Igihugu sumulima bagura cyangwa bakodesha
Abanyarwanda bo mu bwoko bw’Abahutu banze ubwami bw’uRwanda bugendera kw’itegeko nshinga, maze bahitamo repubulika itemewe na mategeko barayimika barayiririmbira maze ihinduka ubwami bw’abahutu bita repubulika. Imana iremera ubwami bwabo buraganza bugera mu myaka (33) maze basimburwa n’ubundi bwami bw’Abatutsi buyobowe n’abega bavugaga ko barimo guharanira ubwami bw’uRwanda bugendera kw’itegeko shinga. Ibyo babivugaga bashaka amaboko yabaturage rubanda rw’Umwami Kigeli V Ndahindurwa, maze arabibemerera bamaze gufata ubutegetsi bamwigizayo bati vuga uvuye aho. Mu gihe agikomeza kugigimiranya bati banza unywe kuri utu tuzi twa Munyuza tukunyuze iy’ubusamo maze turebe ko uzongera kuvuga ubwo bwami bwawe.
Nibwo bakoresheje za magigiri nyinshi zilimo Mukashema Esperance, MBUMBUZA Marie Claire, SGT. Ntaganira Christian wabanaga n’Umwami Kigeli V Ndahindurwa murugo iwe muri America muri Leta ya Virginia. Umuhanuzi Majeshi Leon agize ngo araburira Umwami Kigeli V Ndahindurwa yuko umwana babana murugo iwe ari we ugiye kumugambanira, ati Majeshi we ryarashe mbona!
Hashize iminsi baba bamunywesheje utwo tuzi, amaze kutunywa atangira kubona ko ibyo Umuhanuzi yamubwiye ari byo, ati mu mpamaagrire Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha, mu gihe batari bamuhamagara Umuhanuzi aba aramuhamagaye ati yewe ndagusaba imbabazi kuko wamburiye sinumve, none ndapfuye kandi uhite umbwirira «Chancellor Boniface Benzinge» ampamagare nawe musabe imbabazi kuko narabahemukiye…
Ubwo Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha ahita ahamagara umwiru mukuru «Chancellor Boniface Benzinge» ati hamagara Umwami w’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa arashaka kugusaba imbabazi ngo yatahuye ko yaduhemukiye…
Ibyo balimo kubikora Ubuhanuzi nabwo bwarabicaga bigacika buvuga ko Umwami w’uRwanda Kigeli V Ndahindurwa watanze taliki ya 16 Ukwakira 2016 ko agiye gutaha wenyine akazasiga abiru be inyuma akajya kwima ingoma muri gakondo yabakiranutsi. Kandi ko ibirori bye bikazabera muri stade amahoro, ariko akaba atazabona abantu bataha ibyo birori kuko bazaba ari bacye cyane babarirwa ku intoki.
Maze arangije gusaba imbabazi ashiramo umwuka yisangira basekuruza, maze abagambanyi barishima cyane biratinda, ako kanya inkuru iba ibaye kimomo bayandika mu kinyamakuru IGIHE.COM bamaze kuyandika umugambanyi Mukashema Esperance aba ahamagaye Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha ati waba wasomye igihe, ati Umwami yatanze!
Kuyavuga siko kuyamara nibwo Rwigemera yatangiye kwitegura ngo umwana we abe ari we wima ingoma asimbure Umwami Kigeli V Ndahindurwa. Uwo Rwigemra na we yarari mu bagambanyi ndetse bagera no kuri bashiki b’Umwami Kigeli V Ndahindurwa bakoresheje Pastor Ezra Mpyisi, aba ari we ubanyuramo umwe yabaga mu gihugu cy’Uburundi undi akaba muri Kenya abo bose niko bariye intonorano z’abega ngo noneho umugongo w’Umwami ucyurwe mu Rwanda bamushinyagurire atakiriho.
