Itangazo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rirebana no gutanga ubutabera ku bibazo by ’abantu bemera kandi bizerera mu butabera bw’Uwiteka kw’isi ya bazima.
Nk’uko byatangajwe n’ibiro by ’ubutabera bwo mu ijuru umwaka ushize (December 2024) mu gice cya (300) cy’Ubuhanuzi ni manza zitabera z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.Hategetswe ko, abagiye kurushinga bazajya basaba guhabwa ubutabera mbere yuko barushinga, kugirango bahabwe ubutabera bwa burundu ntihazagire igihungabanya urugo rwabo. Iri tangazo rirareba na bubatse ingo zabo umwanzi ahora agambirira gusenya ingo z’ababutse.
NB: (i) guhabwa iyi (services) birishyurirwa, kandi ni wowe ugomba kwiyishyuza ushingiye ku bibazo ufite kuko bizajya bikemurwa burundu ubutazagaruka ukundi.
(ii) guhabwa ubutabera kubibazo byawe bitandukanye no guhabwa ubutabera bwo kuzajya mu ijuru. Byumvikana neza yuko ari ibibazo byawe bacirwaho iteka gusa, kugirango ucirwe urubanza utikoreye imitwaro ya Satani na badayimoni. Ubu butabera n’ubwibibazo gusa byo mu isi kuko bwasimbuye amasengesho kuko iyo uhawe ubwo butabera bubanza guhagarika imbaraga z’abadayimoni na barozi na Satani ahasigaye ugasigara uko waremwe nk’umuntu maze ugatangira ubuzima bushya mu gihe utegereje gucirwa urubanza n’ubutabera bw’Uwiteka Imana Nyiringabo.
Bikorwa gute:
Bitewe ni uko bizajya bikorwa inshuro imwe, usabwa kwandika ibibazo byawe byose udasize na kimwe, hanyuma ukabyoherezanya nicyiru wowe wiciye kugirango uhabwe ubutabera bw’ibibazo byawe. Nk’uko twajyaga dusengera abantu mu myaka yashize, ubu noneho tuzajya tubikora biciye mu guciraho iteka ibibazo byawe.
Mbere yuko wohereza ibibazo byawe ngo bicirweho iteka, Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo azajya avuga uko bigenda ku buryo uzajya wandika email usanga yamaze gutanga igisubizo.
Ikibazo cy’ubwishyu na cyo Uwiteka yakuvuzeho ni we uzajya agena ubwishyu umuntu yishyura, kuko nshobora kwishyuza menshi cyangwa macyeya ugasanga bihindutse ubucuruzi budasobanutse.
Urugero hari umugore ufite umukobwa we muri America aherutse kunyandikira ansaba gusa ubutabera umukobwa we Washatse umaze imyaka (7) atari yabona urubyaro. Namuciye euros €2000, ariko Uwiteka arabyanga amusaba kwishyura euros € 1,129
Hari undi na we ufite ibibazo bya cancer ni bindi bibazo bikomeye cyane, Uwiteka yategetse ko agomba kwishyura euros € 13,000 urumva yuko Uiwteka yishyuza akurikije ubushobozi bw’umuntu afite.
Byumvikana neza yuko jyewe ari nta bubasha mfite bwo kwishyuza, ahubwo Uwiteka uzajya abohereza niwe uvuga ko gahunda zizajya zikorwa wa kumva bishoboka ugahabwa ubutabera ku bibazo byawe bikarangira burundu. Ubwo uwifuza guhabwa ubutabera agomba kwemera ko ibibazo bye byandikwa mu manza zitabera bigahabwa (file numbers). Twibutse yuko ahangaha ari nta mazina ya bantu azamo bashobora kuba baragize uruhare mu bibazo byawe. Imanza zitabera zifite ubushobozi bwo gusubiza iyo myuka mibi aho yaturutse cyangwa kuyifunga burundu ntizongere ku kugiraho ububasha.
Kuba watanga ibibazo byawe ariko amazi yawe ntashyirwe ahabona, ibyo nta cyo Uwiteka yari yabimbwiraho, gusa ntekereza yuko byaba byiza wemeye kuvuga umwirondoro wawe kugirango Uwiteka abone yuko umwiringira kandi umwizerwa, kuko niba abantu bavuga ibibazo byabo muruhame nibwira yuko ntaho bitandukaniye no kubishyira mu manza zitabera z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
Ibirenze kuri ibyo ubwo tuzavugana kuri email: