Turukiya iri gusabwa guhitamo hagati y’indege nk’izi z’intambara za F-35 zikorwa n’Amerika…
Turukiya yahawe igihe ntarengwa cy’impera y’ukwezi gutaha kwa karindwi ngo ihitemo hagati yo kugura indege z’intambara zikorwa na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika n’ubwirinzi bwo guhanura indege bw’ibisasu bya misile bukorwa n’Uburusiya.
Patrick Shanahan, Minisitiri w’ingabo w’agateganyo w’Amerika, yatanze icyo gihe ntarengwa mu ibaruwa yandikiye Hulusi Akar, Minisitiri w’ingabo wa Turukiya.
Yavuze ko Turukiya idashobora kugira icya rimwe indege z’intambara z’Amerika zo ku rwego rwo hejuru zo mu bwoko bwa F-35 ndetse n’ubwirinzi bwa misile bwo mu bwoko bwa S-400 bw’Uburusiya.
Ibi bihugu byombi – Turukiya n’Amerika – bihuriye mu muryango OTAN w’ubwirinzi uhuza ibisirikare by’i Burayi n’Amerika, bimaze amezi bidacana uwaka kubera ubu bwirinzi bwa misile bwa S-400.
-
Amerika yaburiye Turukiya ku kugura ibisasu bya misile n’Uburusiya
-
Ubushinwa bwarakariye Amerika yabufatiye ibihano mu bya gisirikare
-
Kubera iki Uburusiya na Amerika birwanira cane Venezuela?
Amerika ivuga ko ubwo bwirinzi bwa misile bukorwa n’Uburusiya budahuye n’ubusanzwe bukoreshwa mu bihugu binyamuryango bya OTAN ndetse ko buteye impungenge ku mutekano, igashaka ko Turukiya ahubwo igura ubwirinzi bwayo bwa misile bwo guhanura indege buzwi nka Patriot.
Turukiya, ikomeje gukurikiza gahunda yo kwigenga mu bya gisirikare itagendera ku bikurikizwa n’ibindi bihugu bya OTAN, yamaze gutangira gahunda yo kugura indege 100 z’intambara za F-35.
Ndetse yashoye imari nyinshi muri gahunda ijyanye na F-35, aho kompanyi zo muri Turukiya zikora ibice 937 mu bigize indege yo muri ubwo bwoko.
Umunyamakuru wa BBC Frank Gardner ukurikiranira hafi ibibazo bya gisirikare, avuga ko Amerika ifite ubwoba ko Turukiya iramutse ikoresheje ubwo bwirinzi bwa misile bwa S-400 hamwe no kugira izo ndege z’intambara z’Amerika, Abarusiya bashobora kubona amakuru y’ingenzi.
Avuga ko ayo makuru ashobora kuba yafasha Uburusiya kumenya ibiranga izo ndege, bityo bukaba bwanamenya uburyo bwiza bwo kuzitsinda.
Hari izihe nkurikizi?
Muri iyo baruwa Amerika yandikiye Turukiya, Bwana Shanahan avuga ko Amerika “yababajwe” no kumva ko abakozi ba Turukiya boherejwe mu Burusiya guhugurwa ku ikoreshwa ry’ubwirinzi bwa S-400.