Maze banga kumukorera imihango ya cyami yo gutanga kuko bashakaga kumushahura ibinyita bye ngo imandwa zari zabisabye babonye ko bidashoboka, bati noneho arashyingurwa nka bandi bose nta bwo ari butabarizwe nk’Umwami w’uRwanda banga kumutabariza maze umuvumo ku buryo bwihuse uhita winjira muri gakondo yabakiranutsi. Ariko bibagirwa ko, ubwo Umugogo w’Umwami utashye muri gakondo yabakiranutsi n’ubwami bw’uRwanda bugendera kw’itegeko nshinga butashye kandi bwimye ingoma…
Ntibyatinze maze Ubuhanuzi busohoza umulimo wabwo maze abagambanyi barahembwa bahabwa intonorano zabo karahava, nyuma yitanga ry’Umwami Kigeli V Ndahindurwa, maze abariye intonorano zitangira kubagaruka nta imyaka (2) yashize bose batari bahabwa ibihembo byabo bibakwiriye. Rwigemera aba aciyeho akurikira Umwami Kigeli V Ndahindurwa, umugabo wa Mukashema bitaga SISI Evaliste aba aragiye mu gihe umugore akiri mu marira Mukashema Esperance na we aba aramukiriye, igihe abantu balimo kwibaza bati ibi ni biki Pastor EZRA MPYISI na we bati ngwino reka kuyanjwa, hagenda hakurikiraho na bandi benshi bamaze guherekeza Umwami w’uRwanda utaragombaga kugenda wenyine byasabaga ko haboneka abamuherekeza.
Uyumunsi wa none abanyarwanda yaba Abahutu cyangwa Abatutsi bibonaga mu bwami bwa abega bwiyita republika babuze amahwemo bahora bifuza yuko byibuze na bwa bwami bangaga bwa garuka ngo barebe yuko bahonoka ku icumu ry’abega ribagerereye barimo gushirira kw’icumu.
Ubwo bamwe bari bagifite ibyiringiro yuko byibuze kwa Rwigara Assinapol bazakoresha ingufu zabo na cash zabo nyinshi babifashijwemo n’ibihugu bakoreramo ubucuruzi bilimo ibihugu by’Iburayi bita European Union ndetse na America.
Bagerageje gukanda umwana w’umwega basanga adakandika bitewe ni uko bashakaga guhigika Ubuhanuzi kuruhande kugirango batware icyubahiro cy’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo.
Maze na we (Uwiteka) anangira umutima w’Umwakagara Paul Kagame abonye ko basa naho bagiye kumurusha imbaraga abazanira ikiza cya covid19 maze gihantanura ubukungu bw’isi yose karahava aho kirangiriye buri wese yarwanaga no gushaka ibya mutunga, ariko hagati aho umwana w’umwega yitwikiriye ijoro maze covid19 ayibyaza umusaruro karahava atatanya abashingwa cumu karahava covid19 irangira bose bamaze gucika intege kwa Rwigara batangira gukizwa na maguru bahungira America n’Uburayi basiga gakondo yabakiranutsi baharaniraga.
Ubwo mucuti wabo icyamamare muri politike Ingabire Victoire Umuhoza umwana w’umwega yongera kumugera amajanja amusubiza mu nzu y’imbohe, maze umugani wa bakurambere ubasohoreraho ugira uti: «INGABO Y’INGORE IRAGUSHORA NTIGUKURA» ubwo abavuye Uganda basimbuzwa abahutu bemeye kuyoboka, abari bizeye General Kayumba Nyamwasa bahinduka izabihehe nabo bemera kuyoboka ingoma y’abega ngo barebe ko bwacya kabiri.
Maze abantu bose bahinduka ibikange nk’impfubyi zitagira kirera, maze abarwanyaga Ubuhanuzi batangira ku bwisunga ngo barebe ko byibuze bwasohoza umulimo wabwo. Maze Ubuhanuzi na bwo buravuga buti muracyafite akang’ononwa mube mutegereje ho gatoya mbanze ngire ibyo nikorera.
Ubu abantu batuje badatuje mu gihe bari biringiye ko byibuze wenda naho YUHI VI ya kwima ingoma akabakiza ingoma y’abega, ariko na we umunsi yimiyeho ingoma ni na wo munsi yaciriweho iteka. Maze abakomoka ibwami umujinya urabataha ni bwo bitabaje ikoranabuhanga bahangara gutuka Umuhanuzi akaba umucamanza uca imanza zitabera akaba n’Umwami watoranijwe n’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo bavuga ko ngo ibyo yahanuye bitasohoye k’Umwami w’uRwanda Kigeli V ndahindurwa!
Maze Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo aravuga ati, abo bihorere barakajwe ni uko ibyo wabahanuyeho bitasohoye kuko Umwami wabo yabaye intumva yiringira abantu kurusha uko yasabwaga kunyiringira. Maze Uwiteka arambwira ati, ahubwo itegure nkimikishe ukuboko kwanjye kwera, aho ni mu gice cy’Ubuhanuzi cya (138).
