Ariko buriya uliya mwana w’umusore arimbutse ubugingo bwe nta bwo bwaba buzize ubusa koko?

Bwenge na Buhanga bongeye kutuganirira vuba cyane bidatinze nyuma yuko batugejejeho ikindi kiganiro cyari cyiza cyane abasomyi bacu baragikunze cyane kuko bashoboye gusobanukirwa byinshi cyane batari basobanukiwe cyane ibijyanye n’Ubuhanuzi buvuga kuri politike yo muri gakondo ya bakiranutsi.

Bwenge: Amakuru yawe Buhanga we ko duhuriye hano se na we burya ujya uhagera?

Buhanga: Cyane nkunze kuhagera kuko hakunze kuba imitako myiza hari igihe abana bakunze kuyibaza cyane iyo nabahaye (promise) twarumvikanye yuko uzatsinda azahabwa imitako runaka.

Bwenge: Ariko uziko abana b’abanyafurika bose basa, na banjye nibo batumye nza kubashakira imitako kuko bambwiye ko impano bakeneye ari zo muri Africa iwabo dore ko tutari twagera muri Africa n’umunsi wa rimwe.

Buhanga: Erega muvandimwe aba bazungu ibintu byabo akenshi usanga atari umwimerere abana bakunda imitako yabo iyo bakiri batoya, bamara gukura bagatahura ko atari imitako y’umwimerere cyane iyo bagiye gusura abanyafurika bene wabo basangayo imitako myiza yo muri Africa hano usanga iheze kuyigura.

Bwenge: Erega aho bucyera abantu baraza kwimukira muri Africa iwacu niyompamvu ubona baduhoza ku inkeke ntibatuma tubona amahoro ngo tunakoreshe ubwenge twaje guhaha hano, barabizi ko tubonye amahoro kongera ku bahakirizwaho byaba birangiye.

Ngize na mahirwe Twongeye kubonana nagize inzozi zintera ubwoba, kandi umuntu na ziroseho n’umwana w’abantu muziranye sinzi niba nazikubwira ukaba wagira icyo ubafasha. Sinigeze kumva uvuga ngo waba uziranye no kwa Rwigara Assinapol?

Bwenge: Yeah, nibyo ariko umuntu watumye tumenyana maze iminsi tutabonana sinzi uko byamugendekeye nanjye sinongeye kuvugisha hari hashize iminsi ariko mfite e-mail address ze, ndetse na telephone number ze ubanza nkizifite. Ubwo se birihutirwa cyane ku buryo bukomeye?

Buhanga: Nabonye ngo bafite umuhungu ndetse ubanza ari hafi mu kigero cyanjye ngo niba yitwa Ariyoste, sinibuka neza.

Bwenge: Yitwa Arioste Rugwiro Rwigara

Buhanga: Ni uko mbona afashwe n’uburwayi bukomeye cyane, maze mama we amuzengurukana ibitaro byose ariko bananirwa kumuvura bigeraho yitaba Imana. Hanyuma numva ijwi rimbwira ngo, kuko nyina yanze kumvira Uhoraho Uwiteka Imana Nyiringabo agasuzugura ubutabera bw’Uwiteka Nyiringabo ngo niyompamvu Uhoraho ateje icyago cy’urupfu kuri uwo muryango ngo kugirango ibyo biringiye byose bibabere impfabusa. Nukuri nta kubeshye jyewe buriya nkunda uriya muryango nubwo tutaziranye numva nta kibi cya babaho nkurikije ibyababayeho byose.

Bwenge: None se wowe ko utari Umuhanuzi, niba baranze kumvira Umuhanuzi nyawe, ubwo wowe kuko bashobora ku kumvira? Ahubwo se buriya nti babona yuko ukorana n’Umuhanuzi bityo akaba yagukoresheje kugirango ubagezeho ubutumwa kuko wenda we adafite uburyo yabubagezaho. Cyane ko dukunze gutanga ibiganiro ku binyamakuru by’Umwami Kigeli Ndoli, jyewe nkugiriye inama wabihorera ejo hatazagira nikiba ugasanga bakwitwaraho umwikomo ibya banyarwanda nta bwo wabishobora. Burya uwaburiye umubyizi mukwe nta ko aba atagize!!!

Niba baranze kumvira Imana bagasuzugura Ubuhanuzi bwanditse mu give cya (257) jyewe ubwanjye narabwisomeye ndetse nta na kubeshye nibwo bwatumye nizera cyane Umuhanuzi ko ibyo ahanura ari ukuri. Kuko umuntu nkanjye wigisha kaminuza unyeretse inyandiko yanditswe mbere yuko igikorwa kiba kandi uwo umuntu bakaba batanaziranye nkurikije uko Umwami Kigeli Ndoli abisobanura ngo ntibari bahura n’umunsi n’umwe hagati yabo nta numwe uzi undi, ubwo se wambwira ko umukobwa wabo yitabye Imana bareba na nyuma yo kwitaba Imana bamaze kubona ko ibyo basuzuguraga bisohoye umurimo wabyo kuki batashatse Umuhanuzi ngo bavugane bamusabe imbabazi? Ibyo bintu byihorere bitazatuzanira ibibazo kandi urumva ko nanjye ntibyansiga bishobora kuduteza umutekano mucye byihorere.

Buhanga: Yewe urakoze cyane inshuti nicyo ziberaho ndagushimye ungiriye inama koko burya kutagira inshuti ni byago bisumba ibindi. Reka twicecekere tuzarebe amaherezo cyane ko na numvise ubutumwa Umwami Kigeli Ndoli yatanze ni njoro ndumirwa.

Bwenge: Urabeshya hari ubutumwa yatanze bwo kwa Rwigara?

Buhanga: Nta bwo wa bwumvise? Ujye kuri www.egretnews.com urumirwa burya abantu mu bandi sibeza maze wumve uburyo hari umuntu kwa Rwigara bashyizeho ubikurikiranira amakuru akaba ari we ubayobya kugeza naho umukobwa wabo yitabye Imana buriya kwizera abantu cyane sibyiza…

egretnewseditor@gmail.com 

Translate »
Skip to toolbar