Umwami yababajwe n’iki?

Sept 02,2016 Dore Umwami w’uRwanda arababaye cyane kubw’inkuru washyize ahagaragara uburyo KIBUKAYIRE yanze kwinjira mu isabukuru ya Chancellor Boniface Benzinge.Ikindi kandi Umwami ntabwo yemera ko amakuru wanditse ko wayakuye muri za magigiri, ahubwo avugako wayahawe na Chancellor ariko inkuru yanditswe muri rushyashya ko yabahamagaye abashimira kunyandiko banditse nayo yatumye akeka ko ari KIBUKAYIRE arabizi yuko arumugambanyi ariko akanga kubyereka Chancellor kugirango atamusaba kubakura mu nteko ye.

Ari mu buzima bumeze nk’umuntu wahawe akato ka wenyine,yaba KIBUKAYIRE, cyangwa uwundi wese,nta bwo yifuza kugira icyo avugana nabo kubera inkuru ya rushyashya.net yamwanditseho imubeshyera.None ahagaritse umutima bikomeye kuko noneho nawe ashyizwe mu itangaza makuru kumaherere.
Dore asigaye agutinya wowe na Chancellor aziko mwabaye agati gakubiranije,ndetse arabizi yuko na Sister muri kumwe.Uko muri [3] amaze kubona yuko mufite imbaraga kandi yuko abantu benshi b’abari inyuma.Inkuru wanditse y’imyitwarire yibikoma ngoma yatumye avuguruzwa na mategeko agendera ku itegekonshinga kuko watumye abantu bamenya amategeko agenga ubwami bugendera ku itegekonshinga ku buryo nta nzira afite yo kuba yafata abantu bakomoka mu muryango we ngo abashyire mu nteko kandi binyuranije na mategeko agenga ubwami bugendera ku itegekonshinga uko niko Uwiteka avuga.
KIBUKAYIRE yababajwe ni uko washyize ahagaragara uburyo yanze kwinjira mu isabukuru ya Chancellor,kandi amuyobora.Byatumye akorwa nisoni kandi abona yuko isi yose yamenye yuko atubaha ahubwo asuzugura byatumye akwanga cyane kandi ntagishaka kongera kwandikwa mu itangaza makuru kuko byamaze kumuteza umutekano mucye abantu bamuzi bagiye bamuhamagara bamusaba kureka guhangana na Chancellor bamugira inama yo kurekeraho kwishyira hanze kuko arimo kwangiza ejo hazaza he niko Uwiteka avuga.
Skip to toolbar