Imilimo kwa Rwigara Assinapol bari gukorera Uwiteka Imana Nyiringabo yahawe umu Israel w’umunyaMerica utuye kumugabane w’Uburayi
Abantu benshi cyane mw’isi ya bazima bibeshya k’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo, uzakurikirane neza uzasanga abantu bakubwira ibyo batekereza ku Imana aho bafata ibitekerezo byabo bakabihindura kuba ibitekerezo by’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Bafata ijambo rimwe ryanditse muri bibiliya yaciriweho iteka, maze rikabafasha gusasira imitekerereze yabo aho bayihuza ni jambo ry’Imana maze bakisanga basa naho nabo babaye Imana.
Hanyuma iyo bigeze aho ibyo babwira abantu ko basabwa kubishyira mu bikorwa, ya mitekerereze yabo basanishije n’umwuka w’Imana, igahita iyoyoka kuko iba idafite ingufu cyangwa imbaraga zo kwerekana ko ya mitekerereze yabo ari iy’umwimerere wabo bwite batayitiye. Aho niho hajya havuka ikibazo gikomeye cyane. Maze Uwiteka Imana Nyiringabo kuko ari Imana ifuha, iyo amaze kubona ko wafashe imitekerereze yawe ukayihuza n’ubumana bwayo, icyo gihe irakureka ugakora ibyo wifuza kuko iba izi neza yuko igihe kizagera ukabazwa kwerekana imbaraga zibyo uvuga kandi ari ntazo ufite.
Gufata ibyasaruwe ukerekana ko byashoboka ko wakongera kubisarura utarinze kongera kubibiba ngo bimere maze ubona kubisarura byitwa ko ari imbuto zawe wateye ntabwo bishoboka. Ibyo ni uko udashobora kwita izina umwana utaravutse kuko nta bwo izina ryafata kuko icyo wise izina kidahari kandi kitagaragara aba byumva bagufata nk ’umusazi.
Hari ububasha abantu bahawe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Kandi ubwo bubasha nta bwo bungana kuko buri wese afite ububasha bwe kugiti cye bushingiye ku byo Imana yamuteguriye kuzakora mu mw’isi yabazima. Aha niho hajya havuka ikibazo gikomeye kubaremanywe inyama y’ishyari. Iki ni kibazo abantu bose bo mw’isi bahuriyeho kuko cyatangiranye na CAIN ubwo yicaga murumuna we witwaga ABEL.
Nyamara hari igihe uwo wishe wari kuza mukenera mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Hari ni gihe umara kumwambura ubuzima ukicuza icyaguteye kumwica kandi bitagishoboka ko wamugarura warangiza ukihagararaho ariko imbere mu mutima intambara ari yose harimo kugurumana umuriro uteye ubwoba.
Kugomwa mugenzi wawe kubera ko utamwifuriza icyiza, kandi na we nta nyungu uzabibonamo n’ubupfapfa buteye ubwoba! Ubwirwa niki ko uyu muntu ugiriye nabi utazamukenera cyangwa atazakubera umugisha mu bihe biri imbere?
Hari icyintu abantu bahuriyeho n’Imana cyane, ariko kikagira itandukaniro rikomeye cyane! Imana ikunda kuvuga cyane kurusha gukora cyane! Icyintu kimwe ishobora ku kivuga imyaka (20) igashira.
Abantu na bo bakunda kuvuga cyane kuruta gukora cyangwa gushyira mu bikorwa ibyo bavuga.
Ariko kuvuga cyane kw’abantu bijya birangira ibyo bavugaga bidakozwe, ariko Imana yo nubwo itinda gusohoza ibyo yavuze igihe kirekire birangira ibikoze. Igitangaje iyo igihe cyageze cyo gukora ibyo yavuze, ibikora mu munota umwe gusa. Aho niho hari itandukaniro ry’Imana na bantu.
