{"id":9453,"date":"2018-12-13T17:59:04","date_gmt":"2018-12-13T17:59:04","guid":{"rendered":"https:\/\/egretnews.com\/?p=9453"},"modified":"2018-12-13T17:59:04","modified_gmt":"2018-12-13T17:59:04","slug":"u-rwanda-rwasubije-afurika-yepfo-yahamagaje-ambasaderi-warwo-vincent-karega","status":"publish","type":"post","link":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/2018\/12\/13\/u-rwanda-rwasubije-afurika-yepfo-yahamagaje-ambasaderi-warwo-vincent-karega\/","title":{"rendered":"U Rwanda rwasubije Afurika y&#8217;epfo yahamagaje ambasaderi warwo Vincent Karega"},"content":{"rendered":"<p style=\"text-align: justify;\">Mu gisubizo cya mbere gitanzwe ku mugaragaro na leta y&#8217;u Rwanda nyuma yaho Afurika y&#8217;epfo ihamagarije ambasaderi wayo mu Rwanda ngo bajye inama, minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;u Rwanda yatangaje ko u Rwanda &#8220;rushishikajwe no gusubukura umubano n&#8217;Afurika y&#8217;epfo&#8221;.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\"><!--more--><\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Mu itangazo riri mu rurimi rw&#8217;Icyongereza iyi minisiteri yasohoye ku wa gatatu, yavuze ko ibyo bisanzwe byaremejwe n&#8217;abakuru b&#8217;ibihugu byombi &#8211; Paul Kagame w&#8217;u Rwanda na Cyril Ramaphosa w&#8217;Afurika y&#8217;epfo &#8211; ubwo bahuriraga i Kigali nyuma y&#8217;inama y&#8217;umuryango w&#8217;Ubumwe bw&#8217;Afurika mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ryongeraho ko minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;u Rwanda, yamenyesheje &#8220;impungenge zikomeye&#8221; ifite ku byo ivuga ko ari &#8220;igerageza rikomeje&#8221; rikorwa na minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;Afurika y&#8217;epfo &#8220;mu gutinza cyangwa kuyobya&#8221; ibikorwa byo gusubukura umubano hagati y&#8217;ibihugu byombi.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Muri iryo tangazo, u Rwanda ruvuga ko &#8220;rutewe impungenge&#8221; no kuba minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;Afurika y&#8217;epfo &#8220;ihitamo kwizera ibihuha no kuyobya bikwirakwizwa n&#8217;abatavuga rumwe nayo baba muri Canada no muri Afurika y&#8217;epfo kurusha ibyo yizezwa na leta y&#8217;u Rwanda&#8221;.<\/p>\n<ul class=\"story-body__unordered-list\" style=\"text-align: justify;\">\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-46511239\">Agatotsi mu mubano w&#8217;u Rwanda n&#8217;Afurika y&#8217;epfo<\/a><\/li>\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-46282778\">U Rwanda ruzaganira n&#8217;Afurika y&#8217;epfo ariko Kayumba atarimo<\/a><\/li>\n<li class=\"story-body__list-item\"><a class=\"story-body__link\" href=\"https:\/\/www.bbc.com\/gahuza\/amakuru-46069472\">Afurika y&#8217;epfo igiye gukora iperereza ku rupfu rwa Patrick Karegeya<\/a><\/li>\n<\/ul>\n<p style=\"text-align: justify;\">Hashize iminsi Afurika y&#8217;epfo ihamagaje George Nkosinathi Twala, ambasaderi wayo mu Rwanda, ngo bajye inama, ndetse ihamagaza na Vincent Karega, ambasaderi w&#8217;u Rwanda muri Afurika y&#8217;epfo.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ndivhuwo Mabaya, umuvugizi wa minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;Afurika y&#8217;epfo, yabwiye BBC ko leta y&#8217;iki gihugu yatangiye ibikorwa byo gusubukura umubano hagati y&#8217;ibihugu byombi, ikaba ari imwe mu mpamvu zo guhamagaza ambasaderi wayo mu Rwanda.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Ariko yanavuze ko minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;Afurika y&#8217;epfo yababajwe n&#8217;amagambo yo gusebanya yanditswe ku mbuga nkoranyambaga n&#8217;amagambo yakoreshejwe n&#8217;umunyamabanga wa leta muri minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;u Rwanda.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Hari amakuru avuga ko ikinyamakuru Rushyashya gitangaza amakuru agaragara nk&#8217;abogamiye kuri leta y&#8217;u Rwanda, cyari giherutse kwita Lindiwe Sisulu, minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;Afurika y&#8217;epfo, &#8220;inshoreke&#8221; ya Kayumba Nyamwasa. Ariko ngo iyo nkuru yaje gusibwa ku rubuga rwa interineti rw&#8217;icyo kinyamakuru.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Bwana Mabaya yavuze ko ambasaderi w&#8217;u Rwanda muri Afurika y&#8217;epfo, Vincent Karega, yahamagajwe maze amenyeshwa akababaro k&#8217;Afurika y&#8217;epfo.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yavuze ko amagambo yakoreshejwe n&#8217;umutegetsi wo mu Rwanda &#8220;atemewe&#8221; kandi &#8220;agomba guhagarara&#8221;.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Yavuze ko Afurika y&#8217;epfo yifuza kugirana umubano mwiza n&#8217;u Rwanda ariko bigakorwa hadakoreshejwe gusebanya ku mbuga nkoranyambaga no gukoresha amagambo adakoreshwa mu mibanire y&#8217;ibihugu cyangwa diplomasi.