Imandwa zica amarenga ko hagati ya Kigeli na Kayumba Nyamwasa umwe muri bo ari we uzima ingoma, maze bihagarika umutima w’Umwakagara

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ukwiye gukora amasengesho kuko inkozi z’ikibi zirashaka kuburizamo umugisha wa bakiranutsi, itegereze uriya mugabo ufite umuvure, nuko ndamwitegereza mbona uwo mugabo azanye umuvure agiye gutegura umutobe maze mbona mu gihe arimo kwitegura uwo mutobe (juice) haza undi mugabo atwara wa muvure wo gutunganya umutobe wa bakiranutsi bari bagiye guhabwa ngo bice akanyota uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, sengera ubwoko bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kugirango uwo mugisha utaburizwamo n’inkozi zikibi uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore za magigiri zimaze iminsi zitegereje mu mayira abiri ko zakubona unyuraho kuko zamaze kumenya icyerekezo cyawe. None dore baragutegereje ntutarabuke ngo uve murugo, ahubwo witurize kugeza igihe zizagendera uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, bwira abakiranutsi uti, Uwiteka Imana aravuze ngo, nkunda abankunda, kandi abanshakana umwete bazambona, kuko icyubahiro n’ubutunzi biri iwanjye uko niko abivuga.
Proverbs 8:17 I love those who love me, and those who seek me diligently find me.
OCT 22, 2015 Njyanwa mu iyerekwa mbona umwakagara Paul Kagame yongera gutegura umugambi mubisha wo gushaka guhitana Gen.Kayumba Nyamwasa uri mu buhungiro mu gihugu cy’Africa y’Epfo maze ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rirambwira riti, mwana w’umuntu, n’ubwo Kayumba Nyamwasa ahiga ubugingo bwawe kandi mwese muri impunzi, umuburire ko Umwakagara alimo kumugenza kuko wowe ushinzwe gukiza ubugingo bw’abantu nta bwo ushinzwe kurimbura ubugingo bw’abantu uko niko Uhoraho Uwiteka Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona za magigiri zijya gushakisha aho Gen.Kayumba Nyamwasa acumbitse, basanga alinzwe na basirikare bitwa IMVAJURU, mbona ingabo w’umwega w’Umwakagara bakora ibishoboka byose ngo bamurase bamwice ariko umugambi wabo ubulizwamo n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo uko niko abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu Umwakagara yamaze kumenya yuko isi itamushaka balimo gushaka uko bamukura ku ngoma, niyompamvu alimo gukora ibishoboka byose ngo ahitane Kayumba Nyamwasa narangiza akurikizeho Umwami Kigeli V Ndahindurwa kuko abo uko ari (2) atekereza yuko ari bo bazamusimbura ku ntebe ya bukunzi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore uwahoze ari umufasha wawe bagiye kumuca igihanga kugirango bakugerekeho urusyo rushyushye bavuge yuko ari wowe wa mwicishije kuko bamaze kumenya yuko Uwiteka yamaze guca inzira mugikari y’abakiranutsi. Dore bakoresheje za mbaraga zabo z’umwijima maze babwirwa yuko ibyo kuguta muri yombi bitagishobotse ahubwo ko ibyiringiro byabo Byarangiye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, Mukandirima Murekatete Odette amaze igihe ahamagara telephone yawe akubonere hasi no hejuru, kuko bamaze kumushyushya umutwe kugirango bamwiyegereze nibamara kubona yuko bamukoresheje kugera kumugambi wabo, maze bamuce igihanga bityo bavuge yuko mwari mu maze iminsi muvugana muterana amagambo kugirango bazabone uko bakwikoreza urusyo rushyushye kumutwe wawe bavuga yuko ari wowe wa muhitanye maze babone uko bagufata uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Njyanwa mu iyerekwa mbona abakora umwuga w’ubutinganyi (Gays and Lesbianism) bamanurirwa uburwayi bumeze nka SIDA/HIV/ ariko atari HIV y’umwihariko, ahubwo n’uburwayi bufata buturutse muruti rw’umugongo bagahitana abakora umwuga w’ubusambanyi budasanzwe bwitwa ubutinganyi uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, kuko banze kumva iyo ivuga yo mu ijuru, niyo mpamvu Uwiteka yabaretse ngo bakurikize iby irari ryabo kugirango bizabazanire ingaruka mu mibiri yabo kuko banze kumva no kumvira ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo ryanditswe mu gitabo k’abahanuzi (BIBILIYA) uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ubwoko bwanjye (Uwiteka Nyiringabo) burarushye kandi cyane, kandi n’ubundi bugiye kuruha kurushaho kuko ubwami bw’Abafarisayo (Churches) ndabushenye kandi mbukuyeho burundu kuko banze kumvira ijambo ryanjye ryandikwa n’Umuhanuzi Majeshi Leon umugaragu wanjye Nizere mu nzu yanjye uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.
egretnewseditor@gmail.com