Uruyoka rwabujije kwa Rwigara Assinapol kwinjira mu isezerano rwarapfuye nyuma yo kubanangira imitima

Abantu bakomeje guhangana n’ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo bacyaha Satani wamaze kugirwa imbohe utagikorera mu isi yabazima. Kuko bidashoboka yuko umwanzi Satani yakora imilimo ye ngo ayibangikanye n’ubutabera bw’Uwiteka Imana Nyiringabo. Birirwa mu masengesho kandi yaraciriweho iteka (illegal intercessors). Mu by’ukuri nta Satani muhanganye na we byariho cyera mbere yuko haza ubucamanza bwo mu ijuru, kubera Kutubahiriza itegeko ryatanzwe n’Uwiteka Imana Nyiringabo ibyari amasengesho bya bahindukiriye umuvumo.

Uko abantu bakomeza kwica amatwi badashaka kumva no kumvira ubutabera bw’Uwiteka Imana Nyiringabo, kubera ko batunguwe no kumva ijambo ryitwa ubutabera kandi bakaba atariko bari babyiteze, bahisemo gusuzugura iyo ivuga yo mu ijuru, maze bikomereza gukiranirwa kwabo kuko baramutse babiretse babura umugati bamenyereye kubona binyuze mu mwuka w’ikinyoma.

Nta bwo Imana ishobora gukora uko abantu batekereza, icyo yabahaye cyari icyitegererezo kugirango mubashe kumenya ibyabaye, ibirimo kubaho, ndetse ni bizabaho, kugirango mutegure abantu babashe kwitunganya igihe nikigera batazacirwaho iteka.

Ariko kuko umurimo wa data waje guhinduka isoko niguriro ry abambuzi maze bituma biyubakira ubwami bukomeye cyane banishyiriraho amategeko bagenderaho kugirango barusheho guhirwa nyamara yari amategeko adafitanye isano n’Uwiteka Imana Nyiringabo.

Nyamara ubaye uri umuhanga ugakurikirana neza uko ubutabera burimo gukora ushobora gusanga gahunda urimo ntaho zihuriye n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.

Urugero reba uko mu gihugu cy’Ubwongereza bashyizeho itegeko rirangiza ubuhunzi muri icyo gihugu aho bashyizeho itegeko ko uzajya ahunga azajya amara imyaka (20) ategereje guhabwa ubuhungiro. Kandi Byanashoboka yuko iyo myaka yanarangira bakabukwima ugasanga watakaje igihe cy’ubusa. Ibi byose biriguterwa ni uko ubuhunzi bwa maze gucirwaho iteka rya burundu.

Witegereje ubusambanyi burimo gukorwa ku karubanda nta bwoba abantu bafite ndetse bakatura bagahamya ko ari indaya icyintu cyera cyafatwaga nk’igitutsi, ariko ubu ukabona abakobwa/abagore bishimira ko bakora umulimo windaya byagutangaza cyane! Bitandukanye ni myaka ishize itari iyakure cyane aho abagore/abakobwa bakoraga uburaya bihishe. None ubu basigaye banasaba za Leta yuko bashyiraho itegeko ribarengera (sex works) bakazajya barindwa na mategeko kandi bakazajya bishyura umusoro wa Leta.

Hari byinshi twatangamo urugero ariko icyo twashakaga kuvuga n’uburyo abitwaga abizera bagikomeje kugundira ibintu bidahari, kuko kwizera kwararangiye ntabwo gushobora kubangikanywa na mategeko. Ubu waba ukiranuka cyangwa ukiranirwa nta cyo bikumarira kuko hariho ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Igihe waba ukora ibinyuranye na mategeko cyane abajya mu nsengero nibo baba aba mbere gucirwaho iteka bakajibwaho n’umuvumo wo kutumvira. Uko bakomeza kujya mu masengesho ni nako ibyabo bigenda birushaho kuba bibi cyane bakitwaza Satani kandi ari mu nzu y’imbohe.

Hari uruyoka rwabaga mukirere rwali rushinzwe gufata amasengesho yabera rwaramanuwe rujyanwa mu butayu bugufiya. Hari urundi ruyoka rwabaga kw’isi rwali rushinzwe kuburizamo ibikorwa by’abera na bandi batayiyobotse na rwo rwashyizwe mu butayu bugufiya.

Uruyoka rwa (3) rwari rusigaye rwali urwo kwa Rwigara Assinapol rwa babujije kumvira Ubuhanuzi ngo binjizwe mu isezerano Uwiteka Imana Nyiringabo yari yarabasezeranije. Nov 9, 2025 niho rwafashwe rukurwa aho rwali rutegeye kunzira rwabaga haruguru y’ubutayu rubategereje ngo batazakurwa mu butayu bugufiya buri kumpera zabwo rwabaga munsi y’uruzitiro rw’imbingo rwari rufite kilometero (12) rurafatwa rushyirwa mu mwobo muremure wahoze ari iriba ry’amazi rucibwa umutwe rushyirwamo ahongaho Malaika arenzaho igitaka.

Hari ibintu byari bimeze nk’ibyuma byubakishije umuhanda wa gari ya moshi byari bizengurutse umuhana wo kwa Rwigara Assinapol bari batuyeho nabyo byararanduwe bijyanwa mu butayu maze Malaika azana icyintu kimeze nk’icyuma gisudira (welding) ariko cyo cyashongeshaga ibyo byuma bigahita bishiraho. Izo nizo mbaraga zanyuma zari zisigaye ngo abanyarwanda bubashye Imana kandi bakanayikunda ngo binjire mu isezerano. Hategerejwe ko Diane Shima Rwigara umukobwa na kundaga cyane ko akurwa mu nzira maze u Rwanda rukinjira mu isezerano ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Ntako ntagize ariko barananiye ubuze uko agira, agwa neza!!!

egretnewseditor@gmail.com 

Translate »
Skip to toolbar