Hazacuriki hagati y’ibihugu bikomeye n’Uwiteka Imana Nyiringabo?
Utekereziki iyo biza kuba umulimo w’Ubuhanuzi ni manza zitabera biza gukorerwa mu banyamadini nkuko byakorewe mu itorero rya mbere aho abizera bahuye na kaga gakomeye cyane nyuma yuko Kristo avuye kw’isi ya bazima? Iyo ukurikiranye neza amateka yitorero rya mbere usanga ari nta kindi bazize usibye ubwami bw’imbaraga zikomeye cyane bwari bubarimo bwakoraga ibitangaza imbere ya bategetsi bigatuma ubwami bw’Abaroma bwari bwarigaruriye isi yose batangira kugira ubwoba kuko babonaga ko izo mbaraga zije gutegeka isi bituma ba batatanya bigarurira itorore ry’Imana.
Ikiremwa muntu cyangwa abantu muri rusange baremanywe kamere yo gushaka gutegeka bagenzi babo no guhabwa icyubahiro.Iyo ukurikiranye neza ababayeho cyera usanga batari shyashya kuko bahoraga barwana hagati yihanga nirindi rimwe rishaka gutegeka irindi kugeza ubwo barwanaga bakoresheje amacumu nimiheto ni myambi.
Uko ninako ibihugu byavutse aho ihanga ryatsindaga irindi rikemera kuyoboka rikemera gutegekwa.Uko niko ibihugu byagiye byaguka ndetse nubu nta bwo birikure cyane kuko aho bukera America iraza guhangana na Russia, China, North Korea, Venezuela, Pakistan, Iran, Turkey, Mdetse nibindi icyo bashaka bose nubwo buhangange bwo gutegeka isi aho igihugu kimwe kivuga rikijyana.
Kandi naho bahigika America, nabo ubwabo bakongera bagasubiranamo nta bwo bashobora kumvikana kuko China izavuga iti, nitwe dufite abantu benshi bagera kuri one billion.3 mu gihe Russia ifite abaturage (population 100 million) bagera kuri million ijana.
Russia izabwira China iti natwe turabarusha ikoranabuhanga, ubwo China bizaba ngombwa ko yifatanye na India nayo izavuga iti, natwe dufite abantu benshi bagera kuri one billion.4 nitwe dukwiye gutegeka isi. Nibinanirana China na India bavuge bati reka ibyo twapfaga tubishyire kuruhande twifatanye tube umwe tubashe kugira imbaraga dutegeke isi kuko dufite two billions.8
Icyo nshaka kuvuga aha ngaha, niko mu isi ari nta mahoro ateze kuhaboneka kubera ikibazo cyo gushaka Umwami w’isi ya bazima.
Reka rero tugaruka ku banyamadini twari twatangiriyeho, birumvikana cyane yuko aliyo mpamvu Leta yashyiriyeho abanyamadini itegeko rivuga ko umuntu wese ushaka gufungura idini agomba gusaba uburenganzira Leta kugirango abashe gukora iyobokamana. Ibyo bisobanura ko bafite amateka y’uburyo Imana ishobora kumanura ingufu mu banyamadini aho bashobora gutegeka isi.
Kubera guhorana ubwo bwoba bituma buri gihe bashyiraho itegeko rikontorola ikiremwa muntu, ndetse ni biri kw’isi byose, byaba ibyo mukirere, cyangwa mu nyanja, kubera gutinya imbaraga zose zikomeye aho zaturuka hose kugirango bazabashe guhangana nizo.
[Reason why] bahora bakora ibitwaro bya kirimbuzi bashaka kwerekana imbaraga kuri buri ruhande kugirango habeho ubwubahane ndetse nibishoboka urushije undi ingufu abe yamutegeka.
Tekereza uyu murimo nkora niba wa korerwaga mu idini ryahura na kaga gakomeye cyane, kuko aba bategetsi ntibajya bashaka kumva ibizabaho ejo hazaza cyane ibibabangamiye aho bavuga ko, ari ugukura imitima rubanda niyompamvu Ubuhanuzi butemerwa mu itegekoshinga kuko babyita [sentiment] ndetse ukaba wanabifungirwa kuko bahorana ubwoba bukabije kuko batizera Imana kandi bakaba bazi yuko mu ijuru hari Imana bazi neza ko igihe kimwe izabashyiriraho iherezo.
