Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo agiye guhorera aabishwe bazize akamama!!!

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, igihe kirageze cyo guhorera amaraso yamenetse yose muri gakondo yabakiranutsi. Amaraso y’Abatutsi yazize ubusa, amaraso y’Abahutu bazize akamama, abo bose hamwe n’ingabo zishwe kurugamba zaragiye kwitabaro zikwicwa nabo zagiye gutabarana nazo, abo bose igihe cyo guhorera amaraso yabo kiraje kandi kirasohoye ngo Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ace imanza zitabera kubishwe bose bahoye ubusa kandi amaraso yabo akaba yaramenetse atariho urubanza uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore RPF yamenye amaraso yabatariho urubanza, barangije bafata ya maraso bayahindura ubucuruzi nyamara ababuze ababo ntabwo bigeze bamenya aho abantu babo barengeye abayamennye birirwa bigamba barya banywa hejuru yamaraso bamennye atariho urubanza.

Dore ntakabuza ngiye guhora kandi umujinya wanjye nta muntu n’umwe mu isi yabazima uzawuhagarika ndetse nta na masengesho yahagarika ifuhe ry’Uwiteka Imana Nyiringaboi uko niko abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ngiye kugaragaza ubutabera bwanjye abanyarwanda bararize bageraho baraceceka ntibigeze babona ubutabera, ariko noneho bagiye kumenya yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo uhorera inzira karengane uhereye kugisekuruza cya mbere kugeza ku cya kane (4) nyuma yo guhora bazamenya yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo uca imanza zitabera uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, genda ujye gusura gakondo yawe maze urebe uko yifashe.

Nuko ndamanuka ndagenda nsanga gakondo y’Umuhanuzi imeze neza yarakorewe neza cyane, nzamutse ngana mu icumbi mpura na kadayimoni ka kana, maze ndagafata ngasubiza ho kari gaturutse, akandi kabonye yuko mfashe kagenzi kako gahita kiyahura karapfa.

Nuko ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, uranesheje ejo uzahura na kageragezo gatoya ariko uzagatsinda uko niko Uwiteka abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona umugabo ugiye guhura na kaga gakomeye muri gakondo yabakiranutsi witwa CLAVER, maze ndabwirwa ngo uwo mugabo yagambaniwe kandi dore agiye gushyirwa mu nzu yimbohe none andika iri yerekwa maze uritangaze ahari hari uzasoma ubu butumwa akaba amuzi amubwire akuremo ake karenge mbere yuko ashyirwa mu nzu y’imbohe kuko agiye kubabazwa cyane uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, dore umwanzi nta bwo ashimishwa ni uko amabanga ye, yajya ahagaragara, niyompamvu abayobozi ba madini badashaka ko bavugwaho ko bakorana na Satani uwatinyuka wese kuba yashyira iryo banga ahagaragara yahita yicwa akamburwa ubugingo uko niko Uwiteka abivuga.

Translate »
Skip to toolbar