{"id":9808,"date":"2019-01-16T11:10:01","date_gmt":"2019-01-16T11:10:01","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=9808"},"modified":"2019-01-16T11:21:56","modified_gmt":"2019-01-16T11:21:56","slug":"dayimoni-nkuru-umwakagara-yemeye-yuko-abaturage-ayoboye-bwarwaye-bwaki","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2019\/01\/16\/dayimoni-nkuru-umwakagara-yemeye-yuko-abaturage-ayoboye-bwarwaye-bwaki\/","title":{"rendered":"Dayimoni nkuru Umwakagara yemeye yuko abaturage ayoboye bwarwaye bwaki!!?"},"content":{"rendered":"<div class=\"col col-lg-7 col-md-7 col-sm-7 col-xs-7\">\n<h1 class=\"entry-title post-title\" style=\"text-align: justify;\">Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki<\/h1>\n<\/div>\n<p style=\"text-align: justify;\"><!--more--><\/p>\n<div class=\"col col-lg-12\">\n<div class=\"fulltext margintop10\">\n<p style=\"text-align: justify;\">Perezida Kagame yavuze ko bidakwiye ko umuyobozi abaho neza mu gihe abo areberera bafite ibibazo, ashimangira ko biteye isoni kumubona ashyiriye Imana abaturage yamuhaye kuyobora barwaye bwaki.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yabigarutseho kuri iki Cyumweru, tariki ya 13 Mutarama 2019, mu masengesho yo gusengera igihugu azwi nka National Prayer Breakfast yabereye muri Kigali Convention Centre.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Perezida Kagame yavuze ko kuyobora abantu bameze nabi wowe umeze neza, biteye isoni.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yagize ati \u201cNjye rwose mpora mfite impungenge ku kuzashorera abantu barwaye bwaki, bashonje, bameze nabi nkavuga nti \u2018Mana ng\u2019aba abantu bawe wanshinze\u2019. Ntabwo umutima wanjye ujyanye na byo. Numva bidakwiye. Kugira ngo utazashorera abantu bameze batyo, ikintu cya mbere ni uko buri muyobozi bikwiye kumutera isoni. Mugomba kugira isoni. Iyo wemera indangagaciro ukazibura bikwiriye kugutera isoni.\u201d<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yakomeje avuga ko iterambere rirambye rikwiye gushingira ku ndangagaciro y\u2019imikorere hagati y\u2019abayobozi n\u2019abayoborwa.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ati \u201cKugira ngo bishoboke hagomba kubaho imikorere n\u2019imibanire hagati hagati y\u2019abayobozi n\u2019abo bayobora. Abayoborwa na bo bagomba gushyiraho akabo, bakumva ko usibye abayobozi badushinzwe ngo tutamera gutya natwe dukwiye kumva ko hari icyo dukora.\u201d<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone wp-image-44902 img_appear\" src=\"http:\/\/rushyashya.net\/wp-content\/uploads\/2019\/01\/PAUL2.jpg\" alt=\"\" width=\"561\" height=\"336\" \/><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Umukuru w\u2019Igihugu\u00a0 Perezida Kagame, ageza ijambo kubitabiriye amasengesho<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Perezida Kagame yavuze ko bidashoboka ko umuntu yinjizwamo ibintu adashaka, ahubwo kuva mu nzego z\u2019ibanze buri wese akwiye kumva ko ari inshingano ze guhindura ubuzima bwe.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Kagame yagarutse ku bana boherezwa hanze guhaha ubumenyi, bakazana imico yo hanze itari myiza.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yavuze imwe muri iyo nko kunywa ibiyobyabwenge, gusuzugura, kutumvira n\u2019ibindi, ashimangira ko atari byiza kuko na ba nyira byo basigaye barabirambiwe.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ati \u201cAb\u2019ahandi tumaze kubona ko na bo batameze neza. Hari aho abantu benshi hanze basigaye bifuza ibyo Afurika n\u2019u Rwanda bifite. Baturwanyaga mu myaka ishize none [ibyacu] ubu nibyo bakeneye iwabo. Umuco wo kwiyubaka, kumva ko n\u2019ibyacu ari byiza n\u2019ibitari ibyiza twabihindura cyangwa se ibyari byiza bidahambaye twabihindura byiza biri mu bushobozi bwacu hano iwacu. Nta mpamvu yo kwiyanga.\u201d<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yongeyeho ati \u201cAbana bacu twohereza mu mahanga, tubohereza ngo bajye guhaha ubumenyi ntabwo bakwiye gutahana imico imwe itari inyarwanda, itari inyafurika. Bakwiriye kuyirekera aho iri, bagatahana ibiteza imbere umuco wacu, ibiteza imbere abanyarwanda.\u201d<\/p>\n<\/div>\n<\/div>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Perezida Kagame yagaragaje ko biteye isoni kuzereka Imana abantu barwaye bwaki<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":9810,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[149,2],"tags":[],"class_list":["post-9808","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-intel","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/9808","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=9808"}],"version-history":[{"count":3,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/9808\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":9813,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/9808\/revisions\/9813"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/9810"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=9808"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=9808"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=9808"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}