Umugore w’umucyecuru ushinzwe guteza ubukene kw’isi agirwa imbohe n’umucamanza uca imanza zitabera kw’isi ya bazima
Dec 13, 2025 njyanwa mu iyerekwa mbona icyintu gitangaje cyane, imyaka yose na maze nandika Ubuhanuzi nta bwo nigeze nkibona. Mbona ngenda na maguru ndimo gukina na bana batoya hagati mu murwa rwagati, uwo mujyi nta bwo nabashije gutahura uwari wo, maze uko twakinaga na ba bana niko twagendaga dusatira ahantu hari abagore benshi nabo basaga naho bataye umutwe cyangwa se basinze! Abagore barenze (1) bisobanura inkozi zikibi!
Uko nagendaga ndusheho kwegera aho bari ni nako nagendaga mbona umwanda mwinshi cyane uri aho abo bantu bari hari hameze nk’icukiro ryaho bata imyanda (trash). Ubwo nagendaga nkomeza kureba icyo barimo kureba sinkibone kuko narimfite ibihumbi bigera nko (100,000) by’amadollar cyangwa euros.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli wowe komeza ugende witegereze ndakwereka icyo bariya bagore barimo kureba. Ndakomeza nigira imbere natinyaga ko haba hari abajura cyangwa za mayibobo (street kids) mbona kure yanjye gatoya umucyecuru ushaje cyane mu myaka ariko ubona ko afite imbaraga, uko nagendaga mwegera niko yarushagaho kugenda ampunga cyane yinjira hagati muriyo myanda hari hameze cyangwa harabaye nk’ubuvumo ajya kwihishamo.
Noneho nkaza umurego wo kumwegera ndamwitegereza neza cyane ishusho yarimeze nka ba bahinde batari inzobe, kandi batari n’igikara. Abonye ko namugezeho arunama areba hasi kugirango nta mwitegereza nkamufotora ngatwara ishusho ye nkajya kumwerekana uko uwo mucyecuru asa!
Maze kumwitegereza neza cyane,
Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, Umwami Kigeli Ndoli, witegereje uliya mucyecuru uko asa? Ndasubiza nti, namwitegereje cyane, ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rirambwira riti, waba wa mumenye se? Ndasubiza nti, nta bwo namumenye ariko ndakeka yaba ari we nyina wabakene bose batuye kw’isi kuko bariya bagore barimo kumwamagana basaga naho ari we mama wabo wababyaye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, ubuvuze neza cyane, uliya ubonye ni we bita nyina w’ubukene yazengereje abantu batuye mu mirwa ni mijyi mitoya cyane. N’umwuka w’ubukene yabonye ko wahawe uburenganzira ku mitungo na cash nyinshi cyane ahitamo kuguhunga kuko ari ntaho muzongera guhurira muri iyi’si yabazima uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Bariya bagore bandi wabonye bari bameze nk abakobwa be, ni nkozi z’ibibi zari zimumereye nabi zamubazaga impamvu yemeye ko uhabwa umugisha ukabije kandi batashakaga ko uba umunyamugisha bashingiye ku masezerano bagiranye nizindi nkozi zikibi zishinzwe guteza abantu ubukene kw’isi ya bazima.
Bari bagore ubonye batezaga urusaku bashaka kumuca igihanga, na bo ni abakene kuko ubutunzi batunze atari ubwabo, kandi ukaba warabaciriyeho iteka ngo ubutunzi butari ubwabo basubizwe banyirabwo uko niko waciye iteka rya burundu uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Ijambo ry’Uhoraho rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, nta bwo abambuwe umugisha wabo bari gushobora guhabwa umugisha mu gihe wowe wari kuba utari wahabwa umugisha.
Ubwire abantu bose bambuwe umugisha wabo ni nkozi zikibi cyane uhereye muri gakondo ya bakiranutsi, yuko ubwo Umwami Kigeli Ndoli akaba n’umucamanza uca imanza zitabera ahawe umugisha, na bandi bagiye gukurikiraho bahabwa umugisha na data wo mu ijuru nkuko yabasezeranije uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.
Kandi ubabwire uti, ubu Buhanuzi birareba gusa abantu bahawe isezerano n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abinyujije:
Mu nzozi zabo, cyangwa mu mayerekwa yabo, cyangwa mu bahanuzi bukuri batari abahanuzi bahanurira inda zabo. Abameze gutyo bagiye gukurikiraho bahabwa umugisha nyuma yuko Umwami Kigeli Ndoli ahawe umugisha utubutse kandi uzakomeza kumuzaho kugirango umugisha wose yasezeranijwe ungana na (one trillion kenya money) wose awakiriye uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abitegetse.

The rhema word comes from heaven unto me, and told me that man of living God of heaven; condemned and release the spirit of death of eternal life to the old woman responsible to the world poverty spreading in the world wide obtained № 35,4046/0012/0025 thus is heaven decisions.
egretnewseditor@gmail.com














