Dukurikije Ubuhanuzi bizagorana yuko Umwakagara Paul Kagame, asimburwa n’umwana we!!!
Nov 29, 2015 Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore umwuka w’inzika y’inzigo uraguterereje bagutegeye ku mategeko yo mu gihugu cy’Ibabyloni, ni uko rero uramenye ntuhirahire kuba wakora ikinyuranije namategeko yahoo kuko iriya nda wabonye batwitwe (Magigiri) abo ba magigiri nibo bagiye kugutegera ku mategeko yahoo kuko bahora bumviriza telephone yawe kugirango bumve gahunda zawe zose, maze bazabone uko bakugwa gitumo uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona nsubiye ku ishuli ryo kwigishirizaho abatutsi kubaha Imana ndagenda ngeze ku ishuli mbona agati karekare katewe hagati mu kibuga cyo kw’ishuli karumye, maze ndakegera ndagafata ndakarandura karahirima, ariko kari agati kagororotse neza kandi cyane. Nuko ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, ako gati gasobanura ubutegetsi bw’umuhungu w’Umwakagara Paul Kagame mwene rutagambwa rwa kagara “Ivan Cyomoro Kagame.” Utazigera ahabwa ubutegetsi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ubutegetsi Umwakagara yari yaramuteguriye ubwami ngo azamusimbura ku ngoma, nta bwo azabubona kuko nicyo gisobanuro cya kariya gati, kari karameze ka kazamuka ka kagera hagati mukirere cy’igicu, ariko ubwo yateraga kariya gati, kari katarageza igihe cyo kumera amashami kuruhande, Uwiteka Imana Nyiringabo yahise yohereza agasimba kitwa «KAGUGUNNYI» agategeka guhera hasi kaguguna imizi yose maze Umwakagara Paul Kagame yareba ako gati uburyo kazamuka neza akibwira yuko ibintu bizamutunganira ariko bizarangira ako gati gatemwe kajugunywe mu butayu bugufiya uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, nta bwo Umwakagara Paul Kagame yigeze amenya yuko ako gasimba “KAGUGUNNYI” kahereye hasi mu mizi kagenda kirira imizi gahoro kugeza ubwo Umwakagara Paul Kagame yatangiye kubona ka gati, gatangiye kwuma maze ayoberwa uko bigenze, kuko ako gati yari yaragashakiye imborera yose ishoboka ndetse agashakira n’umuganga uzajya agakurikiranira hafi kugirango ajye yica utwo dusimba twangiza imizi yako uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uburire Umwakagara Paul Kagame uti, uku niko Uwiteka Imana Nyiringabo avuga, ako gasimba kitwa “KAGUGUNNYI” mwagakuye aho mwaguze kariya gati, bivuze yuko uwo ushaka guha ubwami nta bwo abukwiriye kuko adasa nabwo kandi akaba umunyantegenke nta bwo ashobora kuba Umwami wa gakondo ya bakiranutsi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ubwire Umwakagara Paul Kagame uti, uku niko Uwiteka Imana Nyiringao avuga, ubwami bwawe warabwambuwe kandi bwakuwe mu nzu ya abega ndetse na bahindiro, bwajyanywe mu nzu y’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kugirango Umwami uzatoranywa n’Uwiteka Imana Nyiringabo abe ari we uzasimbura Umwami w’Abega n’Abahindiro uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore kariya kamodoka kitambitse mu nzira ugatwaye nta bwo ashaka ko watambuka. Maze ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, dore za magigiri ziri mu nzira zigiye ku gutegera mu nzira zitwaje amategeko kugirango zitambike imbere yawe uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore urubanza rw’umuyobozi wungirije igihugu cya Kenya (BABYLON) William Samuei Ruto ruzarangira ari nta butabera butanzwe kubishwe, ariko nyuma yaho azongera yisange muri urwo rubanza rusa nuru rurangiye kandi ruzaba rukomeye cyane kandi ruzamukomerera cyane kuruta uko abitekereza kuko abaturage bose bazaba bamushinja ubwicanyi yabakoreye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, igihe cyo gukurwa kumusozi kirasohoye none Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ategetse ko umanurwa kumusozi kuko igihe uhabaye kirahagije uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore conference watumiwemo ugiye kujyamo iragereranywa n’umugore ucuruza amajyi yaranguye kugiciro gitoya ku mashillingi (6) yarangiza akayateka akayagurisha amashillingi (50); icyo giterane cy’abantu bagera ku gihumbi na magana atanu (1500 hundred of people) n’ubucuruzi bukomeye cyane bwo ku rwego rw’amadini ikindi kandi dore aba (Pastors) bagiye kujya muri icyo giterane bose bagiye bitwaje impano bazaha uwabatumiye mu rwego rwo kwikundisha kugirango bazongere gutumirwa uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ubwire abanyamadini uti, uku niko data wo mu ijuru avuga, uko mukoza isoni izini rye, na we ni ko agiye gukoza isoni amadini yanyu mwahinduye ubucuruzi izina rye kugirango mwibonere amaronko uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ubwire abanyamadini (Synagogues Leaders) uti mwitwaza izina ry’Uwiteka Imana Nyiringabo mugambiliye kwironkera amaronko atubutse, ariko igihe kiraje kandi kirasohoye ubwo mugiye gucirwa imanza zitabera z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, abantu biki gihe kubera guhuzagurika bashaka ubutunzi bw’isi, nta bwo bagishaka Uwiteka Imana nkumuremyi wabo, ahubwo barishakira ibibagirira vuba kugirango ba bashe kubona ibyo bashaka kugeraho, nyamara ubuhanuzi bubasohoreyeho ko abazakunda impiya mu minsi y’imperuka bose bazarimbuka uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.













