Mu ruzinduko mu karere ka Rubavu Perezida Paul Kagame yibanze ku kubwira abaturage uko ubucuruzi bukwiye gukorwa anababwira ko nava ku butegetsi ashobora kujya kwikorera.Ariko se abega babaho batica ngo babone uko biba???
Mu ruzinduko arimo mu majyaruguru n’iburengerazuba bw’u Rwanda, Bwana Kagame ibyo abwira abaturage byibanda ku mutekano, imibereho myiza n’ubukungu.
Akarere ka Rubavu yasuye uyu munsi ubukungu bwako bushingira ku bucuruzi bwambukiranya umupaka ugahuza n’umugi wa Goma muri Kongo.
Mu ijambo ryanyuraga kuri Radio na Televiziyo by’igihugu biri kuba yavuze ko abacuruzi ba hano bakwiye kwagura isoko ryabo bakanagura iryo hakurya (muri Kongo).
Si ubwa mbere Bwana Kagame agaragaje ko akunda ‘ubucuruzi’.
Mu 2015 Perezida Kagame yatangaje ko se (Deogratias Rutagambwa) yari umucuruzi uri mu batangije kompanyi y’ubucuruzi yari izwi cyane mu Rwanda yitwaga TRAFIPRO.
David Himbara wari umujyanama wa Bwana Kagame, ubu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, mu 2016 yanditse igitabo yise Kagame’s Economic Mirage, muri cyo avuga ko ubucuruzi mu Rwanda bwihariwe kandi bugengwa n’ishyaka riri ku butegetsi bukayoborwa na Paul Kagame.
Mu gitabo kitwa Rwanda, Inc cyo mu 2014 cyanditswe na Patricia Crisafulli na Andrea Redmond, abantu banyuranye barimo ‘Perezida’ Bill Clinton bavuze ko u Rwanda ari igihugu cyakoze ibidasanzwe mu bukungu kuko ‘kiyobowe nk’ikigo cy’imari gicunzwe neza’ n’umuyobozi mukuru (CEO) wacyo Paul Kagame.
Ariko kuva kwa Kagame ku butegetsi akajya mu bucuruzi bishobora kuba bitari hafi, kuko itegeko nshinga ry’u Rwanda rimwemerera kuba yaguma ku butegetsi kugeza mu mwaka wa 2034.
The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life Read More »
April 20, 2026 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru biratangaza ko Jean Paul Turayishimye imbaraga yarafite z’u bumagigiri zarangiye. Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ngo na we yifuza Read More »
[The US president’s negotiations and ceasefires] are viewed by Tehran, Gaza and Beirut as infidels trying to tell Muslims what to do. For them, such a Read More »
EgretNews yagiye gushaka umuntu ukoresha aya mavuta ya collagen bivugwa ko akuraho iminkanyari, (wrinkles) nyuma yo kubona ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko ayo mavuta ya collagen Read More »
April 19, 2026 Uwiteka Imana Nyiringabo avuze ko akeneye abantu batera inkunga umurimo we wo guca imanza zitabera no gutegura itegekonshinga ry’Ubwami bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo bugendera Read More »
The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life Read More »
April 20, 2026 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru biratangaza ko Jean Paul Turayishimye imbaraga yarafite z’u bumagigiri zarangiye. Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ngo na we yifuza Read More »
[The US president’s negotiations and ceasefires] are viewed by Tehran, Gaza and Beirut as infidels trying to tell Muslims what to do. For them, such a Read More »
EgretNews yagiye gushaka umuntu ukoresha aya mavuta ya collagen bivugwa ko akuraho iminkanyari, (wrinkles) nyuma yo kubona ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko ayo mavuta ya collagen Read More »