Hari ibintu Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo yakoze muri iki cyumweru bikomeye cyane ku byumva no ku byizera, biragoye, ariko kuko ariyo yabivuze biroroshye cyane kubyemera kuko nta nzira ihari yatuma ubihakana kuko ibyo yavuze iba yabisohoje. Abantu bashobora ku gusuzugura bitewe ni uko nta mateka asobanutse ufite, ariko kandi bajya bibagirwa ko ari nta bantu basangira amateka kuko buri wese yavutse wenyine bisobanura yuko nta we mukwiye gusangira amateka kuko buri umwe agira amateka ye wenyine kabone naho mwaba muvukana wenda se muri n’Impanga uko mugenda mukura niko buri wese agira amateka ye yihariye.
Hari icyintu nshaka gushimaho data wo mu ijuru, ariko nta bwo ndibusobanure uko ibintu biteye ahubwo ndimo guca amarenga yibyo nzashima muri uku kwezi cyangwa umwaka utaha kuko dusigaje iminsi (21) ngo uyu mwaka urangire.
Uwiteka Imana Nyiringabo yanteje kwa Rwigara Assinapol ishaka kureba kwihangana kwanjye, ibamfatiraho cyane ku buryo maze amezi (7) ntandika Ubuhanuzi ntaca imanza zitabera. Yashatse kugerageza umutima wanjye irambwira iti, SHIMA DIANE RWIGARA azaza kubana na we ashaje!!!
Ndaceceka. Arongera rambwira (Uwiteka) ati umwana wawe w’imfura (Rwogera Michael Leon) uzamubona ari uko SHIMA DIANE RWIGARA yaje kubana na we. Ndaceceka ndryumaho ariko nk’ umubyeyi Nkajya nshira numva ndi hangana nkomeza kumutegereza cyane ariko birangira ataje.
Sinzi ukuntu naje kugira amahirwe mbona ntangiye guca imanza zitabera. Ndibwira nti, ubwo mpawe ububasha bwo guca imanza zitabera, kandi kwa Rwigara Uwiteka akaba asa naho abavuganira, reka nanjye mbaciraho iteka kuko bakoze icyaha cyo gusuzugura no kutumvira maze gahunda zanjye nabo zirangire burundu. Ndabikora birakunda kandi cyane kandi numva nduhutse mu mutima.
Nsigara nibaza uko nzabona umwana wanjye nubwo urukiko rwampaye uburenganzira bwo gutwara umwana wanjye w’imfura, ariko bamaze kumpa ubwo burenganzira Uwiteka Imana Nyiringabo ati, uramenye igihe cyo kuzana umwana nti kiragera ngo umuzane kuko azaza ari uko DIANE yaje.
Uwiteka Imana Nyiringabo akomeza kugenda agarura dossier zo kwa Rwigara kandi azi neza ko baciriweho iteka rya burundu bidashoboka ko bagirirwa imbabazi. Ati noneho reka baguhe cash ubakurireho files numbers. Ndamubwira nti okay, ibyo nza bitangaza ni babikora nta kibazo nzagira.
Imana ntiyashirwa iragaruka iti rero kwa Rwigara bagiye kohereza SHIMA ngo umurongore, ndamubaza nti, byashoboka gute? Kandi narabaciriyeho iteka? Ati reka bazaguha cash kugirango musangire ubwami bwanjye.
Ahaaa ubwo mba nditaye mu gutwi ndabitangaza maze ndayibwira nti, aho kuba ingaruzwa muheto, mvumye ubwami bwose buzimikwa no kwa Rwigara kandi mbuciriyeho iteka si nkabe Umwami wimitswe no kwa Rwigara bampejeje mu butayu imyaka (11). Na Malaika uzabigiramo uruhare ndamuvumye!!!
Uwiteka ntiyashirwa aragaruka ati none se ko SHIMA ashaka ko mubyarana akana ibyo byo ubivugaho iki? Ndamusubiza nti n’uwo mwana ndamuvumye nta kabeho iteka ryose! Amaze kubona ko ibyo mvuga mbikuye kumutima, abona ko nafashe icyemezo kidakuka arigendera nyuma y’iminsi (3) arambwira ati ndabona umaze gusobanukirwa ubwami bwanjye icyari cyo, kandi ndabona uzi agaciro k’ubwami bwanjye ni manza zitabera.