Bivuze ngo ijambo (Ubuhanuzi/Prophecy) bisobanuye imbaraga zituruka mu ijuru kandi zikora ibiruta ibyo abantu bibwira. Mu yandi mugambo ufite imbaraga ni we utegeka. Bibaye rero ko izi ngufu zibarizwa mu idini nkuko byigeze kubaho mu itangira ry’amadini aho itorero ry’Imana abantu bavuze indimi zitandukanye ntaho bagiye kuziga icyintu cyakanze isi cyane, abategetsi babibonyemo (threat) cyangwa itera bwoba nibwo bakoresheje ingufu zose barabatatanya icyo bikangaga nk’ubwami bugiye kuvuka mu isi yabazima gishiraho burundu hasigara ibikatsi bya madini bigendera munsi y’ukuboko kw’icyuma kwa Leta.
Iyo rero hatangiye Ubuhanuzi bw’inyandiko kandi buhoraho kiba ari ikibazo gikomeye cyane, niyompamvu (Roman Catholic Church Empire RCCE) bafashe iya mbere kurwanya Ubuhanuzi kuko bazi neza yuko iherezo ryabwo ari ubwami bw’imbaraga kw’isi yabazima kuko badashaka gutegekwa n’Ubuhanuzi kuko bazi neza yuko ubwo bwami bw’Imana buvugwa niburamuka buje nta mwanya bazaba babufitemo. Kandi ni mbaraga zabo zizahita zirangira burundu ntabwo bazongera kwiba imitungo yabatuye isi babyitirira ijambo ry’Imana cyangwa ivangiri bakwirakwiza kw’isi yose!
Niyompamvu ubona hariho ibihugu udashobora guhirahira ngo ube wajyanayo ibyo bita ivugabutumwa.
Kugirango ube wa byumva neza ni uko ubanza ukamenya yuko (RCCE) buri gihugu iba ifitemo ingufu iba ihafite icyicaro cya (embassy) kandi iyo ambasade iba igomba kwemezwa na Leta igakorera muri icyo gihugu.
Mu myaka yatambutse (Roman Catholic Church Empire RCCE) ibihugu bimwe na bimwe bakoraga za coup d’état bagakuraho ubutegetsi bagashyiraho ubundi bashaka. Ngirango ibyo abanyarwanda babasha kubyumva neza kuko ubwami bw’uRwanda bwakuweho n’Ababiligi bafatanije na Kiliziya gatolika.
Byonyine kwemeza Umwami yuko agomba kubatizwa kungufu za RCCE ni kibazo kuko uba uhinduye imyizerere y’umuntu ku ngufu atabishaka kuko uba umweretse yuko nutabikora ukuraho ubwami bwe cyangwa ubutegetsi bwe.
Ubu rero abantu bamaze gukura umwijima mu maso, niyompamvu ingufu za RCCE zagiye zigabanuka cyane uko ibihugu byagiye bitera imbere niko ubwami bw’abaroma bwihishe mu idini bwagiye bucisha macyeya ngo bakomeze gusarura aho batahinze.
Iyo uhagarariye idini bakabona ufite ingufu muri Leta ubutegetsi buriho muvuga rumwe, bakoherereza intonorano kugirango utazajya usenya imikorere yabo bikazarangira ubaye umwe muri bo nkuko Paul Gitwaza Muhirwa uhagararariye ZION Temple yatangiye abarwanya bikarangira atumiwe Iroma kwa papa Paul ll nkuko we yabyivugiye.
Aha ngaha rero wibaza uko bizagenda kugirango ubwami bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo bwime ingoma muri gakondo yabakiranutsi bubashe gutegeka isi yose kuko Uwiteka yavuze ko ubwami butazamukorera azaburimbura bugakurwaho ndetse nibihugu bitazamukorera bizakurwaho. Ahangaha ndagirango usobanukirwe neza ko ikibazo gihari hano ari ugutegeka bivuze ngo niba Uwiteka aje gutegeka kw’isi ilimo ibihugu bifite intwaro kirimbuzi bivuze ko hazabaho intambara ikomeye cyane hagati yibyo bihugu n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
egretnewseditor@gmail.com