<\/p>\n<figure class=\"media-landscape has-caption full-width\" style=\"text-align: justify;\"><\/figure>\n<figure class=\"media-landscape has-caption full-width\" style=\"text-align: justify;\"><span class=\"image-and-copyright-container\">\u00a0 <\/span><figcaption class=\"media-caption\"><span class=\"off-screen\"><img loading=\"lazy\" decoding=\"async\" class=\"alignnone size-full wp-image-9433\" src=\"https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/KN.jpg\" alt=\"\" width=\"624\" height=\"351\" srcset=\"https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/KN.jpg 624w, https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/KN-300x169.jpg 300w, https:\/\/egretnews.com\/wp-content\/uploads\/2018\/12\/KN-500x281.jpg 500w\" sizes=\"auto, (max-width: 624px) 100vw, 624px\" \/><\/span><span class=\"media-caption__text\">Agatotsi hagati y&#8217;Afurika y&#8217;epfo n&#8217;u Rwanda katewe nuko minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;Afurika y&#8217;epfo, Lindiwe Sisulu, yemereye mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru ko mu kwezi gushize yabonanye na Kayumba Nyamwasa <\/span><\/figcaption><\/figure>\n<p style=\"text-align: justify;\">Itangazo rya minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;u Rwanda rivuga ko u Rwanda &#8220;rwanze ihamagazwa rya hato na hato&#8221; ry&#8217;ambasaderi waryo muri Afurika y&#8217;epfo &#8220;ku mpamvu rutazi, zirimo n&#8217;inkuru z&#8217;ibinyamakuru bitazwi&#8221;.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Iri tangazo ryongeraho ko gusubukura umubano hagati y&#8217;ibihugu byombi &#8220;bidashobora gushingirwa ku biganiro byifuzwa&#8221; n&#8217;abo mu mitwe u Rwanda ruvuga ko igamije guhungabanya umutekano kandi ruvuga ko igizwe n'&#8221;abanyabyaha&#8221; iyobowe n&#8217;abahamijwe ibyaha n&#8217;inkiko cyangwa bashakishwa.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Iryo tangazo risoza rivuga ko u Rwanda rugifite &#8220;ubushake&#8221; bwuko umubano hagati y&#8217;ibihugu byombi &#8220;wasubukurwa byihuse&#8221; binyuze mu nzira zisanzwe zikoreshwa mu bubanyi n&#8217;amahanga, nkuko rivuga ko byemejwe n&#8217;abakuru b&#8217;ibihugu byombi.<\/p>\n<h2 class=\"story-body__crosshead\" style=\"text-align: justify;\">Kubonana na Kayumba Nyamwasa<\/h2>\n<p style=\"text-align: justify;\">Agatotsi hagati y&#8217;Afurika y&#8217;epfo n&#8217;u Rwanda katewe nuko minisitiri w&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga w&#8217;icyo gihugu, Lindiwe Sisulu, yemereye mu kiganiro n&#8217;abanyamakuru ko mu kwezi gushize kwa cumi na kumwe yabonanye na Kayumba Nyamwasa, utavuga rumwe n&#8217;ubutegetsi bw&#8217;u Rwanda, wahungiye muri icyo gihugu.<\/p>\n<p style=\"text-align: justify;\">Iyo nama ya Kayumba na minisitiri Sisulu yarakaje u Rwanda, bituma Olivier Nduhungirehe, umunyamabanga wa leta muri minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga, yandika ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter amagambo yababaje Afurika y&#8217;epfo.<\/p>\n","protected":false},"excerpt":{"rendered":"<p>Mu gisubizo cya mbere gitanzwe ku mugaragaro na leta y&#8217;u Rwanda nyuma yaho Afurika y&#8217;epfo ihamagarije ambasaderi wayo mu Rwanda ngo bajye inama, minisiteri y&#8217;ububanyi n&#8217;amahanga y&#8217;u Rwanda yatangaje ko u Rwanda &#8220;rushishikajwe no gusubukura umubano n&#8217;Afurika y&#8217;epfo&#8221;.<\/p>\n","protected":false},"author":1,"featured_media":9455,"comment_status":"open","ping_status":"open","sticky":false,"template":"","format":"standard","meta":{"_bbp_topic_count":0,"_bbp_reply_count":0,"_bbp_total_topic_count":0,"_bbp_total_reply_count":0,"_bbp_voice_count":0,"_bbp_anonymous_reply_count":0,"_bbp_topic_count_hidden":0,"_bbp_reply_count_hidden":0,"_bbp_forum_subforum_count":0,"footnotes":""},"categories":[149,2],"tags":[],"class_list":["post-9453","post","type-post","status-publish","format-standard","has-post-thumbnail","hentry","category-intel","category-top-news"],"_links":{"self":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/9453","targetHints":{"allow":["GET"]}}],"collection":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts"}],"about":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/types\/post"}],"author":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/users\/1"}],"replies":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/comments?post=9453"}],"version-history":[{"count":1,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/9453\/revisions"}],"predecessor-version":[{"id":9456,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/posts\/9453\/revisions\/9456"}],"wp:featuredmedia":[{"embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media\/9455"}],"wp:attachment":[{"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/media?parent=9453"}],"wp:term":[{"taxonomy":"category","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/categories?post=9453"},{"taxonomy":"post_tag","embeddable":true,"href":"https:\/\/egretnews.com\/index.php\/wp-json\/wp\/v2\/tags?post=9453"}],"curies":[{"name":"wp","href":"https:\/\/api.w.org\/{rel}","templated":true}]}}