Ubuhanuzi bwo kurasa igihugu cya Iran bwasohoye, America na Israel byateye Iran ikimeneytso cyo kuvaho kw’ingoma y’abega!!!
Amerika na Israel byagabye igitero kuri Irani, mu gihe Trump avuga ko ‘ibikorwa bikomeye by’imirwano’ birimo kuba. Amerika na Israel byagabye igitero kuri Irani, mu gihe Perezida Donald Trump avuga ko “ibikorwa [operations] bikomeye by’imirwano” birimo kuba. Bibaye nyuma yuko Minisitiri w’ingabo wa Israel, Israel Katz, avuze ko igihugu cye cyagabye “igitero cyo kuburizamo” kuri Irani, mu gihe ingabo za Israel zivuga ko mu kwihimura Irani yarashe ibisasu bya misile.
Amafoto agaragaza umwotsi uzamuka hejuru y’umurwa mukuru Tehran wa Irani, mu
gihe ibiturika byumvikanye mu mijyi itanu itandukanye yo muri icyo gihugu.
Amerika imaze igihe yongera igitutu kuri leta ya Irani kugira ngo yemere amasezerano mashya kuri gahunda yayo ya nikleyeri. Ku wa gatanu, Trump yavuze ko atishimiye aho Irani ihagaze mu biganiro kuri nikleyeri.
Ibitangazamakuru byo mu mahanga akenshi byangirwa kujya gutara amakuru muri Irani, ibyo bikagabanya cyane ubushobozi bwabyo bwo kubona amakuru y’ibibera imbere muri icyo gihugu.
‘Operation’ yiswe ‘Umutontomo w’Intare‘
Minisitiri w’intebe wa Israel Benjamin Netanyahu yavuze ko ubutegetsi bwa Irani “ntibugomba kugira intwaro kirimbuzi za nikleyeri”.
Mu itangazo yasohoye, Netanyahu yagize ati: “Bavandimwe, baturage ba Israel, mu kanya gato gashize, Israel na Leta Zunze Ubumwe [z’Amerika] twatangiye ‘operation’ yo gukuraho inkeke ku kubaho [kwacu] iterwa n’ubutegetsi bw’iterabwoba bwo muri Irani.
egretnewseditor@gmail.com














