Igihe cy’amagambo cyararangiye hasigaye kwizera nibikorwa imilimo y’umuntu, niyo izamukora!!!

Njynwa mu iyerekwa igihugu cya Kenya mbona kiri mukaga gakomeye cyane, mbanza gukeka ko, ari uko abadapite batangaje yuko mu isanduka ya Leta nta mashiliingi bafite yashizemo yatabara igihugu kigiye mukaga «reserve treasure money» maze ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu nk’uko wabihanuye ko icyo gihugu kizinjira mukaga gakomeye cyane ku buryo umuturage wicyo gihugu azifuza gufpa aho kubaho uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Kenya’s prophecy!

Jeremiah 8:3

3 Wherever I banish them, all the survivors of this evil nation will prefer death to life, declares the LORD Almighty.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, igihugu cya Kenya abakomeye n’abahoroje (great and slaves) bose ntibazabura kwisanga mu nzira za mazamuka kuko banze kumva bakigira ibikomerezwa imbere y’Uwiteka Imana  Nyiringabo bagasuzugura ijambo ryayo, niyompamvu nanjye ukuboko kwanjye kuzabaremera kugirango bazamenye yuko nd’Uwiteka Imana Nyiringabo kuko birngiye ibigirwamana byabo bitari Imana, ariko kuri munsi wa makuba nta bwo ibyo bigirwamana byabo bizabasha kubatabara uko niko Uwiteka abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona umuhanuzi kazi uba ku mugabane w’UBURAYI (Europe) mu gihugu cya (FRANCE) mbona uwo mugore afashe umwana w’umuhungu ubyibushye cyane kandi usa neza, ariko yaramufatiye mu myenda ishaje. Maze mbona uwo mwana w’umuhungu amuhereza umugabo we, numva abwirwa ngo, shaka iyindi myenda mishya yo gufatiramo umwana wawe kuko imyenda wamufatiragamo imaze gusaza cyane uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rinzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, ibikorwa by’umwuka wera bigiye gusimburwa n’ubutabera bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kw’isi ya bazima uko niko Nyiringabo abivuga.

 OCT 11, 2015 njyanwa mu iyerekwa mbona abadayimoni bagiye gukarangwa mu mavuta ashyushye, mbona igikarango cya mavuta gishyirwa kuziko rya mavuta maze bashyiramo abo badayimoni bo mu bwoko bw’imandwa z’abega nyinshi cyane maze abo bazimu bose barapfa bashiraho bari bateguwe kugaba igitero cy’Umuhanuzi Majeshi Leon no gusenya umulimo w’Imana uko niko Uwiteka abivuga.

Ijambo ry’Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, dore ugiye gusengera umuntu watererejwe abadayimoni bakomeye cyane, ariko kuko igihe cyabo badayimoni cyageze cyo kurekura uwo mukiranutsi, dore Uwiteka aguhaye ubutware bwo kubirukana kubera yuko Uwiteka yumvise gusenga kwe uko niko abivuga.

OCT 12, 2015 njyanwa mu iyerekwa ku mwaka wa (7) mbona Umwami Yesu Kristo asura Umuhanuzi Majeshi Leon aho yarali mu butayu bugufiya. Iyo yari inshuro ya (7) nongera kumubona imbone nkubona, maze arambwira ati, mugaragu wanjye komeza umulimo wanjye naguhamagariye kandi ushikame cyane kuko urugamba uriho rutoroshye uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, igihe kiraje kandi kirasohoye ubwo ugiye guhabwa gukora imilimo Umwami wabakiranutsi Yesu Kristo yakoreraga mu isi ya bazima. Yasize avuze yuko azagaruka guca imanza zitabera, none yahisemo ko ari wowe uzazikomeza ugaciraho isi iteka rya burundu uko niko Nyiringabo abitegetse.

Nyuma yo guhabwa ubwo bubasha n’ubutware mbona Umwami wabakiranutsi intare yo mu muryango wa (JUDA) arambwira ati, icyari kizanye ndakirangije sinzongera kugaruka ukundi kuko icyari kuzangarura kwari ugaca imanza zitabera, none unsimbuye kumulimo wa data ukomeze umulimo kuzageza kw’iherezo uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, nyamara n’ubwo uhawe ububasha n’ubutware bwo mu isi no guca imanza zitabera mu isi ya bazima, ntabwo abatuye mu isi bazizera ko uri we uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Nukuri nukuri ndababwiz’ukuri yuko ni mutamwizera ko ari we, nta bwo muzinjira mu bwami bwo mu ijuru. Kuko abamwizera ko ari we abo nibo bana b’Imana data wa twese akaba na se wa Yesu Kristo uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ndumva mfite byinshi byo kubabwira, ariko kandi sinabirangiza kuko ndumva meze nkiriba ry’umugezi umanukamo amazi yurubogobogo kuvuga iby’ubwami bw’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo birenze ubwenge bw’abantu uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

 Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uburire abantu ko igihe cyo kumva ijambo cyararangiye hasigaye gukora ibikorwa kuko mu minsi micye cyane abantu bagiye gutabarwa nibikorwa byabo byiza no kwizera kwabo gusa nta kindi kizabatabara uko niko Uwiteka Nyiringabo abivuga.

Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, ibihe birimbere hagiye kubaho ibihe bikomeye cyane, kandi bizabanzirizwa na politike mbi igiye kuba mu gihugu cy’Ibabyloni (Kenya) ibyo n’ubibona uzamenye yuko ibi nkubwiye byegereje uko niko Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

Njyanwa mu iyerekwa mbona umugore utwite ufite inda nini yenda kuvuka, mbona uwo mugore akomeje kugenda imbere yanjye akenyeye ibitenge, maze numva ijwi ry’Uwiteka rimbwira ngo, uwo mugore ubonye asobanura itorero ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo kuko isezerano ry’itorero ari ukugaruka kwa Yesu Kristo kandi yamaze kuza mw’isi aho aje gutangira guca imanza zitabera mu isi ya bazima uko niko Uhoraho Nyiringabo abivuga.

 Ijambo ry’Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo rikomeza kunzaho kandi cyane, maze rirambwira riti, mwana w’umuntu, uburire ubwoko bw’Uwiteka Imana Nyiringabo bwirinde icyaha cyitwa irari kuko mw’isi ya bazima hagiye kubaho kwifuza cyane, nirari ryinshi cyane mu bintu byose kandi bizaba bishingiye ku mpiya uko niko Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo abivuga.

egretnewseditor@gmail.com

Skip to toolbar