Ibirebana na ba Nyampinga (2) bashya, ibyo basabwa n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo

Feb 21, 2025 ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho cyane, maze rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli ubutumwa watanze bwa NYAMPINGA mushya nta bwo yabwitayeho kuko yanze kwandika email ngo akumenyeshe yuko ari we NYAMPINGA watoranijwe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo gusimbura SHIMA DIANE RWIGARA uko niko Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli ubwire NYAMPINGA mushya uti, uku niko Uwiteka Nyiringabo avuze, ntutinye kandi ntugire ubwoba bwo kwandikira umucamanza uca imanza zitabera ngo umubwire ko ari wowe NYAMPINGA w’Uwiteka Imana Nyiringabo kuko namaze gutegura umutima we azakwakira neza kandi azakwishimira cyane uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli ubwire NYAMPINGA uti, uku niko Uwiteka Nyiringabo ategetse, ukwiye kwandikira Umwami Kigeli Ndoli ukamubwira yuko navuganye nawe kuko namuhaye ibimenyetso by’uwo uri we azakumenya ntagushidikanya uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, ubwire NYAMPINGA yuko iminsi ilimo kwihuta cyane ko adakwiye gucyererwa cyangwa ngo abadayimoni bamurindagize kuko abega balimo gukora imiterekerero ngo utazahura n’Umwami Kigeli Ndoli uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

 egretnewseditor@gmail.com 

Translate »
Skip to toolbar