Aba anyimikishije amavuta ye n’ukuboko kwe gukomeye cyane! Arangije kunyimika nk’Umwami wa gakondo yabakiranutsi, ubwo intambara zirushaho gukara cyane, maze idini rya «ROMAN CATHOLIC CHURCH» ritangira ibikorwa byo gushaka uko bacisha igihanga Umwami Kigeli Ndoli, ubwo n’Umwami YUHI VI nta bwo yari yicaye. Maze ibintu bifata indi ntera, ariko Kayumba Nyamwasa we abarusha kuba intore itera intambwe ndende ishinzwe kwica abakiranutsi, ariko na we imigambi ye Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ayiburizamo.
None ubu abantu byarabayobeye basigaye bategereje ibizababaho kuko birase cyane amaboko yabo n’ubutwari bwabo, uko barwanye intambara nyinshi cyane kandi bakazitsinda. Ubwo ibyo bakiri kubivuga haba hajemo n’ubucuruzi maze abantu bose amabanga yose bari barabitse batangira kuyabyaza umusaruro bayashyira ahabona iby ’amabanga birangiye batangira guhimba ibinyoma kuri za nkoranyambaga zibahemba agatubutse.
Ibindi nti bibareba maze umurururmba uriyongera biratinda. Maze bashiki bacu na bakobwa bacu bakuramo imyenda amakariso bayamanika ku giti hejuru berekana ibitsina byabo uko biteye neza kugirango basohoze ibyahanuwe baba mpemuke ndamuke ariko nibonere ifunguro.
Ubwo Abahutu basigara biringiye bene wabo bari mu mashyamba ya DRCongo indirimbo umukambwe Twagiramungu Faustin yaririmbye akarinda ashiramo umwuka adasohoje icyifuzo cye.
Abamusimbuye bakomeza iyo indirimbo maze Ubuhanuzi buti reka nze mbereke ko ari jye utegeka. Ubwo M23 iba iravutse itangira intambara iratsindwa kuko bashatse kutanga imbere Ubuhanuzi, igihe gisohoye Ubuhanuzi buti noneho ngaho ni mufate intwaro mutangire mu mashane ndabajya imbere mugaruze intara zahoze ari iza gakondo ya bakiranutsi.
Bararwana maze amahanga arahurura aza kubarwanya maze tuyaciraho iteka bafatwa mpiri bose uko bakabaye bahabwa imbabazi banyuzwa muri gakondo ya bakiranutsi basubira iwabo. Maze ijambo ry’Uhoraho rirasohora riti, mbese ninde wahangara Uwiteka Imana Nyiringabo?
Iyo repubulika mwiringiye muzayizinukwa musigare mwifuza ubwami bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo. Mwanze kwemera none mugiye kwemezwa kugirango akang’ononwa gashire karangire burundu. Ariko umuntu ahora yumva yuko ya kwihimbira inzira ze zinyuranye n’i z’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo? Mbese imyaka mu maze musiragira nta bwo mwari mwemera yuko Uwiteka Imana Nyiringabo ari we Imana kandi ko Kristo ari we Umwami wa bakiranutsi?
Ubundi se ko byari na mahire cyera ko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo wagirango isi ya yirekeye abatuye isi kugirango bayikoreshe icyo bishakiye, none ibintu bikaba byarasubiwemo nyirubwite akaba yariyiziye, erega nta bwo ashobora kuza mu buryo mwebwe mutekerezamo, niyompamvu abakobwa (bategereje umugeni kugeza umunsi wose bigeze mu gicuku) (USIKU WA MANANE) maze abakobwa (5) ba abapfapfa amavuta yo gucana arabashirana kuko bari barapangiye umugeni igihe azazira. Maze na we arabatenguha ntiyaza mu gihe batekerezagamo ko azaza kugeza amavuta abashiranye abona kuza asanga badahari bagiye kugura amavuta bashyira mu matara yabo bagarutse basanga yinjiye yakinze imiryango basigara hanze babura uko binjira.
Ibi bya babayeho kubera kwigira abanyabwenge ngo bazi igihe umwana w’umuntu azazira, kandi nyamara yarababwiye ati, mube maso cyane kuko nzaza nkumujura kuko nyiri nzu iyo aza kumenya igihe umujura azazira yakabaye maso kugirango atamwiba. Uyu mugani urimo ubwenge bwimbitse cyane nta bwo ari buri wese wahawe ububasha bwo kumva icyo usobanura kuko uri (in deep philosophic) cyane kuwumva no kuwutahura neza cyangwa kuwusobanukirwa neza bijya bigora benshi kandi nyamara bavuga yuko ari abigisha bijambo ry’Imana. Nyamara nibo babaye aba mbere gucirwaho iteka.
