Urubyiruko nyarwanda banze guhunga inzira zikigendwa zitari zabyara amahali!!!

09 OCT,2015 njyanwa mu iyerekwa muri gakondo yabakiranutsi, mbona ingoma y’abega ifatira ibyemezo bikomeye cyane abaturage, bifuza impinduka mu butegetsi nyuma yuko ingoma y’abega inaniwe gukemura ibibazo by’ibanze by’abaturage, ahubwo bahitamo gukoresha ingufu zikirenga mu baturage kugirango babeho mu bwoba bw’ikirenga maze abega barusheho kwikorera ibyo bifuza byose uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

 Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uburire abaturage bo muri gakondo ya bakiranutsi yuko ingoma ya RPF ar’ingoma ya SATANI, kubera iyo impamvu bakwiye kuba maso cyane no kwitonda cyane kuko umugambi w’iyo ingoma ari ukurimbura ubwoko bw’Uhoraho Nyiringabo hamwe na bantu b’Imana uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona abaturage bifuza abanyapolitike babayobora ngo bigaragambye bahakane ibyemezo bafatirwa n’ingoma y’abega, ariko barababura uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, burira abatuye muri gakondo ya bakiranutsi uti, aho gushaka kwigaragambya, ahubwo nimushake ubuhungiro aho mwagana mukize ubugingo bwanyu kuko mu minsi iri mbere hazaba aho umugabo ugasaba undi Kuko ibintu bigiye gukomera cyane kurusha uko muri kubitekereza uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, ibyo na bikoreye kugirango ubwoko bwanjye burusheho kunyizera no kunyiringira, kugirango mu gihe kigiye kuza bazabashe guhagarara badatsinzwe n’urubanza bazabashe guhamya imirimo y’ukuboko k’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona mu gihugu cy’ISAMARIYA (Burundi) Uwiteka Imana Nyiringabo ahamanura umwuka wigisuzuguriro, mbona umukuru w’igihugu Peter Nkurunziza agiweho n’igisuzuguriro mbona abaturage ba bandi rwimbi bo mu giturage batazi amazi uko asa, cyangwa uko umurwa mukuru w’ISAMARIYA (Bujumbura) uko usa, mbona ko bamusuzuguye cyane birenze urugero uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka ryongera kunzaho maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore Peter Nkurunziza mbere yuko ava kubutegetsi azambanzirizwa no gusuzugurwa na baturage rwimbi bizagaragaraza yuko yamaze kwamburwa ubutegetsi. Bazamuzusugura kandi nta cyo azabasha kubatwara kuko uwo mwuka uzaba uturutse k’Uwiteka Imana uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona umuririmbyikazi wo mu gihugu cya Kenya uririmba indirimbo z’Imana Gospel songs, mbona ko agiye gutangwaho igitambo n’umugabo wa mushatse wo muri NIGERIA Bishop ukorera Satani ufite idini rinini cyane. Uwo muririmbyi yitwa EMMY KOSGEI akazahitanwa n’impanuka azatezwa ni yo inkozi yikibi yamushatse uko niko Uwiteka abivuga.

ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uwo mugore agiye gukurwa mu mubiri kuko igihe cye gisa ni kirangiye cyo kuba ku isi yabazima uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Njyanw mu iyerekwa mbona urubyiruko nyarwanda ko barimo gushakisha aho bakwihisha, ariko barahabura kubera ibyago, akaga, amakuba bigiye kugwira igihugu cyabo. Mbona ko bashaka kwambuka ikiraro ngo bafate hakurya, ariko biranga kuko igihe Uwiteka yari yarabahaye ngo bakize ubugingo bwabo bagikerensheje igihe kirabarengana uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

 Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore urubyiruko nyarwanda baraminjiriwe kuko babuze aho bihisha ibyago byahanuwe ku gihugu cyabo bikaba bilimo kubasatira cyane kurushaho uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, kuko urubyiruko nyarwanda banze kumvira ijambo ryanjye, ubabwire uti, uku niko Uhoraho Nyiringabo avuga, dore igihe kiraje kandi kirasohoye ngo ibyahanuwe bisohoze umulimo wabyo, icyo gihe nimubona bisohoye, muzibuka yuko Uwiteka Imana Nyiringabo yababwiye guhunga ngo mukize amagara yanyu ariko mukanga mukamuneguriza izuru, icyo gihe na we azabaneguriza izuru uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

OCT 10, 2015 njyanwa mu iyerekwa mbona amaraso ashushanije nk’umunyururu, ariko yarameze nk’itunda ryitwa “PASSION FRUITS OF BLOOD” ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, uliya munyururu wa maraso ubonye, n’umunyururu Umwakagara Paul Kagame yabohesheje abanyarwanda ngo batazava mu gihugu bakamuhunga. Nyamara n’ubwo yabigenje gutyo, bizarangira abaciye ibihanga uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’Umuntu bwira abatuye isi bose uti, umuntu wese utemera ko Kristo ariwe jambo ry’Imana ntuzajye impaka nawe kuko uzaba usohoje umurimo wawe uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore amaraso y’Umwami wa bakiranutsi niyo yo nyine afitemo ibyiringiro gukiza umuntu kandi akaba ari nayo atanga ikimenyetso cy’ibigiye kubaho kubaho kw’isi ya bazima uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ubwire abantu batuye isi, uti, uku niko Uwiteka Nyiringabo avuga, amaraso ya Yesu akiza ibyaha, ariko nta bwo atwikira byaha cyangwa atwikire umuntu, ngo kugirango adahura nibibazo, amaraso ya Yesu amaraho bikababarirwa, akiza indwara, yirukana abadayimoni, agacacagagura imigozi yabagizwe imbohe n’umwanzi wabakiranutsi akaba n’umwanzi w’Uwiteka nyiringabo, akaba umwanzi w’Umwami Yesu Kristo, akaba umwanzi w’umwuka wera uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

egretnewseditor@gmail.com

Translate »
Skip to toolbar