Mu Bwongereza polisi yataye muri yombi Julian Assange washinze WikiLeaks. Itangazo ryayo rivuga ko Assange yafatiwe muri ambasade ya Equateur y’i Londres. Isobanura ko yinjiyemo itumiwe n’iyi ambasade, guverinoma ya Equateur imaze kwambura Assange ubuhungiro yari yaramuhaye.
Julian Assange ukomoka mu gihugu cya Australia yari mu buhungiro adasohoka muri ambasade ya Equateur i Londres kuva mu 2012. Arashakishwa n’ubucamanza bwa Leta zunze ubumwe z’Amerika imaze gushyira ahagaragara ibyaha imushinja.
Minisiteri y’ubucamanza y’Amerika yatangaje ko Assange aregwa ubufatanyacyaha n’Umunyamerikakazi Chelsea Manning kwiba amabanga y’igihugu banyuze mu ikoranabuhanga mu kwezi kwa gatatu 2010. Icyo gihe Chelsea Manning yari umusilikali akora mu nzego z’iperereza z’ingabo z’Amerika.
Polisi y’Ubwongereza yatangaje ko yafashe Assange ibisabwe na Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Perezida wa Equateur, Lenín Moreno, yavuze ko guverinoma ye yambuye ubuhungiro Assange kubera ko yari irambiwe nabi imyitwarire ye. Yasobanuye ko Assange yari atunze ibyuma by’ikoranabuhanga atari yemerewe, gufunga ibyuma by’umutekano bifata amashusho, kugira urugomo ku barinda ambasade, no kwiba amabanga y’umutekano y’ambasade yari imucumbikiye.
Perezida Moreno yongeyeho ko mu minsi ishize WikiLeaks ya Julian Assange yashyize ku karubanda amabanga ya Vatikani. Mbere yabyo na nyuma yabyo, abakozi bo hejuru ba Wikileaks baramusuye muri ambasade. Perezida Moreno, ati: “Ibi bisobanuye ko Assange yakomeje imilimo ye muri Wikileaks,” ikigo yavuze ko “kivanga mu buzima bwite bw’ibindi bihugu.”
The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life Read More »
April 20, 2026 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru biratangaza ko Jean Paul Turayishimye imbaraga yarafite z’u bumagigiri zarangiye. Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ngo na we yifuza Read More »
[The US president’s negotiations and ceasefires] are viewed by Tehran, Gaza and Beirut as infidels trying to tell Muslims what to do. For them, such a Read More »
EgretNews yagiye gushaka umuntu ukoresha aya mavuta ya collagen bivugwa ko akuraho iminkanyari, (wrinkles) nyuma yo kubona ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko ayo mavuta ya collagen Read More »
April 19, 2026 Uwiteka Imana Nyiringabo avuze ko akeneye abantu batera inkunga umurimo we wo guca imanza zitabera no gutegura itegekonshinga ry’Ubwami bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo bugendera Read More »
The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life Read More »
April 20, 2026 ibiro ntaramakuru byo mu ijuru biratangaza ko Jean Paul Turayishimye imbaraga yarafite z’u bumagigiri zarangiye. Ubuhanuzi bukomeza buvuga ko ngo na we yifuza Read More »
[The US president’s negotiations and ceasefires] are viewed by Tehran, Gaza and Beirut as infidels trying to tell Muslims what to do. For them, such a Read More »
EgretNews yagiye gushaka umuntu ukoresha aya mavuta ya collagen bivugwa ko akuraho iminkanyari, (wrinkles) nyuma yo kubona ikinyamakuru cya BBC cyanditse ko ayo mavuta ya collagen Read More »