Maze abafarisayo bumvise abahishe iby ’ubwami bw’Uhoraho kandi ari bwo bari bategereje kuko bumvaga ko ari bo bazaba aba mbere kwakira Umwami wo gukiranuka Yesu Kristo bati (RABBI) noneho tubwire igihe ubwami bwawe buzazira? Ubwo ngo bari bigize abahanga cyane mu gutekereza ngo bamutege umutego maze bamenye akari imuriro.
Maze abararanganyamo amaso arababwira ati, ubwami bw’Uwiteka Imana Nyiringabo buri hagati muri mwe. Basiii! akaba karabaye barumirwa babura icyo bavuga basigara bifashe kumatama.
Maze abonye ko birushijeho kubayobera, arababwira ati, erega umwana w’umuntu azagambanirwa yicwe ashyirwe munda y’isi, maze kumunsi wa (3) ayivemo ashyirwe hejuru azazamuka kwa data wo mu ijuru asubire mu bwiza bwe yicare iburyo bwa data maze akazagaruka aje guca imanza z’abazima na bapfuye kw’isi yazima. Bati ahubwo aho ngaho noneho duhawe ikimenyetso.
Ubwo uhereye igihe yagendeye batangira gucunganwa ni uko azagaruka guca imanza zitabera, noneho bishingikiriza ku ijambo rivuga ngo kandi azagaruka aherekejwe na ba Malaika be bamukikije mukirere kandi isi yose izabirebesha amaso maze bibagirwa ko yababwiye ko azaza nkumujura.
Abadasobanukiwe imvugo z’Ubuhanuzi ni kibazo, ariko tubasobanurire umuntu kubera uburiganya n’ubwenge yasoromye kuri cya giti cyo hagati buri gihe ubwenge bwe buhoraho buhindagurika. Agambiliye gukora uburiganya yibwira yuko yariganya Uwiteka Imana Nyiringabo.
Niyompamvu Ubuhanuzi bujya buvuga buzimiza, ariko wowe ubusoma ukumva ibyo buvuze ko ari na ko byanze bikunze busobanura. Nyamara atari byo! Ubu nkubwiye ko kumusozi wa Harimagedoni muri Israel bahashyize za camera zikomeye cyane ngo zizafata amashusho uko Umwami Yesu Kristo azaza na ba Malaika bazaba bamushagaye bamuherekeje bavugaga ko ari ho ngo Umwami Yesu azamanukira agarutse kw’isi yabazima byagutangaza cyane.
Ubwo mu byumba by’amasengesho Ubuhanuzi bwarimo guca ibintu abahanuzi na bahanuzi-kazi bahanura bavuga bati Yesu nyamara araje!!! Ababyumvaga bati abarokore barasaze babuze akazi bakora none basigaye birirwa bateza ubwoba mu bantu. Ako kanya za magigiri z’abega ziba zirahagurutse zitangira guhiga Abahanuzi aho bari hose insengero zose bazinjiramo ndetse n’ubuyobozi bw’amadini babwinjiramo ku ngufu bakoresheje ingufu za Leta yabo, ADEPR bayitezamo intambara zikomeye cyane ngo bafunge iminwa yabahanuzi ntibazongera kuvuga maze Abahutu na Abatutsi bo muri iryo idini barahangana karahava barwanira ubutegetsi.
Maze umwuka wera asohoka gahoro gahoro arigendera basigara barwanisha umubiri abega batangira kwishima cyane yuko banesheje ubwo LT.Ntirushwa Jean De Dieu na CPT. Muyenzi bari bashinzwe gutata itorero ry’Imana bakora za report karahava bati noneho mukwiye gushimirwa kuko mwakoze umulimo mwiza ni muze tubahembe.
Maze abasirikare bo mu CAMP KIGALI umwuka wera abamanukaho barahanura bati Umwami araje vuba bidatinze mukwiye kwiyeza cyane. Za magigiri zibalimo zijya kubwira Gen.Fred Ibingira bati ingabo zawe zilimo guhanura ko Umwami aje, ariko buriya nta bwo ari Umwami Yesu ahubwo n’Umwami Kigeli. Atanga itegeko ati mubafate mubashyire nzu y’inzu y’imbohe. Barafatwa barafungwa cyena babakoraho iperereza (Investigations) bageraho barabarekura.
