Nike yatangaje ko abanyabugeni bakoze “Inkweto za Satani” bivugwa ko zirimo igitonyanga cy’amaraso y’umuntu bemeye gusaba abaziguze kuzigarura bakabasubiza ayabo.
Izi nkweto za siporo zavuzweho cyane, zaguzwe umuguru umwe ku $1,018 (agera kuri miliyoni y’u Rwanda) ni izo mu bwoko bwa Nike Air Max 97s zavuguruwe. Imiguru 666 niyo yakozwe iragurishwa uretse umwe gusa.
Izi nkweto zari zakozwe na ririya tsinda ry’abanyabugeni ry’i Brooklyn muri New York rifatanyije n’umuhanzi wa rap Lil Nas X, ari nawe wasigaranye umuguru wa nyuma w’izi nkweto ngo azawuhe uwo ashaka.
MSCHF ariko ivuga ko izagumana umuguru umwe wari usigaye.
Nta yandi makuru arambuye yatanzwe ku bwumvikane bwabayeho, burimo n’inkweto ziswe “Jesus Shoes” zakozwe na MSCHF mu 2019 nabwo bahereye kuri Air Max 97.
Mu itangazo ryasohowe na Nike igira iti: “MSCHF yahinduye izi nkweto itabyemerewe na Nike. Nike nta sano ifitanye n’Inkweto za Shitani cyangwa Inkweto za Yezu,”
Mu cyumweru gishize, Nike yareze MSCHF ivuga ko “Inkweto za Shitani zizateza urujijo ku isoko bigatuma habaho kwibeshya mu guhuza” MSCHF na Nike. Ariko MSCHF ivuga ko izo nkweto ari “ibikorwa bicyeya by’ubugeni” kandi bidateje urujijo.
Inkweto za Shitani za Lil Nas X na MSCHF zaguzwe mu gihe kitarenze umunota umwe kuwa mbere ushize
David Bernstein, wari uhagarariye MSCHF mu rubanza yavuze ko ubutumwa bw’ubugeni bwatangwaga kuri izi nkweto “bwakabirijwe” mu kirego cya Nike.
Mu itangazo yasohoye yavuze ko “MSCHF yishimiye ko habaye ubwumvikane kuri iki kirego”.
Abo banyabugeni bavuga ko izi nkweto mu cyumweru gishize zaguzwe mu gihe kitarenze umunota umwe.
Izi nkweto z’umukara n’umutuku zagaragaye bwa mbere ku wa mbere ushize mu ndirimbo nshya ya Lil Nas X yitwa Montero (Call Me By Your Name), yari yabanje gutangazwa mbere yaho.
Mu mashusho y’iyo ndirimbo, uyu muhanzi aboneka yinyereza ku cyuma babyiniraho (stripper pole) kiva mu ijuru kijya mu kuzimu, yambaye izi nkweto.
Umurongo wa Bibiliya uri kuri izi nkweto Luka 10:18 ugira uti: – “Arababwira ati, ‘Nabonye Satani avuye mu ijuru, agwa asa n’umurabyo.'”
April 17,2024 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru (Heaven News Media Agency) biratangaza Amakuru akurikira. Mu ijoro ryakeye Kampala muri Uganda bakoranye inama na Kayumba Nyamwasa, Read More »
The bombing of the Iranian consulate in Damascus, Syria was not, as the Iranians claim, simply an attack on a blameless diplomatic mission. It was a Read More »
Instead of moving towards a European super-state or a federal outfit, the EU’s current trajectory seems to be back to the nation-state model. The coming European Read More »
Israel is currently facing a multi-front war for its survival, with Qatar, Iran and Iran’s proxies, which are encircling Israel, leading the charge. If the Biden Read More »
The word “democracy” appears to have become polite shorthand for insisting that an insular minority in control of the government always knows what is best for Read More »
April 17,2024 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru (Heaven News Media Agency) biratangaza Amakuru akurikira. Mu ijoro ryakeye Kampala muri Uganda bakoranye inama na Kayumba Nyamwasa, Read More »
The bombing of the Iranian consulate in Damascus, Syria was not, as the Iranians claim, simply an attack on a blameless diplomatic mission. It was a Read More »
Instead of moving towards a European super-state or a federal outfit, the EU’s current trajectory seems to be back to the nation-state model. The coming European Read More »
Israel is currently facing a multi-front war for its survival, with Qatar, Iran and Iran’s proxies, which are encircling Israel, leading the charge. If the Biden Read More »
Egret TV
L
o
a
d
i
n
g
Rwandan Genocide - The slaughter of 800,000 people