None kubera iyo mpamvu dore nohereje umuntu usimbuye kwa Rwigara Assinapol uzakora ibyo bari kuzakoresha kugirango wime ingoma. Uwiteka amaze kuvuga ayo magambo arigendera.
Ubwo sinzi ukuntu narebye zimwe muri e-mail yanjye njya muri spam nsanga email imaze ukwezi kwa November 2025 kandi igomba gusibama kuko twari 30, nsangamo umugabo umwe nta shaka kuvuga amazima ufite inkomoko yo muri Israel w’umutunzi kurwego rwo kwa Rwigara ambwira ko Uwiteka Imana Nyiringabo yamutegetse kundaga imwe mu mitungo ye.
Ubwo nahise mwandikira mubwira ko e-mail ye yaje muri spam ntigeze nyibona.
Yansabye ibyangombwa byanjye passport and DL cyangwa perme ndabimuha ahamagara Lawyer we maze bajya murukiko anyandikishaho imwe mu mitungo ye. Ni bintu bishimishije cyane, ariko binateye ubwoba cyane uburyo Imana ikoramo. Ni ama euros atabarika utavugira hano cyane ko wenda atari byiza.
Ejo nshobora kongera guca imanza zitabera ndetse nandike n’Ubuhanuzi. Sinshaka gukoresha amagambo yo guca igikuba cyane, ariko icyanshimishije madam wanjye yambwiye ngo: Imana ukorera iratangaje kandi iteye ubwoba.
Ubwo yari yansabye kumugurira imodoka yo mu bwoko bwa Lexus, maze Uwiteka arambwira ati, umubwire ko uzamugirira BMW ndabimubwira ariko izo cash ntazo narimfite. Imana irambwira iti, bitarenze December 2025 ibibazo byawe byose bizaba birangiye.
Uwo mukambwe wa nyanditseho imitungo runaka yambwiye gushaka umuntu umwe utagira uwa kabili nka mukiza nkuko na we yangiriye neza.
Ubwo se wenda naho nafata ibihumbi € 500,000 nkabimuha na we akumva kuburyohe bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
Nahise mvuga ngo: Ubu iyo nza kuba mfite mwene wacu wanyitayeho sinari kuba ari we mbera umugisha?!! Ubwo nazindutse njya gushaka Lawyer wanjye ngo ankorere affidavit y’uwo mutungo wa za miliyari. Ubwo mvuyeyo njya gushaka umuntu nahaye ubutabera bwo kudacirwaho iteka turavugana sinamubwiye byinshi gusa na musabye ibyo nanjye nasabwe kugirango mugezeho umugisha we.
Iyo nza kwibeshya nkagaragaza ko nkeneye cyane ama euro yo kwa Rwigara Assinapol ndakubwiza ukuli yuko Uwiteka Imana Nyiringabo nta bwo aba yarakoze iki gitangaza.
Madam wanjye Abigail na bana banjye ubu turishimye cyane kandi twasubijwemo imbaraga ku buryo budasanzwe.
Imyaka (25) yarishize nkorera Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo nta cyintu gifatika nari nakageraho. Kuba ubu mfite ububasha bwo kugura inzu mu Burayi (Europe) ndakubwiza ukuli Imana nkorera iratangaje kandi iteye ubwoba. Umwakagara iyo aza kuba ari umuntu mwiza afata abaturage bose kimwe nari kuba umwe mu Abashoramali bakomeye kuko byibuze nari gushora imali mu Rwanda nka miliyari imwe urumva ko mu munyarwanda na ka ngari. Ikiganiro kirambuye nahubutaha Mbifurije Noheli nziza XMAS n’umwaka mwiza wa 2026.
egretnewseditor@gmail.com