Ubwo babaza imandwa bati ubwo bwami bulimo kuvugwa n’ubwa nde? Imandwa zita uwo Mwami yitwa Kigeli, bati se ni Kigeli V Ndahindurwa? Imandwa ziti oya! Uwo Mwami ari hano mu gihugu kandi ari mu insengero. Abashinzwe kumviriza icyo imandwa zivuga bati abavugirwamo ni myuka yabakurambere baravangiwe nta bwo basobanura ibintu neza kandi nyamara babisobanuye.
Ubwo icyo gihe twari 2006, bati ni mushyireho za magigiri z’abagore babasirikare bajye mu insengero zose mu gihugu bajye gutera icyumvirizo batuzanire amakuru tumenye ukuli kw’ibi bintu.
Maze umwuka w’Imana abwira Umuhanuzi ati rero ibintu bimeze nabi cyane, none sohoka mu idini ukorere hanze yaryo wibere mu cyumba cy’amasengesho. Nuko Umuhanuzi asohoka mu idini yigira mu byumba by’amasengesho, ariko akajya ahahurira nizo intasi z’abega bati yewe ubanza wa muntu ujy’uvugwa ari uyu.
Ubwo ariko haduka na bandi bahanuzi bibinyoma bavangira abega bananirwa kumenya uwo bashaka uwari we, ariko cyane bakibanda kuhanura intambara ikurwaho ry’ingoma y’abega. Ubwo Sinakubwira batanga za telephone z’Umuhanuzi ngo bajye bamuhamagara kubasengera ariko bagambiriye gutata umwuka ukorera muri we.
Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ati hindura N° zawe za telephone maze turebe aho bazagukura. Telephone N° zirahindurwa ubwo abantu niko bahunga umusubirizo bahunga intambara igiye kuba muri gakondo yabakiranutsi. Ubwo igihe kiragera umwuka w’Imana ati vaa mu gihigu maze ujye mu gihugu nza kwereka. Ubwo Umuhanuzi arahunga imandwa nazo zita uzaba Umwami agasimbura Kigeli V Ndahindurwa arahungishijwe akuwe mu gihugu kandi agiye mu gihugu cy’abaturanyi (Uganda).
Abega bati aho sikure cyane tuzamusangayo cyane ko bumvaga ko bagifite igihe, bati noneho reka tubanze twice Umwami Kigeli V Ndahindurwa maze turebe uzamusimbura uwari we, icyo gihe tuzaba tumenya uko tuzabigenza. N’uko Sinakubwira Ubuhanuzi nabwo buramanuka butangira kwandikwa maze buvuga amashira kinyoma uko ingoma z’abami zi za simburana.
Ariko bugeraho burabavangira bubabwirako ngo hagiye kwima ingoma ya bami (2) bazasimbura Umwami Kigeli V Ndahindurwa maze bananirwa kumva uko abami (2) bashobora kwima ingoma icyarimwe ari (2) kandi ingoma y’ubwami ari imwe.
Mbere yuko Umwami YUHI VI Bushayija Emmanuel Ruzindana yima ingoma Ubuhanuzi bubwira umwiru mukuru Chancellor Boniface Benzinge buti nyamara ugiye kwimika Umwami uri mu gihugu cy’Ubwongereza uwo niwe ugiye gusimbura Umwami Kigeli V Ndahindurwa ati ibyo ni byiza cyane.
Ubuhanuzi buti ariko n’ubwo ugiye ku mwimika azasimburwa n’Umwami wundi uri mu butayu. Umwiru mukuru ngo yumve ayo magambo aba akuyeho telephone iryo ni ryo herezo ryabaye hagati y’Umuhanuzi Majeshi Leon Ainesha n’umwiru mukuru kugeza magingo aya.
Bakundwa kuyavuga siko kuyamara burya uwavuga ay’inzuki ubuki ntibwaribwa, hari igihe abantu bigira aba Malaika ariko inyuma yabo bahishe byinshi. Iyo inyungu zibyo yagushakagaho zita gihari nta cyo muba mugipfana uhinduka umwanzi kuri we wagirango urwango ruruta isano mufitanye. Nyamara se nyiribwite iyo yavuze ninde wamuvuguruza? Naho abantu bose bakwanga bakuziza ubusa ariko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo ari kuruhande rwawe nta cyo babasha kugutwara.
Ntibazababeshye nta bwo ibyera byose byitwa amata, kuko na mata y’umujago bayita amata kandi atari amata. Kandi nyine inshuti uyibona mu byago. Nyamara akamasa kazaca inka kazivukamo. Ubaye ufite ikibazo kuri iyi nyandiko watwandikira ukabaza ikibazo cyawe.
egretnewseditor@gmail.com













