru har’Imana ireba ibyo bakora byose,ninayompamvu kubera amasengesho y’abakiranutsi Imana yasohoye ubuhanuzi ibunyujije mubagaragu bayo,kugirango ihumurize abakiranutsi ibabwire ibyenda kubaho kuko ijambo ryayo rivuga ko tuzahabwa umwuka wera,akatubwira ibyabayeho,ibiriho biba bikorerwa mu ibanga,ndetse nibigiye kubaho.


Abayisirael ubwo bari mubunyage bari bamazemo imyaka 430,uburetwa bwarabarembeje bahitamo gutakira Uwiteka,bitewe ni uko iyo gahunda yari yarapanzwe n’Uwiteka,yagiye gushaka Moses aho yari yaramujyanye mushuri ryo mubutayu aramubwira ati Moses,numvise gutaka k’ubwoko bwanjye none reka ngende manuke nirebere ko urusaku rwabo rwaba rufite ishingiro maze nimara kubona ibyo bavuga ko ar’ukuri witegure kuzajya kubatabara ubakure muri kiriya gihugu ubajyane mu gihugu cy’isezerano nasezeranije basokuruza.

Igitabo cyo kuva. Abanyarwanda nyuma y’igihe kinini kigera kumyaka 35+20=55 bari mukaga babuzwa hepfo no haruguru,Uwiteka Imana ihisemo kubarokora ngo ibakize igitugu cy’umunyagitugu w’umwakagara wa kega kegura inka amabere kadakangwa no gukoza isoni ba nyina bakarebeye izuba,ako kahanuwe n’umuzimu wo kiyaga cya shango muri 1730,n’umupfukazi witwa NYIABIYORO. Ati dore nyangifi azatwara ingoma yabukunzi,nyuma azayamburwa na rukara rugenda rutseta ikirenge,ruzamanurwa na rukirigitangwe rwamudatinya rwambaye utubuye kuntugu,rukambarainziga kumaso,magayane we,ati ni rwabujindiri rurya ntiruhage,ruzatera abana kurya bacuranwa,ndetse ntibazavuga rumwe’Divide and rure’batandukanye tubone uko tubayobora. Nguwo umwuka uruhije abanyarwanda,kagame ntabwo yashyizweho n’Imana,yashyizweho nabadaimoni,ninayompamvu abamukureye bose ntamahoro babonye mubuzima bwabo,cyakora abamutahuye bakitandukanya nawe,abo bazagororerwa n’Uwiteka Imana yo mu ijuru,ariko bagikomeje kubana nawe akaramata,bazarimbuka ndetse ahabo ntihazibukwa ukundi.

Urwanda Imana irufiteho umugambi ukomeye cyane niyompamvu igiye gisenya amaboko y’abana ba bantu kugirango yimike imbaraga zayo mur’icyo gihugu.Ibyo rero abadaimoni babiteye ijisho cyera bahitamo kwimika ubutegetsi bw’ikinyoma ariko kandi imigambi y’Imana ntijya iburizwamo.Niyompamvu Imana imaze imyaka 20 ibwira abantu guhunga kuko ibyo igiye gukora mu minsi iri mbere biteye ubwoba nagahinda kubaabirebesha amaso y’umubiri,ndetse n’isi yose izatangara kuko ntawahagarika Uwiteka gusohoza imigambi.Ibyo byose ni kuneza yabanyarwanda bo mu bwoko bw’Abakiranutsi.

Skip to toolbar