Abanzi bawe ni banzi banjye, abagukunda nanjye nzabakunda, abakurwanya, nanjye nzabarwanya uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga

Nuko nkimara kuririmba iyo ndirimbo numva ijwi ry’Uwiteka rimbwira ngo, mwana w’umuntu ngiye gukora ikintu gishya mu isi yabazima kugirango bimenyekane yuko nd’Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga. Komera ushikame cyane kuko ngiye kugukoresha ibikomeye cyane mu isi yabazima kugirango abantu bamenye yuko Uwiteka Imana yabakiranutsi uko niko Uwiteka avuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, bwira ubwoko bwanjye yuko ngiye kubaha igihugu gishya, ubuzima bushya, buzira umuze, dore ku ngoma y’Umwami lll uhereye ku Mwami Kigeli V Ndahindurwa niho ineza yanjye izigaragaza mu bwoko bwanjye kuko hazategeka Umwami nitoranije ufite umutima nk ‘wanjye Umwami uzasimbura uwasimbuye Umwami Kigeli V Ndahindurwa uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, icyo gihe gakondo yabakiranutsi izayoborwa na mahoro gusa, kandi amahanga azaza gutura umugaragu wanjye nitoranirije, ihanga ritazakora gutyo nzarimaraho burundu kugirango bimenyekane yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, gakondo ya bakiranutsi uhereye icyo gihe izabaho mu mahoro ibihe byinshi cyane bidafite iherezo, kandi nta nduru cyangwa urusaku ruzongera kumvikana muri cyo gihugu uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Uhoraho Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi baturutse Uganda barakwanga cyane! Ndetse baguciye urwaho bakugirira nabi, dore na bo mwali inshuti ndetse na bo mwiganye Nkurunziza Vicenti uba mu gihugu cya Canada na Gikundiro Jules uba muri USA, barakwanga cyane ngo kuko ushyira ahagaragara by’ubutegetsi bwabo nyamara nta cyo baza gutwara kuko Uwiteka niwe buhungiro bwawe kandi akaba ubwihisho bw’abakiranutsi aho niho Uwiteka aza gushyira kuzageza igihe cyategetswe n’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore Uwiteka aza kuzamura ngusumbishe amahanga kandi icyo gihe, abigize abanzi bawe, nta bwo bazongera kuguca iryera kuko nza kwicaza ku ntebe yo gukiranuka maze Umwami wanjye akazandeba ijisho ryiza uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore banzi bawe bose nza bamaraho kandi umwanzi wawe n’umwanzi w’Uwiteka Imana Nyiringabo, uzakugirira nabi nanjye nzamugirira nabi, uzakugirira neza, nanjye nzamugirira neza, kugirango bamenye yuko nagukunze nka gutoranya mu mahanga kuko wakunze Umwami wanjye Umwami wo gukiranuka umukunze aba ankunze niko Uwiteka abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona ko inkozi zikibi zohereje umwuka w’igifungo, maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira uti, mwana w’umuntu, uwo mwuka uwusubize aho uvuye, kuko na guhagurukije ngo usenye kandi urimbure imbaraga z’umwijima kandi wubake ibidasenyuka, ndetse ukomeze ibidakomeye ushimangire ibikwiye gukomera kuko na kugize Umuhanuzi wa mahanga uko niko Uwiteka abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore abaguhiga nanjye nzabahiga, abakwanga nanjye nzabanga, abagukunda nanjye nza bakunda kugirango bimenyekane yuko nd’Uwiteka Imana ya we kuko wakunze gukiranuka wanga ubugome bukorerwa mu isi ya bazima, niyompamvu nanjye nzigaragaza yuko nd’Uwiteka Imana yawe kuko nzabana nawe nkigaragariza isi na bayituye mbinyujije muri wowe kuko ngiye gukora ibikomeye kugirango ikinyoma cya Satani na badayimoni na banyamadini bose mbashyire ku karubanda bigaragare yuko nta Imana bafite uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
OCT 30, 2015 Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore hari magigiri umwe wihaye inshingano zo ku guhiga, nanjye ngiye guteza ibyago na makuba mu muryango we, kugirango muce intege zo gukomeza kuguhiga kuko uwo niwe inkingi yo muri uwo muryango we maze niyumva ibyago na makuba byagwiriye umuyango we, kandi warashyize ahagaragara ibyo byago azahita gira ubwoba ndetse acike intege maze ananirwe gukomeza guhiga ubugingo bwawe uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona amadini yo muri gakondo ya bakiranutsi yitotomba kubera yuko abantu b’Uwiteka Imana Nyiringabo bari baragizwe ingaruzwa muheto, ngo basigaye bizera ijambo ry’Uwiteka ry’Ubuhanuzi aho kwizera ibyo bigishwa na bayobozi babo bahagarariye ayo madini mu isi ya bazima uko niko abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona n’inkozi zibibi zo mu bwoko bw’abarozi na zo zitotombera kuba zitakibona abantu ngo kuko basigaye biringiye ijambo ry’Ubuhanuzi ni uko mbona bakora inama yo kurwanya Umuhanuzi Majeshi Leon, maze ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ntutinye kandi ntugire ubwoba, ahubwo komera kumulimo wanjye kuko nzabana nawe kandi nkazigaragariza isi yose bikunyuzemo kuko nd’Uwiteka Imana yawe kandi narirahiye dore nzabana nawe kandi isi yose izamenya yuko nd’Uwiteka Imana yawe kandi ibyo na gambiriye kubwoko bwanjye byose nzabikora kugirango bamenye yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, wongere uhanure ubwire ubwoko bwanjye uti, ishyano riraguye muri gakondo ya bakiranutsi, kuko bakomeje gukora ibikorwa by’abanikolaiti, ndetse icyo gihugu kikaba cyuzuyemo ababeshyi biyitirira izina ryanjye, ba babwire uti, hasigaye agahe gato na babwiye mu gice cya (4) cy’Ubuhanuzi ni gice cya (5) cy’Ubuhanuzi aho ngiye guhana inkozi z’ikibi muri gakondo yabakiranutsi cyane abiyitirira izina ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ibyo nzabikorera kugirango isi yose izabone yuko nd’Uwiteka Imana ishobora byose n’ubwo bagiye guhamya yuko ntashobora byose, ariko sinzabura kuberaka yuko nshobora byose, kuko kuri wa munsi wahanuwe na Abahanuzi ubwo bazabura aho bahungira haba mu mwinjiro cyangwa mu mbere n’ubundi umunsi babuze aho bahungira ubwo bazaba babyiganira mu mwinjiro nibwo bazamenya yuko nd’Uwiteka Imana ishobora byose uko niko abivuga.
egretnewseditor@gmail.com