Mu Bwongereza polisi yataye muri yombi Julian Assange washinze WikiLeaks. Itangazo ryayo rivuga ko Assange yafatiwe muri ambasade ya Equateur y’i Londres. Isobanura ko yinjiyemo itumiwe n’iyi ambasade, guverinoma ya Equateur imaze kwambura Assange ubuhungiro yari yaramuhaye.
Julian Assange ukomoka mu gihugu cya Australia yari mu buhungiro adasohoka muri ambasade ya Equateur i Londres kuva mu 2012. Arashakishwa n’ubucamanza bwa Leta zunze ubumwe z’Amerika imaze gushyira ahagaragara ibyaha imushinja.
Minisiteri y’ubucamanza y’Amerika yatangaje ko Assange aregwa ubufatanyacyaha n’Umunyamerikakazi Chelsea Manning kwiba amabanga y’igihugu banyuze mu ikoranabuhanga mu kwezi kwa gatatu 2010. Icyo gihe Chelsea Manning yari umusilikali akora mu nzego z’iperereza z’ingabo z’Amerika.
Polisi y’Ubwongereza yatangaje ko yafashe Assange ibisabwe na Leta zunze ubumwe z’Amerika.
Perezida wa Equateur, Lenín Moreno, yavuze ko guverinoma ye yambuye ubuhungiro Assange kubera ko yari irambiwe nabi imyitwarire ye. Yasobanuye ko Assange yari atunze ibyuma by’ikoranabuhanga atari yemerewe, gufunga ibyuma by’umutekano bifata amashusho, kugira urugomo ku barinda ambasade, no kwiba amabanga y’umutekano y’ambasade yari imucumbikiye.
Perezida Moreno yongeyeho ko mu minsi ishize WikiLeaks ya Julian Assange yashyize ku karubanda amabanga ya Vatikani. Mbere yabyo na nyuma yabyo, abakozi bo hejuru ba Wikileaks baramusuye muri ambasade. Perezida Moreno, ati: “Ibi bisobanuye ko Assange yakomeje imilimo ye muri Wikileaks,” ikigo yavuze ko “kivanga mu buzima bwite bw’ibindi bihugu.”
Based on recent announcements from the U.S. government regarding visa processing suspensions, Rwanda is among 75 countries facing a pause in the processing of U.S. immigrant visas, Read More »
Abakurikiranira hafi iby ’ubwami bwa YUHI VI mwatubwira icyabaye mu bwami bwe ko mbona iyi nkuru yanditswe 2017 yongera kuvugurwa Published on: Oct 4, 2022 at 05:58 Edit. Read More »
Nyamara mwabona «Kaguta Yoweri Museveni» atsinzwe amatora agakurwa kumwanya w’umukuru w’igihugu. Aya makuru yashyizwe ahagaragara n’umujyanama we ko adashobora gukurwa ku butegetsi, ni kimenyetso cy’uko imungu Read More »
Mu gihe Hategerejwe amatora y’umukuru w’igihugu cya Uganda, impungege zikomeje kuba zose kuva Leta ya Kaguta Yoweri Museveni yatanga itegeko ryo gukuraho internet mu gihugu hose Read More »
Based on recent announcements from the U.S. government regarding visa processing suspensions, Rwanda is among 75 countries facing a pause in the processing of U.S. immigrant visas, Read More »
Abakurikiranira hafi iby ’ubwami bwa YUHI VI mwatubwira icyabaye mu bwami bwe ko mbona iyi nkuru yanditswe 2017 yongera kuvugurwa Published on: Oct 4, 2022 at 05:58 Edit. Read More »
Nyamara mwabona «Kaguta Yoweri Museveni» atsinzwe amatora agakurwa kumwanya w’umukuru w’igihugu. Aya makuru yashyizwe ahagaragara n’umujyanama we ko adashobora gukurwa ku butegetsi, ni kimenyetso cy’uko imungu Read More »