Niki cyihishe inyuma yibiganiro bya Ukraine na Russia
Kuba habayeho ibiganiro byo guhagarika intambara yo muri Ukraine birashoboka yuko yaba ari diplomacy gusa barimo gukoresha bitewe ni uko hari intambara nyinshi zirimo kuba mu bihugu bitandukanye bikaba ari uburyo bwa (political strategy) kugirango America ibanze ikureho Nicholas Maduro wigize ingunge mu ishyamba mu myaka yashize yagaragaye nk’aho yanesheje America yanga gukora ibyo bamusabaga gukora Trump arinda arangiza manda ye ya mbere atamukuyeho.
Mu nama yabereye Geneva yanzuwe yuko Zelensky yemera umushinga wa mahoro harimo no gutakaza ibice byafashwe na Russia, ibintu byamaganiwe kure n’ingabo za Ukraine.
Bitewe ni uko USA yugarijwe n’intambara ya Venezuela kandi Russia ikaba ishobora kuhabona icyuho cyo kurasa USA bishobora kuba ari uburyo bwo kurangaza Russia mu gihe bazaba bari mu biganiro bya mahoro icyo gihe USA uzaba irimo kurasa Venezuela. Uyu n’umushinga urimo gushyirwamo ingufu nyinshi na USA.
N’intambara irimo amayeri menshi cyane aho America ishaka gukuraho Vladimir Putin America bitayigizeho ingaruka ngo ibe yaraswaho cyangwa habe hagira icyintu cyabo cyangirika.
Ubyitegereje neza ushobora gusanga Venezuela ubutegetsi bw’umunyagitugu Nicholas Maduro nta gihe basigaranye. Na we yamaze gutegura abasirikare ibihumbi (200,000) mu bihumbi bigera kuri (300) ndetse binarenga.
America yamaze kugeza ubwato bunini cyane kw’isi bahetse ibikoresho bya gisirikare birimo indege z’intambara ni bindi bikoresho bya kabuhariwe. Igisirikare cya America cyamaze gutangaza ko abagenzi bakoresha ikirere cya Venezuela bakwiye kwirinda kuko indege izongera kunyura muri icyo kirere ishobora guhanurwa. Warning ni kimenyetso gikomeye cyane kigaragaza uko ibintu byifashe.
President Nicholas Maduro ari mu bategetsi ba mbere bahawe files numbers nyinshi mu myaka yashize. Birimvikana cyane ko igihe cye cyaba gisohoye ngo akurwe ku butegetsi.
Kandi twibuke yuko insengero zaciriweho iteka, abasore n’inkumi, mu mwaka wa 2023/2024 yari imyaka yihariye cyane imanza zitabera ku buryo budasanzwe kandi mwabonye ibyakurikiyeho niho hahise havuka urubyiruko rwa gen Z bituma ibihugu byinshi bihatakariza urubyiruko rutagira uko rugana bicwa n’ubutegetsi buriho kuko bashakaga kubukuraho.
Ndibwirako iki atari igihe cyo gukoresha ubwenge cyangwa cash nyinshi kuba zifite, ahubwo n’igihe cy’imanza zitabera zilimo gukora umulimo wazo. Ndetse mu minsi ya vuba nabwo muraza kumva ku buryo butunguranye ibindi bigiye kuba biteye ubwoba cyane kubera gusuzugura imanza z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo zicibwa n’Umwami Kigeli Ndoli.
byaruhangaissac@gmail.com













